RFL
Kigali

AS Kigali WFC yanyagiye ES Mutunda, Mukeshimana Dorothe atsindamo bibiri mu mukino we wa mbere-AMAFOTO

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:11/02/2018 21:16
0


Ikipe ya AS Kigali WFC yanyagiye ES Mutunda WFC ibitego 6-0 mu mukino w’umunsi wa kabiri wa shampiyona, umukino wakiniwe kuri sitade ya Kigali.



Byabaye umwanya mwiza kuri Mukeshimana Dorothe baguze muri Kamonyi WFC kugira ngo abatsindire ibitego bibiri mu mukino we wa mbere ageze mu banyamujyi.

Iradukunda Kanyamihigo Callixte niwe wafunguye amazamu ku munota wa 10'

Iradukunda Kanyamihigo Callixte niwe wafunguye amazamu ku munota wa 10' w'umukino

Ni shampiyona ikinwa ku zuba rikaze kuko saa saba (13h00’) zuzuye niyo masaha uyu mukino wari uriho, ikipe ya ES Mutunda WFC yaje itinzeho gato bituma itabona uko bishyushya bityo saa saba n’iminota 15’ (13h15’) ni bwo umusifuzi yatangije umukino wabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 10 Gashyantare 2018.

Ikipe ya ES Mutunda wabonaga yiganjemo abakinnyi bakiri bato cyane ugereranyije na AS Kigali WFC ifite abakinnyi bamwe bamaze imyaka irenga itanu mu kibuga. Ntabwo aba bangavu ba ES Mutunda WFC babashije kwihagararaho kuko ku munota wa 10’ w’umukino, Iradukunda Kanyamihigo Callixte yari yamaze gufungura amazamu anafungura ububiko bw’ibitego by’uyu mwaka w’imikino kuko umwaka ushize ariwe wahembwe nk’umukinnyi warebye mu izamu kurusha abandi mu cyiciro cya mbere.

Kanyamihigo yaje kongeramo ikindi ku munota wa 61’ubwo buzuzaga ibitego bine mu mukino kuko ku munota wa 40’ ni bwo Mukeshimana Dorothe yarebye mu izamu bwa mbere akinira AS Kigali WFC ariko aza kungamo ikindi ku munota wa 56’.

Iradukunda Kanyamahigo Callixte ni nawe wahembwe nk'umukinnyi watsinze ibitego byinshi mu mwaka w'imikino 2016-2017 (Season Topscorer)

Iradukunda Kanyamahigo Callixte ni nawe wahembwe nk'umukinnyi watsinze ibitego byinshi mu mwaka w'imikino 2016-2017 (Season Topscorer)

Mukeshimana Dorothe wavuye muri Kamonyi WFC

Mukeshimana Dorothe wavuye muri Kamonyi WFC

Imanizabayo Florence yabanje mu kibuga ariko aza gusimburwa na Sophie Niyomugaba wanatsinze igitego ku munota wa 78'

Imanizabayo Florence yabanje mu kibuga ariko aza gusimburwa na Sophie Niyomugaba wanatsinze igitego ku munota wa 78'

Niyomugaba Sophie bita Madoudou yinjiye asimbuye anabona igitego

Niyomugaba Sophie bita Madoudou yinjiye asimbuye anabona igitego

AS KIgali WFC bishyushya

AS Kigali WFC bishyushya 

Kayitesi Alodie bita Fekenya ku mupira mu gihe cyo kwishyushya

Kayitesi Alodie bita Fekenya (myugariro ukina inyuma iburyo) ku mupira mu gihe cyo kwishyushya

Nk'uko byari bimeze mu mwaka ushize w'imikino, Uwamahirwe Shadia ntarabona umwanya ubanza mu kibuga

Nk'uko byari bimeze mu mwaka ushize w'imikino, Uwamahirwe Shadia ntarabona umwanya ubanza mu kibuga

Mukeshimana Jeannette bita Kana umukinnyi wo hagati muri AS Kigali WFC yishushya

Mukeshimana Jeannette bita Kana umukinnyi wo hagati muri AS Kigali WFC yishyushya

Imodoka ikipe ya ES Mutunda yajemo inakinze kuko nta mwanya babonye wo kwishyushya

Imodoka ikipe ya ES Mutunda yajemo inakinze kuko nta mwanya babonye wo kwishyushya

Uwizeyimana Helene (21) na Diane Uwamahoro (1) abanyezamu bakoreshejwe kuri uyu mukino ku ruhande rwa AS Kigali

Uwizeyimana Helene (21) na Diane Uwamahoro (1) abanyezamu bakoreshejwe kuri uyu mukino ku ruhande rwa AS Kigali 

Ntagisanimana Saida ukina asatira aca mu mpande (winger) ntabwo yakinnye uyu mukino kubera uburwayi ahubwo yafashaga abatoza mu gushyushya abakinnyi

Ntagisanimana Saida ukina asatira aca mu mpande (winger) ntabwo yakinnye uyu mukino kubera uburwayi ahubwo yafashaga abatoza mu gushyushya abakinnyi

Mbarushimana Shaban umutoza mukuru wa AS Kigali WFC

Mbarushimana Shaban umutoza mukuru wa AS Kigali WFC

Bayingana Innocent umuyobozi ushinzwe ibikorwa by'ikipe ya AS Kigali Women Football Club (Team Manager)

Bayingana Innocent umuyobozi ushinzwe ibikorwa by'ikipe ya AS Kigali Women Football Club (Team Manager)

AS KIgali WFC bishyushya

Abainnyi ba AS Kigali WFC bishushya mu itsinda

Abakinnyi ba AS Kigali WFC bishushya mu itsinda 

Umufana wa AS Kigali WFC yitwaje ibendera

Umufana wa AS Kigali WFC yitwaje ibendera ry'ikipe

Abasifuzi b'umukino

Abasifuzi b'umukino

Mukeshimana Jeannette (ibumoso) na Iradukunda Kanyamihigo Callixte (ibryo) wanatsinze ibitego bibiri mu mukino

Mukeshimana Jeannette (ibumoso) na Iradukunda Kanyamihigo Callixte (iburyo) wanatsinze ibitego bibiri mu mukino

Abakinnyi basuhuzanya mbere yo gutangira umukino

Abakinnyi basuhuzanya mbere yo gutangira umukino

11 ba AS Kigali WFC babanje mu kibuga

11 ba AS Kigali WFC babanje mu kibuga 

11 ba ES Mutunda babanje mu kibuga

11 ba ES Mutunda babanje mu kibuga 

Abasimbura ba ES Mutunda WFC

Abasimbura ba ES Mutunda WFC

Intebe y'abatoza ba ES Mutunda WFC

Intebe y'abatoza ba ES Mutunda WFC 

Mbarushimana Shaban (ibumoso) umutoza mukuru wa AS Kigali WFC na Jennifer Ujeneza (iburyo) umuganga w'ikipe

Mbarushimana Shaban (ibumoso) umutoza mukuru wa AS Kigali WFC na Jennifer Ujeneza (iburyo) umuganga w'ikipe

Uwamahirwe Shadia ku ntebe y'abasimbura

Uwamahirwe Shadia ku ntebe y'abasimbura

Ntagisanimana Saida nawe yari yibereye ku ntebe y'abasimbura

Ntagisanimana Saida nawe yari yibereye ku ntebe y'abasimbura 

Mukeshimana Jeannette akora akazi aba ashinzwe ko kwaka imipira ikipe baba bahanganye.....aha yari arambitse Uwizeyimana Anne wa ES Mutunda WFC

Mukeshimana Jeannette akora akazi aba ashinzwe ko kwaka imipira ikipe baba bahanganye.....aha yari arambitse Uwizeyimana Anne wa ES Mutunda WFC

Imanizabayo Florence yabanje gukosorwa mbere yuko asimbuzwa igice cya mbere kitarangiye

Imanizabayo Florence yabanje gukosorwa mbere yuko asimbuzwa igice cya mbere kitarangiye 

Uwamahoro Marie Claire niwe wari wabaye kapiteni kuko Kalimba Alice kapiteni wa AS Kigali WFC arwaye

Uwamahoro Marie Claire ni we wari wabaye kapiteni kuko Kalimba Alice kapiteni wa AS Kigali WFC arwaye

Mbarushimana Shaban umutoza mukuru wa AS Kigali WFC aganiriza abakinnyi

Mbarushimana Shaban umutoza mukuru wa AS Kigali WFC aganiriza abakinnyi 

Iradukunda Kanyamihigo Callixte yaje kongeramo ikindi ku munota wa 61'

Iradukunda Kanyamihigo Callixte yaje kongeramo ikindi ku munota wa 61'

Mukeshimana Dorothe yaje muri AS Kigali WFC mbere yuko umwaka w’imikino 2017-2018 utangira kuko yari muri Kamonyi WFC anayibereye kapiteni yewe yari n’umukinnyi igenderaho. Mbere yo kuyibamo yari yabanje kuyisigira igikombe cy’Amashuli Kagame Cup 2017 batwaye batsinze ES Mutunda ndetse Kamonyi WFC ni nayo yatwaye igikombe cya Copa Coca Cola 2017.

Igitego cya gatanu cya AS Kigali WFC cyatsinzwe na Niyomugaba Sophie bita Madoudou ku munota wa 78’ nyuma yuko yari yinjiye mu kibuga asimbuye Imanizabayo Florence wasimbuwe igice cya mbere kitararangira.

Agashinguracumu k’impamba y’ibitego bya AS Kigali WFC kinjijwe na Marie Claire Uwamahoro ku munota wa 86’ nyuma yuko yari yagiye afasha mu kurema uburyo bwabyara ibitego kuko ni umwe mu bakinnyi bafite ubunararibonye muri iyi kipe n’ikipe y’igihugu y’u Rwanda mu mikino micye bakinnye mu myaka itambutse.

Mukeshimana Dorothe (14) ashakisha umupira cyo kimwe na Niyonasenze Francoise (2)

Mukeshimana Dorothe (14, wanatsinze ibitego bibiri) ashakisha umupira cyo kimwe na Niyonasenze Francoise (2)

Uwamahoro Marie Claire acenga shaka aho yanyura

Uwamahoro Marie Claire acenga ashaka aho yanyura 

Uwamahoro Marie Claire (uri ku mupira) nawe yatsinze igitego ku munota wa 86'

Uwamahoro Marie Claire (uri ku mupira) nawe yatsinze igitego ku munota wa 86'

Uwamahoro Marie Claire ashaka aho yanyuza umupira agana mu izamu

Uwamahoro Marie Claire (13) ashaka aho yanyuza umupira agana mu izamu

Umukino wa mbere AS Kigali WFC yakinaga muri uyu mwaka kuko uwa mbere yateye mpaga

 Wari umukino wa mbere wa AS Kigali WFC kuko uwa mbere bateye mpaga WFC Bugesera

Uwamahoro Marie Claire ubwo yari agize ikibazo

Uwamahoro Marie Claire ubwo yari agize ikibazo

Mukeshimana Jeannette atanga umupira

Mukeshimana Jeannette atanga umupira

ES Mutunda WFc nabo bageraga aho batera amashoti adakanganye

ES Mutunda WFc nabo bageraga aho batera amashoti adakanganye

Uwamahirwe Shadia yishyushya

Uwamahirwe Shadia yishyushya  kugira ngo asimbure 

Abakinnyi ba AS Kigali WFC bahabwa amasomo yo kugwiza ibitego

Abakinnyi ba AS Kigali WFC bahabwa amasomo yo kugwiza ibitego 

Imanizabayo Florence yasimbuwe mbere yuko igice cya mbere kirangira

Imanizabayo Florence yasimbuwe mbere yuko igice cya mbere kirangira

AS Kigali WFC iraza ku mwanya wa mbere n'amanota 6 n'ibitego 9 izigamye

AS Kigali WFC iraza ku mwanya wa mbere n'amanota 6 n'ibitego 9 izigamye

AMAFOTO: Saddam MIHIGO (Inyarwanda.com)






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND