RFL
Kigali

MU MAFOTO: Ibihe bitandukanye n'imvururu byaranze umukino wa Bugesera FC 1-0 Rayon Sports

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:22/10/2017 5:13
1


Ikipe ya Bugesera FC yatsinze Rayon Sports igitego 1-0 mu mukino w’umunsi wa gatatu wa shampiyona wakinirwaga i Nyamata, umukino wasojwe no gushyamirana hagati ya Karekezi Olvier na Ally Bizimungu batoza amakipe yombi.



Ishoti rya Dusenge Bertin ku munota wa 49’ ryakoze kuri Rutanga Eric, igitego kiba kiranyoye. Iki gitego, Bugesera FC yakomeje kukibungabunga kugeza umukino ugeze ku munota wa 90’ bakongeraho iminota ine (4). Ubwo umukino wari usigaje iminota itatu (3’) kugira ngo urangire, Karekezi Olivier utoza Rayon Sports yashyamiranye na Ally Bizimungu utoza Bugesera FC, bashaka gufatana mu mashati biba ngombwa ko polisi imanuka mu kibuga.

Ibi byaturutse ku kuba abakinnyi barwaniye umupira wari warenze bapfa ko Bugesera FC bari gutinza umukino, bituma Karekezi Olivier ajya kureba ibiri kuba kuko abakinnyi barimo baterana amagambo. Akigerayo yahise ahahurira na Bizimungu Ally nawe wari ushyigikiye ko abakinnyi be bakina barya iminota. Byaje kurangira batabyumvishe kimwe niko gushaka gufatana ariko abakinnyi, abasifuzi na polisi barahagoboka.

Aba batoza bombi bazamuwe mu bafana biba ngombwa ko abatoza bungirije bafata inshingano zo gusigarana amakipe. Ndikumana Hamadi Katauti yasigaranye Rayon Sports naho Nshimiyimana Maurice asigarana Bugesera FC yari ifite impamba y’amanota atatu (3) ya mbere muri uyu mwaka w’imikino.

Bizimungu yumvaga ashaka mo bamurekura akabonana na Karekezi Olivier

Bizimungu yumvaga ashaka ko bamurekura akabonana na Karekezi Olivier

Rucogoza Aimable Mambo nk'umukinnyi mukuru yamubujije kurenga umurongo ugabanya abatoza

Rucogoza Aimable Mambo nk'umukinnyi mukuru yamubujije kurenga umurongo ugabanya abatoza

Yakomeje kubarusha umurya asanga aKarekezi aho yari ahagaze

Yakomeje kubarusha umurya asanga Karekezi aho yari ahagaze

Umupolisi yaje asyiraho gahunda yo kumubaza ikibazo afite cyatuma arwana n'umuntu

Umupolisi yaje ashyiraho gahunda yo kumubaza ikibazo afite cyatuma arwana n'umuntu

Mu nzego zishinzwe umutekano ikintu cy'ingenzi ni "Raporo"..Telefone zavugije ubuhuha

Mu nzego zishinzwe umutekano ikintu cy'ingenzi ni "Raporo"..Telefone zavugije ubuhuha

Bizimungu yerekana uko ibipfunsi bye bitubutse

Bizimungu yerekana uko ibipfunsi bye bitubutse ku buryo uwo yabihamya yasigara yumva amerewe nabi

Njyewe....?? Uzabaze nta mikino ngira

Njyewe....?? Uzabaze nta mikino ngira 

Uwikunda Samuel wari umusifuzi wo hagati yabegeranyije ahita abohereza mu bafana

Uwikunda Samuel wari umusifuzi wo hagati yabegeranyije ahita abohereza mu bafana

AMAFOTO Y'UMUKINO USANZWE:

FC Bugesera bishyushya

FC Bugesera bishyushya 

Rayon Sports bishyushya

Rayon Sports bishyushya

Cassa Mbungo Andre (Hagati) umutoza wa SC Kiyovu yari i Nyamata

Cassa Mbungo Andre (Hagati) umutoza wa SC Kiyovu yari i Nyamata

Rwarutabura yari yahageze mu mwambaro wa ACTIVE

Rwarutabura yari yahageze mu mwambaro wa ACTIVE

Bizimungu Ally umutoza wa Bugesera FC na Karekezi Olivier wa Rayon Sports mbere y'umukino bari inshuti

Bizimungu Ally umutoza wa Bugesera FC na Karekezi Olivier wa Rayon Sports mbere y'umukino bari inshuti

Mashami Vincent (Ibumoso) umutoza wungirije mu Mavubi

Mashami Vincent (Ibumoso) umutoza wungirije mu Mavubi yari yaje kureba ikipe yahoze atoza

Amakipe asohoka mu rwambariro

Amakipe asohoka mu rwambariro

Abakinnyi basuhuzanya

bugesera FC

Abakinnyi basuhuzanya

Intebe y'abatoza n'abasimbura ba Bugesera FC

Intebe y'abatoza n'abasimbura ba Bugesera FC

Intebe y'abatoza n'abasimbura ba Rayon Sports

Intebe y'abatoza n'abasimbura ba Rayon Sports

Abasifuzi n'abakapiteni

Abasifuzi n'abakapiteni   

Turatsinze Heritier mu kirere ashaka umupira  cyo kimwe na Nova Bayama

Turatsinze Heritier mu kirere ashaka umupira  cyo kimwe na Nova Bayama

Moussa Omar acungana na Tidiane Kone

Moussa Omar acungana na Tidiane Kone 

Farouk Ruhinda Saifi agora Nyandwi Saddam

Farouk Ruhinda Saifi agora Nyandwi Saddam 

Farouk Ruhinda Saifi umwe mu bakinnyi bamaze kugaragaza ko uyu mwaka utazabagora

Farouk Ruhinda Saifi umwe mu bakinnyi bamaze kugaragaza ko uyu mwaka utazabagora 

Nova Bayama ku mupira

Nova Bayama ku mupira  

Niyonzima Olivier Sefu arebana na Nzigamasabo Steve wari kapiteni wa Bugesera FC mu mukino

Niyonzima Olivier Sefu arebana na Nzigamasabo Steve wari kapiteni wa Bugesera FC mu mukino

Kwizera Pierre Pierrot Mansare 23 yari yabanje hanze ariko ahamara iminota 26'

Kwizera Pierre Pierrot Mansare 23 yari yabanje hanze ariko ahamara iminota 26'

Ndayishimiye Hussein umunyezamu wa FC Bugesera ahabwa ikarita y'umuhondo

Ndayishimiye Hussein umunyezamu wa FC Bugesera ahabwa ikarita y'umuhondo

 Turatsinze Heritier mu kirere ashaka umupira

Turatsinze Heritier mu kirere ashaka umupira 

FC Bugesera bishimira igitego

FC Bugesera bishimira igitego

Bizimungu Ally atanga amabwiriza

Bizimungu Ally atanga amabwiriza

Ndayishimiye Eric Bakame amaze kurya igitego

Ndayishimiye Eric Bakame amaze kurya igitego

Rucogoza Djihad yaje mu kibuga biba izindi mbaraga kuri Bugesera FC

Rucogoza Djihad yaje mu kibuga biba izindi mbaraga kuri Bugesera FC

Rucogoza ashaka inzira hagati ya Niyonzima Olivier Sefu na Nyandwi Saddam

Rucogoza ashaka inzira hagati ya Niyonzima Olivier Sefu na Nyandwi Saddam

Rucogoza ashaka inzira hagati ya Niyonzima Olivier Sefu na Nyandwi Saddam

Umu-Rayon Sport yashyize Vuvuzela mu kwaha kuko yabonaga nta kizere cy'amanota atatu

Umu-Rayon Sport yashyize Vuvuzela mu kwaha kuko yabonaga nta kizere cy'amanota atatu

Abafana ba  Rayon Sports i Nyamata

Umufana asengera igitego

Umufana asengera igitego

Abafana ba Bugesera FC

Abafana ba Bugesera FC

Samson Irokan Ikechukwu (20) aburagiza Mugabo Gabriel

Samson Irokan Ikechukwu (20) aburagiza Mugabo Gabriel

AMAFOTO: Saddam MIHIGO-(INYARWANDA.COM)






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • fidele niyonkuru6 years ago
    all credits to mihigo saddam keep it bro





Inyarwanda BACKGROUND