RFL
Kigali

Amafoto 68 agaragaza bimwe mu byaranze umukino wa APR FC 2-1 AS Kigali

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:21/10/2017 8:22
1


Ikipe ya APR FC yatsinze AS Kigali ibitego 2-1 mu mukino w’umunsi wa gatatu wa shampiyona waberaga kuri sitade ya Kigali. AS Kigali yatsindiwe na Murengezi Rodrigue mu gihe Sekamana Maxime na Twizerimana Martin Fabrice batsindiye APR FC.



Ikipe ya AS Kigali ni yo yafunguye amazamu ku munota wa 14’ w’umukino ku mbaraga za Murengezi Rodrigue bivuye ku mupira yahawe na Iradukunda Eric Radou. Iki gitego nticyatinze kuko Sekamana Maxime yahise acyishyura ku munota wa 16’ w’umukino nyuma y’ishoti rikomeye yateye.

Mbere y'uko amakipe ajya kuruhuka, Twizerimana Martin Fabrice ukina hagati muri APR FC yatsinze igitego cya kabiri cya APR FC ku mupira wari uturutse kwa Sekamana Maxime ku munota wa 40’.

DORE AMWE MU MAFOTO YARANZE UMUKINO:

Ndahinduka Michel na Rukundo Denis

Ndahinduka Michel na Rukundo Denis

Nshutinamagara Ismail Kodo yabanje kuba atanga amabwiriza mu minota ya mbere

Nshutinamagara Ismail Kodo yabanje kuba atanga amabwiriza mu minota ya mbere

Rukundo Denis ashaka inzira kwa Mutijima Janvier

Rukundo Denis ashaka inzira kwa Mutijima Janvier

Bizimana Djihad ashaka umupira kwa Murengezi Rodrigue

Bizimana Djihad ashaka umupira kwa Murengezi Rodrigue

Ngandu Omar mu kirere yugarira

Ngandu Omar mu kirere yugarira 

Issa Bigirimana ku mupira ashaka inzira kwa Mutijima Janvier

Issa Bigirimana ku mupira ashaka inzira kwa Mutijima Janvier

Nsabimana Eric Zidane ashaka umupira

Nsabimana Eric Zidane ashaka umupira

AS Kigali bishimira igitego babonye ku munota wa 14'

As Kigali bishimira igitego cyatsinzwe na Murengezi Rodrigue ku munota wa 14'

Sekamana Maxime ubwo yari amaze kwishyura igitego cya APR FC

Sekamana Maxime ubwo yari amaze kwishyura igitego 

Sekamana Maxime (Iburyo) byamutwaye iminota ibiri gusa kugira yishyurire APR FC

Sekamana Maxime (Iburyo) byamutwaye iminota ibiri gusa kugira ngo yishyurire APR FC

Abakinnyi ba APR FC bishimira igitego

Abakinnyi ba APR FC bishimira igitego

Eric Nshimiyimana yahise ahagurutsa Ihsimwe Kevin

Eric Nshimiyimana yahise ahagurutsa Ihsimwe Kevin waje gusimbura Ally Niyonzima

Eric Nshimiyimana atanga amabwiriza

Eric Nshimiyimana atanga amabwiriza

Imran Nshimiyimana akurikiye Nsabimana Eric Zidane (10)

Imran Nshimiyimana akurikiye Nsabimana Eric Zidane (10)

Abafana ba APR FC

Abafana ba APR FC

Nsabimana Eric Zidane ashaka umupira

Nsabimana Eric Zidane ashaka umupira aciye hejuru ya Bizimana Djihad

Bate Shamiru umunyezamu wa AS Kigali ashaka umupira

Bate Shamiru umunyezamu wa AS Kigali ashaka umupira 

Kayumba Soter yugarira bisanzwe

Kayumba Soter yugarira bisanzwe

Kayumba Soter yugarira aciye inzira yo mu kirere

Kayumba Soter yugarira aciye inzira yo mu kirere

Rukundo Denis ashaka inzira kwa Mutijima Janvier

Rukundo Denis ashaka inzira kwa Mutijima Janvier

Nshuti Innocent wahushije igitego cyabazwe ashaka inzira mu bagabo bamuruta

Nshuti Innocent wahushije igitego cyabazwe ashaka inzira mu bagabo bamuruta

Ku munota wa 37' As Kigali bagiye ku rukuta biba ngombwa ko Ally Niyonzima aruvamo asimbuwe na Kevin Ishimwe

Ku munota wa 37' As Kigali bagiye ku rukuta biba ngombwa ko Ally Niyonzima aruvamo asimbuwe na Kevin Ishimwe

Ishimwe Kevin yinjiye mu kibuga mbere yuko Twizerimana Martin Fabrice atsinda igitego ku munota wa 40'

Ishimwe Kevin yinjiye mu kibuga mbere yuko Twizerimana Martin Fabrice atsinda igitego ku munota wa 40'

Ku munota wa 40' Twizerimana Martin Fabrice yatanze ubutumwa ku banyamujyi

Ku munota wa 40' Twizerimana Martin Fabrice yatanze ubutumwa ku banyamujyi

Bagenzi be bamushimiye bisanzwe

Bagenzi be bamushimiye bisanzwe

Eric Nshimiyimana n'abakinnyi be ntibemera ko umusifuzi yemeje ukuri

Eric Karasira umutoza w'ikipe ya APR AC, Gasore Serge uyobora akanaba nyiri Gasore Serge Foundation n'umuyobozi w'intara y'amajyaruguru Gatabazi Jean Marie Vianney

Eric Nshimiyimana n'abakinnyi be ntibemera ko umusifuzi yemeje ukuri

Abakinnyi ba AS Kigali ntibemera igitego batsinzwe

Abakinnyi ba AS Kigali ntibemera igitego batsinzwe

Kayumba Soter abwira umusifuzi ati "Njyewe namwiboneraga ahagaze mu izamu ryacu"

Kayumba Soter abwira umusifuzi ati "Njyewe namwiboneraga ahagaze mu izamu ryacu"

Bizimana Djihad yizamukira

Bizimana Djihad yizamukira 

Bate Shamiru yamwiyahuyemo

Bate Shamiru yamwiyahuyemo

Bate Shamiru umunyezamu wa AS Kigali yahise agaramana umupira

Bate Shamiru umunyezamu wa AS Kigali yahise agaramana umupira

Ngandu Omar ajya inama na Kayumba Soter bafatanyaga mu mutima w'ubwugarizi

Ngandu Omar ajya inama na Kayumba Soter bafatanyaga mu mutima w'ubwugarizi

Abaganga ba AS Kigali

Abaganga ba AS Kigali

Abafana ba APR FC

Abafana ba APR FC

Agaciro Football Academy nibo bakoze igikorwa cyo gutoragura imipira (Ball Boys)

Agaciro Football Academy nibo bakoze igikorwa cyo gutoragura imipira (Ball Boys)

Ndarusanze Jean Claude ashaka aho yanyurana umupira

Ndarusanze Jean Claude ashaka aho yanyurana umupira

Ishimwe Kevin agana izamu ariko akurikiwe na Ngabonziza Albert

Ishimwe Kevin agana izamu ariko akurikiwe na Ngabonziza Albert

Ngabonziza Albert agarura umupira mu kibuga

Ngabonziza Albert agarura umupira mu kibuga 

Rukundo Denis asimbukana Ndahinduka Michel

Rukundo Denis asimbukana Ndahinduka Michel

Ngabonziza Albert agarukira umupira

Ngabonziza Albert agarukira umupira

Mvuyekure Emery apanga neza ba myugariro ba APR FC

Mvuyekure Emery apanga neza ba myugariro ba APR FC

Abafana ba AS Kigali

Abafana ba AS Kigali

Emery Mvuyekure mu izamu apanga urukuta neza

Emery Mvuyekure mu izamu apanga urukuta neza 

Rugwiro Herve yigerera mu kirere

Rugwiro Herve yigerera mu kirere

Ngabonziza Albert yihanganye abangamira Ndahimduka Michel bahoranye muri APR FC

Ngabonziza Albert yihanganye abangamira Ndahimduka Michel bahoranye muri APR FC

Rugwiro Herve

Rugwiro Herve  myugariro wa APR FC

Mvuyekure Emery arekura umupira

Mvuyekure Emery arekura umupira 

Abafana bari bagerageje kuza

Abafana bari bagerageje kuza 

Rugwiro Herve  hejuru ya Ndarusanze Jean Claude rutahuzamu wa AS Kigali

Rugwiro Herve  hejuru ya Ndarusanze Jean Claude rutahuzamu wa AS Kigali

Urugamba rwaremye imbere y'izamu rya APR FC

Urugamba rwaremye imbere y'izamu rya APR FC

Ngabonziza Albert abaza umusifuzi niba kuba agushijwe na Ndahinduka Michel nta kintu abivugaho

Ngabonziza Albert abaza umusifuzi niba kuba agushijwe na Ndahinduka Michel nta kintu abivugaho

Ndahinduka Michel akurikiye Bizimana Djihad

Ndahinduka Michel akurikiye Bizimana Djihad

Yamufashe aramukurura

Yamufashe aramukurura

Yamugejeje hasi aramutsindagira

Yamugejeje hasi aramutsindagira  amubuza kubyuka

Intare za APR FC

Intare za APR FC 

Eric Nshimiyimana Umutoza mukuru wa AS Kigali

Eric Nshimiyimana Umutoza mukuru wa AS Kigali

Ally Niyonzima ntabwo yishimiye gukina iminota 37'

Ally Niyonzima ntabwo yishimiye gukina iminota 37'

Abo mu muryango wa Kimenyi Yves (Mu mwambaro w'Amavubi) umunyezamu wa APR FC baje kureba uko ikipe bakunda ikina

Abo mu muryango wa Kimenyi Yves (Mu mwambaro w'Amavubi) umunyezamu wa APR FC baje kureba uko ikipe bakunda ikina

Gacinya Chance Denis (mu mwenda urimo ibara ritukura) perezida wa Rayon Sports

 Mu myanya y'icyubahiro

Abakinnyi ba Rayon Sports biteguraga guhura na Bugesera FC

Abakinnyi ba Rayon Sports biteguraga guhura na Bugesera FC 

Mukura Victory Sport yari mu rugendo igana i Rubavu gusura Etincelles FC yabanje kureba aho amakiipe yisobanura

Mukura Victory Sport yari mu rugendo igana i Rubavu gusura Etincelles FC yabanje kureba aho amakiipe yisobanura

FC Musanze yari mu rugendo igana i Nyakarambi yabanje kureba umukino

FC Musanze yari mu rugendo igana i Nyakarambi yabanje kureba umukino

Imibare yaranze umukino muri rusange

Imibare yaranze umukino muri rusange 

11 ba APR FC babanje mu kibuga

11 ba APR FC  babanje mu kibuga 

11 ba AS Kigali babanje mu kibuga

11 ba AS Kigali babanje mu kibuga

AMAFOTO: Saddam MIHIGO-(INYARWANDA.COM)






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Babangida6 years ago
    ariko se equipe ifite amafaranga nka AS Kigali umuzamu yambara Adidas aba di bakinnyi bakambara Puma ibyo bibaho koko? nimwiheshe agaciro





Inyarwanda BACKGROUND