RFL
Kigali

Seninga yemeza ko atifuza gutakaza umukino wa kabiri (Amafoto y’imyitozo)

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:11/10/2017 18:25
0


Seninga Innocent umutoza mukuru w’ikipe ya Police FC avuga ko kuba yaratsinzwe umukino ufungura shampiyona, atifuza kuba yatakaza umukino azasuramo Mukura Victory Sport Sport kuri uyu wa Gatanu tariki 13 Ukwakira 2017 kuri sitade Huye saa Cyenda n'igice (15h30').



Seninga avuga ko ikipe ya Mukura Victory Sport izaza mu mukino ifite morale yo kuba yaratsinze umukino ubanza ndetse ikazaba iri imbere y’abafana bayo. Gusa ngo yizera ko ikipe ye izahakura amanota atatu y’umunsi kuko anemeza ko amakuru ya Mukura ayafite.

“Amakuru ndayafite. Amwe n’amwe ndayafite kuko nzi bamwe mu bakinnyi bashya baguze. Bafite Gael (Duhayindavyi) umukinnyi mwiza uzi gutsinda. Muri rusange ariko uretse intebe y’abatoza yahindutse  ariko abakinnyi ntabwo ari benshi bahindutse, abenshi umuntu arabazi n’imikinire yabo. Nizera ko tuzitwara neza nubwo izaba ikinira iwayo”. Seninga

Seninga azaba ahura na Mukura Victory Sport yiyubatse guhera mu izamu igura abakinnyi nka; Rwabugiri Omar (GK), Ingabire Aime Regis (GK), Gael Duhayindavyi, Nshimiyimana David, Rachid Mutebi, Nkomezi Alex na Hatungimana Basile.

Police FC nayo ntiyatinye isoko kuko yaguze; Issa Ishimwe Zappy, Nsengiyumva Moustapha, Munezero Fiston, Usabimana Olivier, Nzabanita David, Iradukunda Jean Bertrand, Imanishimwe Yves na Niyigaba Ibrahim.

Dore imikino y’umunsi wa kabiri wa shampiyona 2017-2018:

Kuwa Gatanu tariki 13 Ukwakira 2017

-Mukura Victory Sport vs Police FC (Stade Huye, 15h30’)

Kuwa Gatandatu tariki 14 Ukwakira 2017

-FC Marines vs APR FC (Stade Umuganda, 15h30’)

-Espoir FC vs Etincelles FC (Rusizi, 15h30’)

-AS Kigali vs Miroplast (Stade de Kigali, 15h30’)

-Sunrise FC vs Gicumbi FC (Nyagatare, 15h30’)

-Amagaju FC vs Kirehe FC (Nyagisenyi, 15h30’)

Ku Cyumweru tariki 15 Ukwakira 2017

-Rayon Sports vs SC Kiyovu (Stade de Kigali, 15h30’)

-FC Musanze vs Bugesera FC (Ubworoherane, 15h30’) 

Mbonigaba Ibrahim (ubanza iburyo) yereka bagenzi be aho batera umupira

Mbonigaba Ibrahim (ubanza iburyo) yereka bagenzi be aho batera umupira

Usabimana Olivier arekura ishoti rigana mu izamu

Usabimana Olivier arekura ishoti rigana mu izamu

Uhereye ibumo: Biramahire Abeddy, Iradukunda Bertrand (hagati) na Mushimiyimana Mohammed (iburyo)

Uhereye ibumo: Biramahire Abeddy, Iradukunda Bertrand (hagati) na Mushimiyimana Mohammed (iburyo)

Nzabanita David wavuye muri Bugesera FC

Nzabanita David wavuye muri Bugesera FC 

Niyonzima Jean Paul bita Robinho yisaka ishoti

Niyonzima Jean Paul bita Robinho yisaka ishoti

Bwanakweli Emmanuel umunyezamu wa kabiri muri Police FC

Bwanakweli Emmanuel umunyezamu wa kabiri muri Police FC

Ndayishimiye Celestin (wambaye amasogisi y'umuhondo) ahagaranye na Muvandimwe JMV bakina ku mwanya umwe

Ndayishimiye Celestin (wambaye amasogisi y'umuhondo) ahagararanye na Muvandimwe JMV bakina ku mwanya umwe

Ndayishimiye Celstin ufite isabukuru y'amavuko amaze iminsi afasha Police FC inyuma ku ruhande rw'ibumoso

Ndayishimiye Celstin ufite isabukuru y'amavuko amaze iminsi afasha Police FC inyuma ku ruhande rw'ibumoso

Patrick Umwungeri (5) yereka abo bafatanya uko bahagarara

Patrick Umwungeri (5) yereka abo bafatanya uko bahagarara

Muhinda Bryan (15) aganira na Muvandimwe Jean Marie Vianney

Muhinda Bryan (15) aganira na Muvandimwe Jean Marie Vianney

Neza Anderson acena asanga Munezero Fiston utazakina na Mukura Victory Sport

Neza Anderson acena asanga Munezero Fiston utazakina na Mukura Victory Sport

Ndayishimiye Antoine Dominique ku mupira

Ndayishimiye Antoine Dominique ku mupira

Eric Ngendahimana ukina hagati mu kibuga

Eric Ngendahimana ukina hagati mu kibuga ku mupira ashaka inzira

Mushimiyimana Mohammed ku mupira

Mushimiyimana Mohammed ku mupira 

Nsengiyumva Moustapha

Nsengiyumva Moustapha ukina imbere ku ruhande rw'ibumoso muri Police FC

Mwizerwa Amini areba uko yatera ishoti

Mwizerwa Amini areba uko yatera ishoti

Bisengimana Justin umutoza wungirije muri Police FC yakoze akazi ko gutoza ba myugariro kuri uyu wa Gatatu

Bisengimana Justin umutoza wungirije muri Police FC yakoze akazi ko gutoza ba myugariro kuri uyu wa Gatatu

Seninga Innocent areba ku isaha anaganira na Maniraguha Claude umutoza w'abanyezamu

Seninga Innocent areba ku isaha anaganira na Maniraguha Claude umutoza w'abanyezamu

Biramahire Abeddy ateruye ibikoresho by'imyitozo

Biramahire Abeddy ateruye ibikoresho by'imyitozo

Eric Ngendahimana ukina hagati mu kibuga ha Police FC

Eric Ngendahimana ukina hagati mu kibuga ha Police FC

Abatoza ba Police FC basoje imyitozo

Abatoza ba Police FC basoje imyitozo

Abakinnyi bava mu myitozo basoma ku mazi

Abakinnyi bava mu myitozo basoma ku mazi

Gashayija Emmanuel umuganga muri Police FC yigana uko abakinnyi babigenza

Gashayija Emmanuel umuganga muri Police FC yigana uko abakinnyi babigenza

Ndayishimiye Antoine Dominique (ibumoso) aganira na Mushimiyimana Mohammed (10)

Ndayishimiye Antoine Dominique (ibumoso) aganira na Mushimiyimana Mohammed (10)

Imyitozo irangiye

Imyitozo irangiye

AMAFOTO: Saddam MIHIGO






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND