RFL
Kigali

Tour du Rwanda 2018: SKOL itanga amagare muri buri gace isiganwa risorejwemo-AMAFOTO

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:9/08/2018 8:19
0


Tour du Rwanda 2018 igeze ahakomeye kuko bigeze aho bihuza na wa mugani abanyarwanda bavuga ko hari aho umwana arira nyina ntiyumve kuko kuri ubu ikipe y’igihugu y’u Rwanda ifite akazi gakomeye kugira ngo itazatakaza umwenda w’umuhondo. SKOL yo iba ishimisha abo isanze aho amagare ari n’aho aciye.



Muri Tour du Rwanda, biba ari ihame ko igira aho itangirira (Starting Line) n’aho irangirira (Finishing Line), gusa urebye neza usanga aho isoreza ariho habera ibirori bikomeye kuko ni ho hatangirwa ibihembo ndetse n’abantu bakishimira ibyagezweho.

Mu kwishimira ibyagezweho ni naho SKOL ihera ikoresha amarushanwa bityo hakabaho umwanya abafana bagatora uwarushije undi kugeza babiri ba mbere buri umwe agahabwa igare ryamufasha gukora siporo.

Muri aya marushanwa, abakozi ba SKOL baba bafite amagare afashe ku byuma byabugenewe, nyuma abahatana baraza bakaryurira bakarinyonga buri umwe agashimisha abafana. Iyo iminota bahawe irangiye, uyoboye igikorwa (MC) abaza abafana uwarushije undi bakamanika ikiganza bityo uwurushije undi amajwi agakomeza mu cyiciro gikurikira.

SKOL

Amagare atangwa na SKOL ku muntu watsinze

SKOL

Amagare atangwa na SKOL ku muntu watsinze

Gusa bitewe nuko abahatana bazamuka ari babiri, umwe afata izina rya PANACHE undi akitwa SKOL LAGER bityo abafana bakaba babasha kubatandukanya. Abatangira baba ari benshi bashoboka bakaza kurushanwa kugeza bageze ku mukino wa nyuma. Abageze ku mukino wa nyuma bahabwa igare buri umwe. Abageze muri ½ cy’irangiza bahabwa telephone nziza ya Samsung.

Dj Mike aba avanga avanga umuziki ku nyungu za SKOL

Dj Mike aba avanga avanga umuziki ku nyungu za SKOL

SKOL

MC Bryan aba afite akazi ko kugaragaza ibijyanye na SKOL byose

MC Bryan aba afite akazi ko kugaragaza ibijyanye na SKOL byose

Amacupa ya SKOL

Amacupa ya SKOL aba ari hafi

Umwana w'i Rambura azi icyo SKOL ivuze mu mukino wo gusiganwa ku magare

Umwana w'i Rambura azi icyo SKOL ivuze mu mukino wo gusiganwa ku magare

Abana bimanitse hejuru y'inzu ndende

Abana bimanitse hejuru y'inzu ndende 

Aho agace karangirira usanga ibara rya SKOL (Umuhondo) rivuza ubuhuha

Aho agace karangirira usanga ibara rya SKOL (Umuhondo) rivuza ubuhuha

SKOL Rwanda niyo ihemba umukinnyi uba watwaye agace  (Stage Winner)

SKOL Rwanda niyo ihemba umukinnyi uba watwaye agace (Stage Winner)

PANACHE ikinyobwa kidasembuye

PANACHE ikinyobwa kidasembuye 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND