RFL
Kigali

SKOL na FERWACY basinyanye amasezerano azagera mu 2021-AMAFOTO

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:5/08/2018 1:05
1


Ku mugoroba w’uyu wa Gatandatu tariki ya 4 Kanama 2018 ubwo hakirwaga amakipe azakina irushanwa rya Tour du Rwanda 2018, ni nabwo uruganda rwega ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye rukabikorera mu Rwanda (SKOL BREWERY Ltd) n’ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda (FERWACY) basinyanye amasezerano y’ubufatanye.



SKOL ntabwo ari umufatanyabikorwa mushya mu ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda (FERWACY) kuko basanzwe bakorana mu guteza imbere uyu mukino. Gusa aya masezerano ajyanye n’inzira yo kugendana na gahunda y’iterambere ry’umukino w’amagare ryisumbuye guhera mu 2019.

Mu busanzwe SKOL ni umutera nkunga ukomeye wa Tour du Rwanda imaze igiye kuba ku nshuro ya cumi (10) iri ku kigero cya 2.2 nk’uko UCI ibiteganya. Gusa kuri ubu bikaba byitezwe ko guhera muri 2019 Tour du Rwanda 2019 izaba yazamutse ikava kuri 2.2 ikagera kuri 2.1 urwego amarushanwa na La Tropicale Amisa Bongo ariho.

Ivan Wulffaert umuyobozi wa SKOL Rwanda (Iburyo), Bayingana Aimable (ibumoso) uyibora FERWACY na Claude Helault (hagati) umutekinisiye uba ayobota Tour du Rwanda

Ivan Wulffaert (Iburyo) umuyobozi wa SKOL Rwanda , Bayingana Aimable (ibumoso) uyibora FERWACY na Jean Claude Herault (hagati) umutekinisiye uba ayobota Tour du Rwanda (Directeur du Course)

Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru nyuma yuko hari hamaze gusinywa aya masezerano, Bayingana Aimable yavuze ko ari amasezerano agamije kugendana na gahunda z’amarushanwa ya Tour du Rwanda ari imbere kuko azaba asaba byinshi bityo rero ko na SKOL byabaye ngombwa ko igendana na gahunda y’iterambere ry’umukino w’amagare.

“Ni amasezerano y’imyaka itatu (3), 2019, 2020 na 2021. Ni amasezerano yo gufasha Tour du Rwanda igiye kuzamuka ku rwego rwa 2.1. Ni ukuvuga ngo bitewe nuko ririya siganwa (2.1) risaba ubushobozi burenze ubwo twari dufite, SKOL nayo iragendana n’umuvuduko dufite tuzamuka muri 2.1 ubwo nicyo ayo masezerano asobanuye”. Bayingana Aimable

Agaruka kuri Tour du Rwanda 2018, Bayingana yahamagariye abanyarwanda kuba bakwitegura ubudasa mu isiganwa ry’uyu mwaka kuko ngo buri kimwe cyateguwe. “Icyo tubwira abanyarwanda nuko Tour du Rwanda y’uyu mwaka ari Tour nziza, ibabikiye ibirori byinshi. Icyo nababwira nuko bakwitabira bakaza kuyireba kuko nibo tuba tuyizaniye”. Bayingana

Bayingana Aimable perezida w'ishyirahamwe ry'umukino w'amagare mu Rwanda

Bayingana Aimable perezida w'ishyirahamwe ry'umukino w'amagare mu Rwanda  (FERWACY)

Ivan Wulffaert (Iburyo)  umuyobozi wa SKOL mu Rwanda

Ivan Wulffaert (Iburyo) umuyobozi wa SKOL mu Rwanda na Bayingana Aimable (Ibumoso) umuyobozi mukuru wa FERWACY nyuma yo gusinya amasezerano

SKOL isanzwe inafite Fly Cycling Club ikipe y'umukino wo gusiganwa ku magare ikiubutse mu marushanwa mu Bubiligi

SKOL isanzwe inafite Fly Cycling Club ikipe y'umukino wo gusiganwa ku magare ikubutse mu marushanwa mu Bubiligi

Team Rwanda izaba ihatana muri Tour du Rwanda 2018

Team Rwanda izaba ihatana muri Tour du Rwanda 2018 

Dr.Wagih Azam (Ibumoso) perezida w’impuzamashyirahamwe y’umukino w’amagare muri Afurika (CAC) na  David Lappartient uyobora impuzamashyirahamwe y'umukino w'amagare ku isi (UCI) bari mu Rwanda

Dr.Wagih Azam (Ibumoso) perezida w’impuzamashyirahamwe y’umukino w’amagare muri Afurika (CAC) na  David Lappartient uyobora impuzamashyirahamwe y'umukino w'amagare ku isi (UCI) bari mu Rwanda

Benediction Club.

Uwacu Julienne Minisitiri w'umuco na Siporo ubwo hamurikwaga ikipe y'abakobwa ya Benediction Club

Uwacu Julienne Minisitiri w'umuco na Siporo ubwo hamurikwaga ikipe y'abakobwa ya Benediction Club yanahawe ibikoresho n'abaterankunga bayo (ZIP)

Ethiopia National Team iri mu Rwanda

Ethiopia National Team iri mu Rwanda mu gushaka imidali muri Tour du Rwanda 2018

Les Amis Sportifs de Rwamagana

Les Amis Sportifs de Rwamagana 

Sampada Cycling Team ikinamo umunyarwanda Niyonshuti Adrien

Sampada Cycling Team ikinamo umunyarwanda Niyonshuti Adrien 

Niyonshuti Adrien (hagati) umunyarwanda ukina muri Sampada Cycling Team (South Africa)

Niyonshuti Adrien (hagati) umunyarwanda ukina muri Sampada Cycling Team (South Africa)

ays Olonne Cycliste Côte de Lumière (POCCL) yo mu Bufaransa ikinamo abanyarwanda Ndayisenga Valens na Jean Claude Uwizeye

Pays Olonne Cycliste Côte de Lumière (POCCL) yo mu Bufaransa ikinamo abanyarwanda Ndayisenga Valens na Jean Claude Uwizeye 

Ndayisenga Valens (Ubanza iburyo) na Jean Claude Uwizeye (hagati) bakinana muri Pays Olonne Cycliste Côte de Lumière (POCCL)

Ndayisenga Valens (Ubanza iburyo) na Jean Claude Uwizeye (hagati) bakinana muri Pays Olonne Cycliste Côte de Lumière (POCCL)

Kenyan Riders Safaricom (Kenya)

Kenyan Riders Safaricom (Kenya)

Itorero ry'umujyi wa Kigali mu mbyino gakondo

Itorero ry'umujyi wa Kigali mu mbyino gakondo

Itorero ry'umujyi wa Kigali mu mbyino gakondo 

Ivan Wulffaert umuyobozi wa SKOL Rwanda

Ivan Wulffaert umuyobozi wa SKOL mu Rwanda 

Amakipe yose azitabira Tour du Rwanda 2018 uko ari 15 yose yaraye mu Rwanda

Amakipe yose azitabira Tour du Rwanda 2018 uko ari 15 yose yaraye mu Rwanda 

Team Benediction Club

Team Benediction Club

Ubwo amakipe yageraga kuri Kigali Convention Center aje mu  muhango ubanziriza Tour du Rwanda 2018

Tour du Rwanda 2018

Tour du Rwanda 2018

Tour du Rwanda 2018

Tour du Rwanda 2018

Ubwo amakipe yageraga kuri Kigali Convention Center aje mu muhango ubanziriza Tour du Rwanda 2018

Imbuga yabereyemo uyu muhango

Imbuga yabereyemo uyu muhango 

Amakipe azitabira Tour du Rwanda 2018:

1.Team Novo  Nordisk Pro Cycling (USA)

2.GSP Algerie (Algeria)

3.Team Sampada (South Africa)

4.Kenyan Riders Safaricom (Kenya)

5.Bai Sicasal-Petro de Luanda (Angola)

6.Rwanda National Team

7.Benediction Club (Rwanda)

8.Les Amis Sportifs de Rwamagana (Rwanda)

9.South Africa National Team (South Africa)

10.Ethiopia National Team

11.Team Loup Suisse Romande (Suisse)

12.Marc Pro Gym One Cycling Team (USA)

13.Team Haute Savoie Rhone-Alpes (France)

14.Pays des Olonnes Cycliste Cote de Lumiere (France)

15.Team Embrace The World (Germany)

Areruya Joseph asesekara i Remera

Areruya Joseph niwe ubitse Tour du Rwanda 2017

Dore inzira za Tour du Rwanda 2018:

Tariki ya 5 Kanama 2018: Rwamagana:104.0 Km

Tariki ya 6 Kanama 2018: Kigali-Huye: 120.3 Km

Tariki ya 7 Kanama 2018: Huye-Musanze: 195.3 Km

Tariki ya 8 Kanama 2018: Musanze-Karongi:135.8 Km

Tariki ya 9 Kanama 2018: Karongi-Rubavu: 95.1 Km

Tariki ya 10 Kanama 2018: Rubavu-Kinigi :108.5 Km

Tariki ya 11 Kanama 2018: Musanze-Kigali: 107.4 Km

Tariki 12 Kanama 2018: Kigali-Kigali: 82.2 Km

Gasore Hategeka Kapiteni wa Benediction Club ubu ahagaze ku mwanya wa 30 ku rutonde rusange

Kuri iki Cyumweru abasiganwa barazenguruka umujyi wa Rwamagana kugeza bakoze ibilometero 104.0 (104.0 KM)

PHOTOS: Saddam MIHIGO (Inyarwanda.com)






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Habimana Venuste5 years ago
    Nakomerezaho Ndamushyigikiye Imana Imufashe Azaye Gukane?





Inyarwanda BACKGROUND