RFL
Kigali

Muri gahunda ya Visit Rwanda, Laureano Bisan wakinnye muri Arsenal yahuye n’abana bafite indoto yo gukina umupira-AMAFOTO

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:5/09/2018 15:40
0


Mu gitondo cy’uyu wa Gatatu tariki ya 5 Nzeli 2018 nibwo ku bufatanye n’ikigo cy’igihugu gishinzwe iterambere (RDB) n’ikipe ya Arsenal mu buryo buzwi nka Visit Rwanda, Laureano Bisan Etamé-Mayer yasuye u Rwanda aganiriza abana bakina umupira w’amaguru.



Ni igikorwa cyabereye kuri sitade Amahoro i Remera  aho uyu mugabo w’imyaka 41 yahuye n’abana bari baturutse mu bice bitandukanye by’igihugu kugira ngo basangizwe ubuhamya bw’uko umukinnyi w’Umunyafurika ashobora gukina umupira akagera ku rwego mpuzamahanga.

Iki gikorwa cyari cyitabiriwe na Uwacu Julienne Minisitiri w’umuco na Siporo mu Rwanda (MINISPOC) wishimiye cyane uruzinduko rwa Lauren yagiriye mu Rwanda kandi ko bizakomeza kurushaho kuba byiza muri gahunda u Rwanda rufitanye n’ikipe ya Arsenal.

Ferwafa

Laureano Bisan Etamé-Mayer  yakirwa na Minisitiri Uwacu Julienne

Laureano Bisan Etamé-Mayer  yakirwa na Minisitiri Uwacu Julienne

Mu ijambo rye, Uwacu Julienne yavuze ko ku rwego rwa MINISPOC babona ari igikorwa cy’inyamibwa kuko ngo kuba abana bahuye n’abakinnye ku rwego rwo hejuru bizafasha cyane mu myumvire y’abakiri bato, gusa ngo biracyaza.

“Lauren yadusuye nk’u Rwanda ahura n’abana ariko nabo bagira umwanya wo kumubaza ibibazo by’amatsiko, kumenya uko yabigenje ngo agere aho ageze, icyo u Rwanda rukwiye gushyiramo imbaraga. Ku rwego rwacu rero  nka Minisiteri ifite siporo mu nshingano turabona ari igikorwa cyiza kuko aba bana bafite inzozi, iyo bahuye n’ababashije gutera intambwe nini nibaza ko ari umwanya utuma babona ko bishoboka. Tukaba dushima cyane ubufatanye dufitanye na Arsenal kandi navuga ko aka ari akantu gato  kuko muri gahunda ziri imbere tuzareba uko twakorana ibirenze ibi”. Uwacu Julienne

Laureano Bisan Etamé-Mayer umunya-Cameroun w’imyaka 41, aganira n’abanyamakuru yavuze ko yishimiye uburyo ibintu byari biteguye ndetse n’uburyo hari hari abana b’abakobwa n’abahungu bafite impano ku mupira w’amaguru kandi ko abifuriza kudacika integer bagakomeza gukunda umupira kuko ari umwuga nk’indi.

“Nishimye cyane kuko nasanze mu Rwanda hari abana b’abakobwa n’abahungu bakiri bato bafite impano, nababonye bakina kandi nizera ko mu gihe baba badacitse intego ngo babihagarike byazabageza aheza kuko umupira w’amaguru ni umwuga mwiza”. Lauren

Ferwafa

Laureano Bisan Etamé-Mayer  yakinnye muri Arsenal mu 2000 kugeza mu 2007

Laureano Bisan Etamé-Mayer  yakinnye muri Arsenal mu 2000 kugeza mu 2007

Laureano Bisan akomeza avuga ko yaje mu Rwanda nk’umuntu wabaye muri Arsenal kuri ubu iyi kipe ikaba ibanye neza n’u Rwanda muri gahunda yo gukangurira isi gusura ibyiza by’u Rwanda.

“Si ubwa mbere ngeze mu Rwanda kuko mu myaka itanu ishize nari hano. Nkigera mu Rwanda ku nshuro yanjye ya kabiri natunguwe cyane kuko nasanze ibintu byose byarahindutse ibindi ari bishya. Nizera ko rero buri muntu wasura u Rwanda atabura igishya ahabona cyangwa ngo ahakure”. Lauren

Laureano Bisan Etamé-Mayer yabonye izuba kuwa 19 Mutarama 1977, akaba umunya-Cameroun ufite inkomoko muri Equatorian Guinea, yakinaga inyuma ku ruhande rw’iburyo muri Arsenal n’ikipe y’igihugu ya Cameroun.

Abanyarwanda bafana Arsenal bari bazindutse

Abafana ba Arsenal

Abafana ba Arsenal

Abanyarwanda bafana Arsenal bari bazindutse 

Laureano yafashije Arsenal (2000-2007) gutwara bimwe mu bikombe birimo n’icya shampiyona 2003-2004 igikombe batwaye badatsinzwe umukino n’umwe (Unbeaten Run), uyu kandi yafashije Cameroun gutwara umupira wa Zahabu mu mikino Olempike yaberaga i Sudney muri Australia mu 2000.

Uretse kuba yarakiniye ikipe ya Arsenal, Laureano yakinnye muri Urtrera (1995-1996), Sevilla B (1996-1997), Levante (1997-1998), Mallorca (1998-2000), Arsenal (2000-2007), Portsmouth (2007-2009) asoreza muri Cordoba mu 2010.

Laureano Bisan Etamé-Mayer yakinnye mu ikipe y’igihugu ya Cameroun (U23) imikino itandatu (6) abatsindira ibitego bitatu (3) nka myugariro. Ikipe y’igihugu nkuru (Senior) yakinnyemo imikino 24 atsinda igitego kimwe nka myugariro.

Ferwafa

Abatoza b'abari n'abategarugoli bari muri iki gikorwa

Abatoza b'abari n'abategarugoli bari muri iki gikorwa 

Abana bakurikiye inama za Laureano

Abana bakurikiye inama za Laureano

Abana bakurikiye inama za Laureano

Abana bakurikiye inama za Laureano nyuma bariforozanya 

Laureano ahura n'abana bakina umupira w'amaguru

Laureano ahura n'abana bakina umupira w'amaguru

Habimana Hussein (Ibumoso) umuyobozi wa tekinike muri FERWAFA aganira na Laureano Bisan Etamé-Mayer  (Iburyo)

Habimana Hussein (Ibumoso) umuyobozi wa tekinike muri FERWAFA aganira na Laureano Bisan Etamé-Mayer  (Iburyo)

Abana bakina ngo bereke Laureano icyo bashoboye

abana bakina Football

Ferwafa

Ferwafa

Ferwafa

Ferwafa

Abana bakina ngo bereke Laureano icyo bashoboye 

Abana bari bazindukiye muri Sitade Amahoro bategereje Laureano

Ferwafa

Abana bari bazindukiye muri Sitade Amahoro bategereje Laureano

Abatoza babanje kujya inama mbere yo gutangira akazi

Abatoza babanje kujya inama mbere yo gutangira akazi

PHOTOS: Saddam MIHIGO (Inyarwanda.com)


 

 

 

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND