RFL
Kigali

Kigali: Amarushanwa ya World Skills yo ku rwego rwa Afurika yasojwe bamwe bataha bishimye abandi bayavumira ku gahera-AMAFOTO

Yanditswe na: Kawera Jeannette (Kajette)
Taliki:24/11/2018 15:56
0


Mu minsi yashize twabagejejeho inkuru ivuga ku marushanwa yo ku rwego rwa Afurika yari ari kubera mu Rwanda ku bijyanye n’ubumenyi ngiro. Ku munsi w’ejo Minisitiri w’uburezi yasoje aya marushanwa ku mugaragaro abatsinze batahana imidari.



Ibirori byo gusoza aya marushanwa byabereye muri Kigali Convention Center ejo ku wa Gatanu ku mugoroba nyuma y'ibiganiro bibiri byo kwitegura aho haganiriwe byinshi ku bumenyi ngiro. Ibihugu byari biri mu marushanwa ni ibihugu 6 ari byo, Rwanda, Kenya, Uganda, Ghana, Morocco na Liberia.

World Skills

Abitabiriye irushanwa bari babukereye

Abanyeshuri bahatanye mu bijyanye n’amashanyarazi, ibijyanye n’amazi, guteka, gutunganya imisatsi, ibijyanye n’amatafarari, gusudira ndetse n’ibya mekanike. Mu Rwanda hatashye imidari ya Zahabu itanu n’indi itandukanye kimwe n’ibindi bihugu byagiye bitahana intsinzi. Abatsinze kurusha abandi bahawe Certificates ndetse n’abitabiriye amarushanwa bose batahana certificates, bivuze ko abatsinze bo batahanye certificates 2 mu gihe abandi batahanye imwe.

World Skills

Habanje kubaho ibiganiro byo kwitegura

World Skills

Abanyeshuri bahembwe n'abayobozi batandukanye

Hon. Min. Dr. Mutimura Eugene, Minisitiri w’uburezimu Rwanda yashimangiye ko amarushanwa nk’aya ari meza cyane ko arushaho guha agaciro abanyeshuri biga ubumenyi ngiro akanabaha umwanya uhagije wo kugaragaza ibyo bashoboye ku ruhando mpuzamahanga ndetse bikanabahesha amahirwe ku isoko ry’umurimo.

World Skills

Hon. Min. Dr. Eugene Mutimura yasoje irushanwa ku mugaragaro nk'uko yaritangije ku mugaragaro

Bigirimfura, wiga ibijyanye n’amazi, umwe mu batsinze waganiriye na INYARWANDA mu byishimo byinshi yagize ati “Niga muri Plumbing, murabibona ko nambaye umudari wa Zahabu, ndishimye cyane ko natsinze, ntahanye Certificates 2 mvanye mu marushanwa ya World Skills...”

World Skills

Bigirumfura, umunyeshuri wambaye umudari n'umupira w'icyati kibisi ntiyabashaga guhisha ibyishimo

Ubwo twamubazaga icyo aya marushanwa abona ko aje guhindura mu bijyanye n’ubumenyi ngiro, Bigirimfura yavuze ko harimo no kumenyekana no kubaha agaciro ati “Icya mbere na mbere ni ukumenyekana, hari benshi biga mu mashuri y’ubumenyingiro, banafite ubwo bumenyi koko ariko batamenyekana mu ruhando rw’abandi bashoboye koko. Iyo bavuze ngo umuntu yiga muri TVET cyangwa mu myunga hari abahita bumva ko uwo muntu yatsinzwe, agacikiriza amashuri ntacyo ashoboye, nyamara si ko bimeze abana biga imyuga barakora ibintu bidasanzwe, ibi rero biraduha agaciro cyane.”

World Skills

Mu Rwanda hatashye imidari myinshi ya Zahabu

INYARWANDA yaganiriye n’umukobwa w’umunyarwandakazi wababajwe cyane n’ibyavuye muri aya marushanwa. Yitwa Divine Niyonsira akaba avuga ko aya marushanwa atayakiriye neza kuko ataciye mu mucyo. Yagize ati:

Amarushanwa yagenze neza ariko munyihanganire kubivuga rwose ntabwo nabyakiriye neza kuko nari nzi ko ndi bubone umwanya wa mbere nk’uko byari bibi kuri list. Abadushinzwe bari batubwiye amanota yacu, ndi uwa mbere ariko tugeze aha bampamagara ku mwanya wa 3. Ntabwo nababajije ntibazi ko nanabizi izo nzobere zaturutse mu mahanga, nta kindi cyabaye ntakoze ngo mvuge ko ariho natsindiwe, nari ndi mu bakoze ibyo guteka. Icyo nababwira ni uko, aya marushanwa yari meza pe! Ariko ntabwo yaciye mu mucyo ibyo byo sinabihishira.

World Skills

Divine yababajwe cyane n'umwanya yahawe ahamya ko amarushanwa ataciye mu mucyo

World Skills

ANDI MAFOTO:

World Skills

World Skills

Umunya Ghana yananiwe guhisha ibyishimo ararira

World Skills

World Skills

Abanya Maroke bazamuye ibendera ry'igihugu cyabo bishimira intsinzi

World Skills

Abagande babyinnye bacinya akadiho bishimira intsinzi banazamura ibendera ry'igihugu cyabo

World Skills

World Skills

Umunyarwandakazi yatsindiye umudari wa Zahabu ahiga abandi mu byo gutunganya imisatsi

AMAFOTO: IRADUKUNDA Desanjo Inyarwanda Ltd.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND