RFL
Kigali

Abari gushyira 'Sound proof' mu nsengero bakoresheje matela bari kwishyira mu kaga

Yanditswe na: Editor
Taliki:19/03/2018 20:23
3


Muri iyi minsi insengero zinyuranye cyane cyane izo mujyi wa Kigali zirimo gushyirwamo 'Sound proof' itangira amajwi kugira ngo abasenga badasakuriza abantu baturiye urusengero. Igiteye impungenge ariko ni abari gukoresha matela ishobora gutera inkongi y'umuriro.



Mu mujyi wa Kigali hamaze gufungwa insengero zirenga 1000 kubera kutubariza amabwiriza mashya y'Urwego rw'Igihugu rw'Imiyoborere (RGB). Mu Ntara enye naho hamaze gufungwa insengero zitari nke. Bimwe mu byo izi nsengero cyane cyane izo muri Kigali zafunzwe zizira kutubahiriza, ni ukuba nta 'Sound proof' zabaga zifite dore ko inyinshi muri zo zatungwaga agatoki ko zisakuriza abazituriye. Ibindi bintu izi nsengero zitari zujuje ni ukutagira ubwiherero, kutagira aho imodoka ziparika n'ibindi.

Nyuma y'aho izi nsengero zifunzwe kimwe n'izindi zitafunzwe ariko zifite ibyo zishinja zitujuje, abanyamadini baziyoboye batangiye gukora iyo bwabaga, bashyira 'Sound proof' mu nsengero zabo, igikorwa na n'ubu usanga kirimo gukorwa cyane, gusa hakaba n'abagikora mu buryo bw'ibanga. Igiteye impungenge ariko ni uko izi 'Sound proof' bamwe bari gushyira muri izi nsengero, zitujuje ubuziranenge dore ko hari abari gukoresha matela, ikintu gishobora guteza inkongi y'umuriro igihe matela ihuye n'amashanyarazi nkuko biherutse kuba ku rusengero rwa ADEPR Gikondo/SEGEM.

ADEPR SEGEM

Abakoresha Sound proof zikozwe muri matela bari kwishyira mu kaga

Tariki ya 14 Werurwe 2018 urusengero rwa ADEPR Gikondo/SEGEM rwafashwe n'inkongi y'umuriro rurashya rurakongoka. Intandaro yo gushya kwarwo ni 'Sound proof' zikozwe muri matela bari barimo gushyiramo n'ubwo ubuyobozi bw'uru rusengero bwabiteye utwatsi. Nkurunziza Gedeon wahawe ikiraka cyo gushyira 'Sound proof' muri uru rusengero, yabwiye Inyarwanda.com ko atazi icyateye inkongi y'umuriro. Gusa bamwe mu bantu Inyarwanda.com yasanze ahebereye iyi nkongi y'umuriro, baduhamirije ko yatewe na Sound proof ikozwe muri matela.

ADEPR SEGEM

Hano ni mu rusengero rwa ADEPR Gikondo/SEGEM

Dr Ruhamya Colette ukora mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe kubungabunga ibidukikije (REMA) mu kiganiro na Inyarwanda.com yavuze ko ayo makuru atari ayazi, gusa ngo bagiye kubigenzura neza barebe koko niba urusengero rwa ADEPR SEGEM rwarahiye kubera sound proof ikozwe muri matela. Yavuze ko ubusanzwe 'Sound proof' yizewe hari ibikoresho byihariye kandi bizwi ikorwamo, bityo ngo abantu barimo gushyira mu nsengero Sound proof zikozwe muri matela ngo barimo kwishyira mu kaga kuko matela itizewe bitewe n'uko iteza inkongi y'umuriro.

Kuba insengero ziri gushyirwamo 'Sound proof' ikozwe muri matela higanjemo insengero za ADEPR, byatumye Inyarwanda.com twegera umuvugizi mukuru wa ADEPR Rev Karuranga Ephrem uherutse gutorwa muri manda y'imyaka itanu, tumubaza niba iki kibazo akizi na cyane ko biteye benshi impungenge, adutangariza ko nta makuru abifiteho. Mu mvugo yakoresheje, wumvaga asa n'ushaka kuvuka ko bitamureba kuko yavuze ko ari iby'abatekinisiye. Yagize ati: "Ibyo ni iby'abatekinisiye ntacyo mbiziho." Twagerageje kuvugana n'umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda, CP Theos Badege, ntibyadukundira kuko tutamubonye kuri terefone ye igendanwa. 

ADEPR SEGEM

Urusengero rwa ADEPR Gikondo rwarahiye rurakongoka

ADEPR SEGEM

Ibi ni byo bikoresho ADEPR SEGEM yakoresheje muri Sound proof

ADEPR SEGEM

Urusengero rwa ADEPR Gikondo rwafashwe n'inkongi y'umuriro rusigara rumeze gutya

AMAFOTO: Lewis IHORINDEBA-InyaRwanda.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Kos kid6 years ago
    Nonese ko batubwira ko babajije abaturiye ADPR gikondo bakababwira ko bakoresheje matera zikaba zarahiye ayo mafoto bayakuye hehe bazifotoye zitarashya cg bazifotoye zimaze gushya
  • tujye inama6 years ago
    ubundi soundproofing itangirira mu gukora ibishushanyo by'inyubako aho hari tekiniki zo kubaka ku buryo amajwi agumamo. ibi byo gushyiramo za matelas biterwa nuko nta batekinisiye bazi ibya sound proofing bahagije na bake dufite tukanga kubakoresha ukazasanga tujya kurwana n'urusaku nyuma. Urugaga rw'aba architectes rudufashe rutange amahugurwa ku bubatsi n'abatekinisiye bubwubatsi kandi natwe twemere tubakoreshe kuko ingaruka nitwe zigeraho.
  • fff6 years ago
    muzashake aba préventeurs (animateurs , coordinateurs QHSE ) kuko hari uburyo ibintu bikorwamo.nk iyo muba mubafite jtibari gutuma mushyira izo soubnds gutyo en plus ahantu hari installations z insinga z umuriro!!! hari normes muge mujya kubaza muri RSB kdi nabo bashyire imbaraga muri politiki zA préventions zabo. dore ibi byose biterwa ni uko ubona batabishyiramo imbaraga.ahandi bateye imbere ubu ni itegeko nta kigo ba certifia kidafite umu préventeurs!!





Inyarwanda BACKGROUND