RFL
Kigali

Imirimo yo gusenya ibibuga biri inyuma ya Stade Amahoro yatangiye, hagiye kubakwa inzu mberabyombi izuzura vuba cyane-AMAFOTO

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:30/10/2018 12:15
3


Mu minsi ishize nibwo Inyarwanda.com yatangaje amakuru ko ibibuga biri inyuma ya Stade Amahoro bigiye gusenywa hakubakwa inzu mberabyombi izajya iberamo ibikorwa binyuranye birimo n'ibitaramo. kuri ubu imirimo yo gusenya ibi bibuga hitegurwa kubakwa iyi nzu yatangiye aho ibibuga byatangiye kunyuzwamo imashini.



Imashini zatangiye gusiza zihereye ku kibuga cyajyaga cyitorezwaho na APR FC iyo yabaga iri kwitegura imikino n’amakipe yo mu Ntara afite ibibuga bitariho ’Tapis synthétique’ ndetse na Academie ya APR FC niho yajyaga yitoreza, icyakora ubona ko no kukindi kibuga kiri ku ruhande nacyo cyatangiye gutegurwa ngo gisenywe cyane ko uruzitiro rwacyo ndetse na bimwe mu bigize ikibuga byatangiye kwigizwa hirya.

Iyi nzu mberabyombi igiye kubakwa Inyarwanda.com ifite amakuru ko izaba yarangiranye n'ingengo y'imari y'uyu mwaka bivuze ko muri Nyakanga 2019 iyi nzu izaba yarangiye hatagize igihinduka. muri Minispoc mu buryo bweruye ntibaravuga byinshi ku kubaka iyi nyubako birimo ingengo y'imari igiye gutwara. gusa ukuri guhari ni uko iyi nyubako izajya ijyamo abantu ibihumbi icumi bicaye neza.

Iyi nzu mberabyombi byitezwe ko izajya ikorerwamo ibikorwa binyuranye birimo ibitaramo by'abahanzi, imikino inyuranye ndetse n'ibindi bikorwa bijyanye n'imikino n'imyidagaduro.Iyi nzu ije gusubiza ibibazo byibazwaga cyane n'abahanzi bahamyaga ko batabona aho gukorera ibitaramo hahagije dore ko iyi yo yaba ifite byibuza imyanya ibihumbi icumi by'abantu bicaye neza.

Minispoc

Ikibuga nubusanzwe cyari cyatangiye kwangirika

Minispoc

Minispoc

Minispoc

Hatangiye kunyuzwamo imashini

Minispoc

Minispoc

Minispoc

Minispoc

Imirimo irarimbanyije 

Minispoc

Intebe yicaragaho abakinnyi basimbura yigijweyo

Minispoc

Minispoc

Imirimo yo kubaka iyi nyubako izarangirana na Nyakanga 2019






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • peter5 years ago
    Nibyiza rwose iyo nzu yarikenewe ariko nanone umuntu yakwibaza niba master plan ibaho koko kuko gufata ibintu byatwaye amamiliyoni na mamiliyari byubakwa kugira umupira utere imbere uyu munsi nta n'imyaka 20 ishize bakaba bakubise hasi njye mbona ari ibintu bidafututse. Ese bari babuze ahandi hakubakwa iyo nzu ariko badasenye ibindi bikorwa remezo byari bihari? Ubu c ko biriya bibuga byatangaga umusanzu mukuzamura abana babanyarwanda muri ruhago hari aho byaba bihuriye n'imvugo birirwa ngo tugiye gukora ibishoboka duteze imbere ruhago duhereye mubato kdi mbona aho kubazamurira hari gusenywa? Ubu erega zone kanombe remera isigaye ntaho gukinira umupira hahari nyuma yuko aho abana b'ikanombe bakiniraga naho hasenywe. Rwose kubigaragara minispoc sinziko hari umurongo uhamye ifite kuko sinumva ukuntu twasobanuriwe umumaro wibyo bibuga ubwo byajgaga kubakwa nkuko babisobanuraga icyo gihe none bidateye kabiri. Ni ukuli ibikorwa byo kubaka inzu nkiyo nibyiza ndetse cyane, ariko solution ntago yari yogusenya ibindi bikorwa bya kijyambere nkabiriya bibuga kuko bitabaye ibyo mu myaka iri mbere niyo nzu wajya kumvango bahisemo ko isenywa kujyira bagure stade amahoro cg hubakwe hotel nibind nkibyo!
  • Juweri5 years ago
    Ariko aho kongera ibibuga n'ibihari murabisenya? I kigali hasiigaye ibibuga 5 ku bantu barenga 10.000 bakina umupira. Ubwo HE ataravuga nta wundi wafata icyemezo koko?
  • 5 years ago
    icyo kibuga cya cynthetic mu kitwihere igikondo imburabuturo. kijye gisora ntakibazo.





Inyarwanda BACKGROUND