RFL
Kigali

FESPAD yarangiriye i Nyanza nyuma y'umutambagiro wahuruje imbaga y'abatuye aka karere-AMAFOTO+VIDEO

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:3/08/2018 6:34
0


Iserukiramuco nyafurika ry'imbyino ryaberaga mu Rwanda FESPAD ku nshuro ya cumi ryamaze kurangira nyuma y'igihe kingana hafi n'icyumweru riri kubera mu duce tunyuranye tw'u Rwanda, aho bagiye mu karere ka Rwamagana, Huye, Musanze na Rubavu hakiyongeraho na Kigali aho ryatangiriye ndetse na Nyanza aho ryasorejwe.



Iri serukiramuco ryatangiye ku Cyumweru tariki 29 Nyakanga 2018, ryarangiriye i Nyanza kuri uyu wa Kane tariki 2 Kanama 2018 aho ibihugu byose byari byitabiriye byari byabukereye mu rwego rwo kumurika imbyino gakondo zo mu bihugu byabo. Umutambagiro wo gusoza FESPAD watangiye ku i saa munani z'amanywa aho bahagurukiye ku bigega bagasobanurirwa amateka y'ibigega berekeza ku Kigabiro  ahasobanuriwe amateka yo muri aka gace karimo na Kiliziya n'amashuri ya Kirisitu Mwami.

Reba hano uko byari byifashe mu birori byo gusoza FESPAD


Bakiva aha bahise berekeza i Bwami mu rukari ahobasobanuriwe amateka anyuranye y'ingoro y'Umwami ndetse n'ibice biyigize aha akaba ari naho hasorejwe iri serukiramuco mu gitaramo cyabereye ku mbuga yo mu rukari. Uyu mutambagiro witabiriwe n'abaturage benshi cyane. Ibihugu byose byitabiriye iri serukiramuco Nyafrika ry'imbyino byongeye kwiyerekana hatangirwa ubutumwa bunyuranye mu gusezera ku bashyitsi ndetse no kubibutsa ko n'ubutaha bazagaruka. Ibihugu byitabiriye iri serukuramuco byashimiwe na Minisitiri w'Umuco na Siporo Uwacu Julienne.

FESPADFESPADUmutambagiro watangiriye ku bigegaFESPADFESPADFESPADKu Kigabiro hatangiwe amateka menshi y'i Nyanza FESPADFESPADFESPADFESPADFESPADFESPADFESPADFESPADFESPADFESPADFESPADFESPADUyu mutambagiro wazengurutse umujyi wa Nyanza aho wari witabiriwe n'abantu benshiFESPADFESPADFESPADFESPADBatemberejwe ku ngoro y'umwami mu RukariFESPADUmuyobozi w'akarere ka Nyanza ageza ijambo ry'ikaze ku bitabiriye uyu muhangoFESPADFESPADRukizangabo Shami yayoboye iki gitaramoFESPADFESPADFESPADImbyino zinyuraye ziganjemo n'ubufindo nizo zaranze ababyinnyi bo muri RDCFESPADFESPADAbayobozi banyuranye bari baje kwihera ijisho iki gitaramoFESPADFESPADFESPADFESPADAbo muri Senegal imbyino zabo zasigaye mu mitwe ya benshiFESPADFESPADUmuyobozi w'Intara y'Amajyepfo ageza ijambo ku bari bateraniye ahaFESPADMinisitiri Uwacu Julienne ageza ijambo ku bari bitabiriyeFESPADFESPADFESPADMinisitiri Uwacu Julienne ashimira mugenzi we wa RDCFESPADFESPADFESPADMinisitiri w'Umuco muri Senegal amaze gushimirwa kuba yaraherekeje igihugu cye muri FESPADFESPADFESPADFESPADFESPADMinisitiri w'umuco muri Senegal yageneye impano u RwandaFESPADBurkina Fasso bashimiwe kwitabira FESPAD 2018FESPADCongo Brazaville yashimiwe kuba yaritabiriyeFESPADItorero Urukerereza bashimiwe uruhare bagize muri FESPAD

AMAFOTO: NSENGIYUMVA EMMY






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND