RFL
Kigali

Urupfu rwa Dr Jack rwerekanye urukundo n'ubutwari by'Abarundi. Abahanzi nyarwanda se bo babuze umwanya cyangwa ni amikoro?

Yanditswe na: Editor
Taliki:15/11/2014 9:42
24


Mu rukerera rwo kuwa Gatandatu tariki 8 Ugushyingo 2014 nibwo inkuru y’incamugongo yamenyekanye mu Rwanda no mu Burundi ko Producer akaba n’umuhanzi Uwayezu Jacques wamenyekanye nka Dr Jack yaguye i Burundi, akaba yarashyinguwe kuwa kabiri tariki 11 uku kwezi, abarundi bakaba baragaragaje urukundo n’ubutwari bwabo.



Hakimara gutangazwa iby’urupfu rwa Dr Jack, benshi mu bahanzi nyarwanda bagaragaje ko babuze umuntu ukomeye cyane ko yafashije benshi akanafasha byinshi mu iterambere rya muzika nyarwanda, nawe ubwe akaba yari umuhanzi dore ko yamenyekanye cyane mu itsinda ABAKIMAZE aririmbana na Faruk Dihno mu ndirimbo nyinshi zakunzwe harimo nk’iyitwa « Ikigabo cy’igisambo » ariko iri tsinda rikaza gusenyuka. Gusa aba bahanzi, benshi muri bo ntabwo bigeze bagaragara mu ishyingurwa ry’uyu mugabo barataga ubutwari.

tom

dr

dr

dr

Hakimara gutangazwa iyi nkuru, benshi mu banyarwanda bagaragaje akababaro

Mu Rwanda Dr Jack yakoreye abahanzi batandukanye indirimbo nyinshi zagiye zikundwa zikanabafasha gutera imbere, muri izo twavugamo Amahirwe ya nyuma ya The Ben, Sindi Indyarya ya Urban Boys, Mpamiriza ukuri ya Dream Boys na Jay Polly, Nakoze iki ya Riderman, Internat na Parlez za Neg-G, Kuba Ipatalo ya Tom Close, Unsange na Nyamusaninyange z’umuhanzi Fulgence, ndetse n’izindi zitandukanye zagiye ziba urwego abahanzi benshi b’abanyarwanda bazamukiyeho, imikorere ye myiza ikaba yaraje no kumuhesha kwegukana igihembo cya Salax Awards nka Producer w’umwaka.

Aha Dr Jack yari kumwe n'itsinda rya Urban Boys, nabo ni bamwe mu bahanzi yafashije cyane

Aha Dr Jack yari kumwe n'itsinda rya Urban Boys, nabo ni bamwe mu bahanzi yafashije cyane

Nyuma yo kuva mu Rwanda Dr Jack yanagiye gukorera i Bukavu, nyuma aza kujya i Burundi aho yafashije abahanzi bakomeye nka Big Fizzo, Sat-B, Lolilo n’abandi, aha naho akaba yarubatse amateka akomeye muri muzika y’u Burundi. Gusa aba bahanzi b’i Burundi ndetse n’abaturage baho berekanye ko bafite urukundo kandi barangwa no kuzirikana, kuko kuva uyu muhanzi yapfa bakomeje kwerekana ko ari umuntu wabo, haba kwa muganga ayo yaguye, mu gihe cyo kumushyingura ndetse na nyuma yaho, abahanzi bo muri iki gihugu bo bakaba baranishyize hamwe bakora indirimbo yo guherekeza uyu nyakwigendera.

dr

dr

dr

dr

dr

Abarundi bitabiriye imihango yo gushyingura Dr Jack ari benshi cyane

Abarundi bitabiriye imihango yo gushyingura Dr Jack ari benshi cyane

Gushyingurwa i Burundi kandi ari umunyarwanda byatewe  n’uko habuze amikoro yo kumugeza mu gihugu cye, aha bamwe bakaba baribwiraga ko abahanzi nyarwanda yafashije bashoboraga kwifatanya bakazana umurambo, gusa kuba bitarakozwe byo abantu ntibabitinzeho kuko n’ubusanzwe i Burundi naho yahafataga nk’iwabo, gusa abantu bakomeje kwibaza byinshi nyuma y’uko mu bahanzi b’abanyarwanda abazwi babashije kugera i Burundi ubwo yashyingurwaga ari Faruk baririmbanaga mu itsinda Abakimaze ndetse na Jackson Dado bagiye bakorana mu mishinga itandukanye, aha hakibazwa niba abandi bahanzi barabuze ubushobozi cyangwa se niba ari umwanya babuze ngo babashe kujya gusezera bwa nyuma kuri Dr Jack.

dr

dr

dr

dr

dr

dr

Abahanzi b'i Burundi berekanye urukundo n'agaciro bahaga Dr Jack banakora indirimbo yo kumusezeraho

Abahanzi b'i Burundi berekanye urukundo n'agaciro bahaga Dr Jack banakora indirimbo yo kumusezeraho

Nta muhanzi watungwa agatoki ndetse nta n’uwabihanirwa kuko buri wese afite uburenganzira n’amahitamo ye kandi abahanzi bose bakaba badahuje impamvu, gusa abantu ntibabura no kwibaza niba abahanzi b’abanyarwanda bazi ibyo bakorewe na Nyakwigendera baba barabuze amikoro, umwanya cyangwa se ubushake, kuburyo byagaragaye ko Dr Jack yari uw’Abarundi kuruta ko yari uw’Abanyarwanda kuko nta gikorwa cyakozwe n’abanyarwanda cyerekanye ko bamuzirikanaga nyabyo.

Ku ruhande rw’Abarundi, urukundo n’ubwitange berekanye mu gusezera bwa nyuma kuri Dr Jack bikaba bikwiye gushimwa cyane, n’abahanzi bakoze indirimbo irimo ubutumwa buvuga ibyiza Dr Jack yakoze ndetse inamwifuriza kuruhuka mu mahoro kikaba ari igitekerezo cy’ubutwari bagize kandi bakwiye gushimirwa.

Ese wowe kuba abahanzi nyarwanda bazi ibyo bakorewe na Dr Jack batarabashije kugaragara mu mihango yo kumuherekeza bwa nyuma ubona byaratewe n’iki ? Ni amikoro babuze ? Ni ubushake se ? Ni uko se batabimenye ? Cyangwa ni ukubura umwanya ? Wowe ubibona ute ?

Manirakiza Théogène






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • micyo9 years ago
    Gusa birababaje kandi biteye agahinda kubona nta muhanzi wumunyarwanda wagiyeyo nuburyo yabafashaga cyane mu muziki.
  • jimmy9 years ago
    abahanzi b,abanyarwanda ni urukundo batagira ariko ntibibajyirwe niyo nzira nabo
  • manzi9 years ago
    abanyarwanda bagukunda uhari cg iyo baziko haricyo baribugukureho
  • pascal manariyo 9 years ago
    Sha nagahinda kenshi i bujumura kubura umu Dj nka Dr jack. ariko urebye aba star burwanda ntabutwari berekanye kuko urebye nibo yakoreye byinshi,na Tom close????akanka kuza gushyingura !!!
  • Prince boatenge9 years ago
    Turafata mu mugongo umuryango wa Dr jack imana imuhe iruhuko ridashira.
  • joe9 years ago
    Mwese byose ndaira ngo ntacyo mutabonye ibiri mubanyarwanda abahanzi.
  • John9 years ago
    Biragayitse cyane kandi bigaragaza ko tutibuka aho twavuye .
  • murenzi9 years ago
    nari nsanzwe nanga ubwirasi bwabahanzi bo mu Rwanda none nahise mbangira icyo kuko ntamuntu utabonye urukundo rwanyu ruke koko nabo yafashije muri music yabo hakabura ujyayo koko nagahinda gusa mwigaye kd mujye mwigaya tjr.
  • mugisha rugigana sam9 years ago
    ndagaya cyane abanyarwanda gusa mumfashe nshimire cyan oops girl niwe muhanzi wo mu rwanda wadufashije cyanneeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeee
  • cedric9 years ago
    Abahanzi babanyagwanda twarabagaye mwisubireko kuba mutaraje gushigikira mwene wanyu peut etre k vous etes VIP mwatinyaga abarundi ko babacafuza mugabo twaramushinguye neza mumaholo ejo nitwebwe canke mwebwe mwisubireko
  • Peter9 years ago
    Birababaje cyane! umuntu yitabe Imana habure numwe byibura ngo ahagararire abandi! icyo nzi cyo nikimwe nuko mwese muzazima umwirato ugashira; ubu se Coga ko ya hitinz e ubu muramubona he! mushatse mwacisha make!
  • gafelege9 years ago
    nurukundoruke ariko birababaje
  • Fiston9 years ago
    Sha birababaje ariko ntakundi kwisi niko bigenda natwe i burundi vyaratubabaje gusa nyene abo bahanzi nabo ntawobarenganya kuko nibo bafise insiguro zihagije gutyo rero turindire ico bazobivugako
  • Turatsinze eric9 years ago
    nubugome kandi baca umugani bati umutindi umuvura ijijo bwaca akarigukanurisha.
  • aln9 years ago
    jye muribyi wo mu rwanda nzongera gufana,bazi itiku gusa nogukunda abariwo,
  • Robert9 years ago
    Abahanzi bose yahaye service batabonetse hariya,ndabagaye cyaneeee, kuko nabo bafite umubiri,ntabwo byari bikwiye!!!
  • Qvalite zena9 years ago
    Abanyarwanda abeshintabyotwamenye Gusa Umuryamgo Wanyakwigendera Ukomezekwihangana
  • Messi9 years ago
    Reka aba bahanzi nyarwanda ntarukundo bagira nuguhararana bitewe nicyo bagushakaho ntimuhora mubona ko ninaha baba bapingana gusa bisubireho kuko inshuti igaragara ahakomeye.
  • Butera Liliane9 years ago
    Umuryango wa Dr Jack ,mwihangane, kdi Imana imwakire mubayo, naho abahanzi bo mu Rwanda especially abo yafashije murantunguye ,icyakora mwibagirwa vuba kdi bidakwiye
  • Butera Liliane9 years ago
    Umuryango wa Dr Jack ,mwihangane, kdi Imana imwakire mubayo, naho abahanzi bo mu Rwanda especially abo yafashije murantunguye ,icyakora mwibagirwa vuba kdi bidakwiye





Inyarwanda BACKGROUND