RFL
Kigali

Kwirarira n'amanyanga byaba ari byo byatumye Mugabo Frank abengwa na Mukamisha Diane ku munsi w'ubukwe

Yanditswe na: Editor
Taliki:8/09/2014 13:50
14


Mu minsi ishize nibwo Inyarwanda.com yabagejejeho inkuru y’umusore witwa Mugabo Frank wabenzwe ku munota wa nyuma na Mukamisha Diane akamubenga ku munsi nyirizina w’ubukwe nyuma yo kumusaba, kumukwa ndetse no gusezerana na we imbere y’amategeko, aho Mugabo Frank yavugaga ko yazize ubukene no kutagira umuryango.



Muri iyi nkuru aho Mugabo Frank wavugaga ko Mukamisha Diane abifashijwemo na mukuru we bamujijije ko ari umukene kandi akaba adafite umuryango, gusa nk’uko Inyarwanda.com twabasezeranyije ko tuzabashakira icyaba kibyihishe inyuma, twabashije kumva n’uruhande rw’umukobwa aho basobanura amanyanga no kwirarira byaranze uyu musore Mugabo Frank ari nabyo byamuviriyemo kubengwa ku munota wa nyuma.

Mugabo Frank na Mukamisha Diane basezeranye imbere y'amategeko nk'umugore n'umugabo

Mugabo Frank na Mukamisha Diane basezeranye imbere y'amategeko nk'umugore n'umugabo

Nk’uko Mugabo Frank yari yabihamirije Inyarwanda.com, ku itariki ya 21/06/2014 yasezeranye na Mukamisha Diane mu murenge wa Mukarange wo mu karere ka Kayonza, ndetse uwo munsi ni nabwo habaye imihango yo gusaba no gukwa yabereye i Rukara, bakaba barasezeraniye hafi y’iwabo w’umukobwa kuko bashakaga kubikorera rimwe no gusaba no gukwa.

Nyuma yo gusaba no gukwa, bahise batangira imyiteguro yo gusezena imbere y’Imana bagahita banabana nk’umugore n’umugabo, ibyo byagombaga kuba ku itariki ya 28/06/2014. Igihe cyagiye kugera aba bombi babanye neza, ndetse ku itariki 28/06/2014, Mugabo Frank ahamya ko we n’uwari yaramaze kuba umugore we imbere y’amategeko bagiye kwigira umubano bwa nyuma mu rusengero rwa ADEPR Nyarugunga, dore ko bari barateguye ko bazasezeranira mu mujyi wa Kigali bakanahatwikururira hanyuma bakabona kwerekeza i Muhanga ari naho hari hateganyijwe urugo rushya rw’abageni.

mugabo

Bari barasezeranye kuzabana akaramata ariko ntibabanye n'umunota umwe

Bari barasezeranye kuzabana akaramata ariko ntibabanye n'umunota umwe

Nk’uko uyu musore  yakomezaga abihamya, tariki ya 27/06/2014 ku mugoroba habura amasaha macye ngo ubukwe bube, mukuru wa Mukamisha Diane usanzwe uba muri Amerika yagiye i Gitarama (Muhanga) aho Mugabo Frank atuye, agenda ari kumwe n’umushyingira wa Mukamisha Diane (Maraine) bitwaje amashuka yo gusasa, uwo mukuru w’umugore we ajya mu cyumba arasasa.

Frank akomeza asobanura ko uwo mukuru w’umugore we yamubajije impamvu nta bantu bahari, undi amubwira ko impamvu ari uko ubukwe bugomba kubera i Kigali bityo hakaba hari ababyeyi babiri gusa bagombaga gusigara ku rugo abandi bose bakaba bari hafi y’ahazabera ubukwe. Frank yavugaga ko yabonye uwo mukuru wa Diane arakaye ndetse ahita anagenda we n’uwagombaga gushyingira murumuna we, asiga avuze ngo ntiyumva ukuntu bashyingira Mukamisha ku musore utagira umuryango.

Ubusanzwe bari babanye neza ndetse basezeranye bishimye

Ubusanzwe bari babanye neza ndetse basezeranye bishimye

Aha niho byose bizingiye, nibwo hatahuwe amanyanga no kwirarira bya Mugabo Frank. Ese umuryango w’umukobwa wo urabivugaho iki?

Umusore witwa Abahari Amisa ni we mushoferi watwaye Mugabo Frank, mukuru wa Mukamisha witwa Zainab n’umugabo we ndetse n’uwagombaga gushyingira Mukamisha Diane (Maraine) abavana i Kigali abajyana i Muhanga kwa Frank aho bari bajyanye ibintu bari baguze i Kigali ariko banagiye gusasa nk’uko na Mugabo Frank yari yabitangaje. Nk’uko uyu musore Amisa yabishimangiye mu kiganiro yagiranye na Inyarwanda.com, uyu munsi babaye bakigera aho kwa Mugabo Frank, umushyingira na mukuru w’umukobwa bajya mu cyumba gusasa naho we n’umugabo wa mukuru w’umugeni  basigara baterura ibintu byari byaguzwe i Kigali babishyira muri iyo nzu, barangije baguma hanze baba baganira. Gusa icyaje kubatangaza ni uko basanze muri urwo rugo nta bantu benshi bahari uretse abagore babiri bahasanze, hanyuma bababaza impamvu hakonje bakababwira ko nta muryango Frank afite aho, ko batanamuzi cyane kuko ari bwo yari agikodesha ahongaho. Kuva ubwo Mugabo Frank yumvise abo bantu bamuvuyemo maze ahita agenda aburirwa irengero, kuko ibyo kuba akodesha kandi yimukiye vuba aho byari bibatangaje. Kubera ko ku munsi w’ubukwe byari kuba ari umunsi w’umuganda, baje gushaka Mugabo Frank ngo bamujyane i Kigali atazabura imodoka ihamugeza kubera umuganda baramubura ndetse na telephone ye bayigerageje basanga ntiri ku murongo, bataha bumiwe ari nabwo byatangiye kugaragara ko ubukwe bushobora kuba bugiye gupfa.

Iyi niyo nzu Mugabo Frank yari yarateganyije, n'ubwo yayikodeshaga yabeshyaga ko ari iye bwite

Iyi niyo nzu Mugabo Frank yari yarateganyije, n'ubwo yayikodeshaga yabeshyaga ko ari iye bwite

Ubwo muri ako kanya bari babaye nk’abakubiswe n’inkuba, kuko ari bwo bwa mbere bari bamenye ko Mugabo Frank inzu abajyanyemo atari iye bwite, ndetse batangira no gukeka ko ibyo yari yarababwiye mbere byose ashobora kuba ntabyo afite byari ukwirarira.

Izi nzu zombi Frank yabeshyaga ko ari ize bwite yiyubakiye

Izi nzu zombi Frank yabeshyaga ko ari ize bwite yiyubakiye

Ubwo umunsi nyirizina warageze, Mugabo Frank ajya i Kigali ngo ajye gufata umugeni ku Kicukiro ariko icyo gihe umuryango wari wateranye ubona ko bikabije batabasha gushyingira umukobwa wabo kuri Mugabo Frank, kuko yari yaramaze kwiyemera akavuga amazu n’imitungo ihambaye afite kandi byose nta na kimwe yari afite, cyane ko bitari ubwa mbere agaragaraho amanyanga bakayihanganira, kuko bemeza ko na mbere ubukwe bwigeze gushaka gupfa umukobwa agashaka kubivamo ariko umuryango ukamuhendahenda, icyo gihe bakavuga ko aria bantu bashaka kwica ubukwe.

mugabo

mugabo

Bamaze gusezerana kubana akaramata ibyishimo byari byose kuri bombi ariko ibintu byaje guhinduka

Mu kiganiro Inyarwanda.com twagiranye na Ndoli Joseph Salim; musaza wa Mukamisha Diane ndetse ari na we uhagarariye uyu muryango, yadutangarije ko ubusanzwe Mugabo Frank we yari yarabeshye umukunzi we Mukamisha Diane ndetse n’umuryango w’umukobwa ko inzu bagiye kubamo ari iye bwite yubatse, ndetse ko n’iruhande rwayo hari indi nziza cyane ariko yo bakaba batazayibamo, ko ahubwo irimo abapangayi bayikodesha bazajya babishyura amafaranga azabafasha mu rugo rwabo, ibyo umuryango w’umukobwa wumva ni igitekerezo cyiza barabishyigikira.

Imwe muri izi nzu, Mugabo Frank yavugaga ko bazayibamo naho indi nziza bakayiha abayikodesha ikajya ibinjiriza

Imwe muri izi nzu, Mugabo Frank yavugaga ko bazayibamo naho indi nziza bakayiha abayikodesha ikajya ibinjiriza

Iyi nzu nini niyo Mugabo Frank yabeshyaga ko ari iye ariko ikajya ikodeshwa

Iyi nzu nini niyo Mugabo Frank yabeshyaga ko ari iye ariko ikajya ikodeshwa

mugabo

mugabo

mugabo

Mugabo Frank yanasabye Diane Mukamisha ndetse aranamukwa, aha bari iwabo w'umukobwa mu Mutara

Mugabo Frank yanasabye Diane Mukamisha ndetse aranamukwa, aha bari iwabo w'umukobwa mu Mutara

Uretse ibyo, Mugabo Frank yari yarabeshye umukobwa ko afite andi mazu mu Ruhengeri ndetse n’i Kigali, kandi akaba anafite ikigo cy’ubwubatsi (enterprise) nyamara bimwe mu byo yakoze mu gihe cy’imyiteguro y’ubukwe ndetse no mu gusaba no gukwa byerekanye ko yabeshyaga, kuko byinshi byakozwe n’umukobwa uretse inkwano yahawe. Uyu mukobwa ngo ubundi yari afite iduka mu Mutara ariko yararigurishije kugirango abashe kwitegura ubukwe.

Uburyo Mugabo Frank na Mukamisha bahuye nabyo ubwabyo bitandukanye n’ibimenyerewe muri iki gihe

Uyu musaza wa Mukamisha Diane, avuga ko ubundi Mugabo Frank yabaga i Kigali, agasaba umusore w’inshuti ye kuzamurangira umukobwa w’imico myiza babana kuko abona amaze gukura, undi nawe amurangira Mukamisha Diane w’iwabo mu Mutara maze Mugabo Frank ajya mu Mutara agiye gusura uwo musore, bahita bajyana iwabo wa Mukamisha Diane ari nabwo bahuye umusore agasaba umukobwa ko bazabana, umukobwa amubwira ko yamuha igihe bakabanza bakamenyana.

Umuhungu wari umaze kwemeranywa na Mukamisha ko bakundana bakazabana, yakomeje kumushyiraho igitutu ngo bashakane vuba anamuhamiriza ko afite ubushobozi kandi akaba akuze kuburyo akeneye gushaka umugore, ibi bituma Mukamisha Diane akoranya umuryango maze ababwira uko byifashe, uyu musaza we Ndoli Joseph Salim nawe akaba yarabanje kubyanga ariko aza kubyemera kuko yumvaga Mugabo Frank ari umurokore wo mu itorero rya ADEPR bityo akaba atabeshya umukunzi we ndetse n’umuryango.

mugabo

mugabo

Mugabo

mugabo

Mugabo Frank na Mukamisha Diane beretse ababyeyi ibirori by'igice, umunsi bagombaga kubana mu miryango bamera nk'abapfushije

Mugabo Frank na Mukamisha Diane beretse ababyeyi ibirori by'igice, umunsi bagombaga kubana mu miryango bamera nk'abapfushije

Ni uko igihe kiza kugera bapanga ubukwe, barasaba, barakwa ndetse bajya no gusezerana imbere y’amategeko, kugeza icyo gihe umukobwa yari atarasura umuhungu ngo amenye aho avuga ko yubatse ndetse n’umuryango w’umukobwa igihe wapangaga kujya gusura umukwe wabo, uyu musore yashakaga impamvu ataboneka ibyo kumusura bigapfa bari babyiteguye, bivuga ko urugo Mukamisha Diane yari yiteguye gutahamo atari aruzi ariko yari azi ko ari urugo rwiyubashye cyane kuburyo yanabisobanuriraga umuryango bakumva ni ahantu hameze neza.

Ibijyanye no gusubizwa inkwano ndetse n’ibindi byakoreshejwe ntibabivugaho rumwe

Mugabo Frank yari yatangaje ko umuryango w’umukobwa wanze kugira icyo umusubiza yaba inkwano cyangwa ibindi yakoresheje muri iyo myiteguro y’ubukwe, aho yavugaga ko yakoye umukobwa amafaranga y’u Rwanda 800.000 kandi ubukwe bwe bwose akaba yarabutakajeho asaga miliyoni eshanu, gusa Ndoli Joseph Salim uhagarariye umuryango w’umukobwa, we ibi yabiteye utwatsi avuga ko amafaranga y’inkwano yo koko ari 800.000 by’amafaranga y’u Rwanda ariko nyuma y’uko ubukwe bupfa imiryango ikaba yarateranye, umuryango wa Mugabo Frank usabwa gutanga urutonde rw’ibyo bakoresheje n’amafaranga yabyo kugirango babisubizwe, baza gusanga agaciro kabyo kagera ku mafaranga y’u Rwanda arenga gato miliyoni imwe n’ibihumbi magana ane (1.400.000 Frw).

Gusa uyu Ndoli akomeza avuga ko banze guhita batanga ayo mafaranga, basaba ko Mugabo Frank yatanga ikirego mu rukiko asaba gatanya, bamara kubatandukanya nk’abashakanye imbere y’amategeko bakabona guha umuryango wa Frank Mugabo ayo mafaranga bagomba gusubizwa. Gusa Frank we ibi ntiyigeze abikora, kuburyo kugeza n’ubu umuryango w’umukobwa uhamya ko ayo mafaranga ahari kandi biteguye kuyatanga igihe cyose ibyo kubatanya bizaba byakemutse.

Kugeza ubu uyu mukobwa Mukamisha Diane ari muri gahunda zo kwisubirira kwiga mu gihugu cya Uganda muri Kampala International University kuko ubusanzwe yarangije amashuri yisumbuye, naho Mugabo Frank we akora mu ruganda rw’ikawa i Shyogwe mu karere ka Muhanga.

Manirakiza Théogène






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • manasseeh9 years ago
    ibi ndumvu bizakemukira murukiko kuko ndumva buri rihande rwararenganye!!
  • Shema eric9 years ago
    Mbega abahungu bikigihe uwomukobwa niyake gatanya hakirikare uwimana yamugeneye suwo azabona umukwiye
  • kaneza9 years ago
    Noneho abatagira umuryango ntago bazanjya bashaka kuba yarabeshye KO amazu araye byari gutuma badakora ubukwe
  • kaneza9 years ago
    Noneho abatagira umuryango ntago bazanjya bashaka kuba yarabeshye KO amazu araye byari gutuma badakora ubukwe
  • cyiza9 years ago
    erega abageni bose ntibataha muzabo ahubwo iyo amubwiza ukuri
  • Victo9 years ago
    Kubeshya umuntu muzabana, nubujejera. Ndabona umuhungu yarashakaga imitungo yumukobwa.
  • birababaje9 years ago
    mu rukundo iyo hajemo kubeshyana bibi byapfuye
  • king bwimba9 years ago
    yampaye inka umwami Rudahigwa nkunda kwirahira! ndumiwe koko! ahhhh reka nkomeze nibere umusore ntacyo bintwaye!!! aho kwiyemera waba imbwa mr
  • KIARA9 years ago
    HUMMM.IBYO BIREZE,HARI ABAHUNGU BABA BASHAKA KURYA AMAFARANGA Y,ABAKOBWA BAKABABESHYA,KUGIRANGO NIBAMARA KUBANA UMUKOBWA ASIGARE ARIWE UTUNZE URUGO.GUSA IMANA IKUNDA ABAYIYAMBAZA.ABAKOBWA BESHI DUFITE UBUPFAPFA BWO GUKUNDA KUGERA UBWO UBONA IKINTU GIKOMEYE UKAKIRENZA AMASO NGO WAKUNZE,UKAZISANGA NYUMA WISHWE NAGAHINDA NGO BAKUBESHYE KANDI NAWE WARANZE KUREBA.NZI ABO BYABAYE,KANDI NANJYE BYAMBAYEHO.GUSA IMANA IRAHARI ,ABAYIYAMBAZA IRABATABARA
  • Rodis9 years ago
    Uyu musore niyihangane kandi nuko yabeshye gusa, kdi abashaka bose siko baba mu zabo. ubutaha niyongera kurambagiza azavugishe ukuri!!
  • Muhoza Nsolo 9 years ago
    Nya musore iyo avugisha ukuri ntibyari kugenda gutyo yarihemukiye umukobwa nawe kuki ashaka ntamakuru afite ubwose barakundanaga?
  • koko9 years ago
    umukobwa nawe ni feke usanga umuntu utamusuyese?,utazi aho ujya,ese ubundi mugusezerana ntiyabonye ibyo yandikishije?nagende azabona urihamyuma yuwo wananduye sirimu gusa azagaruke asabe ikigongwe.
  • nishimwe herve9 years ago
    yooyooyo mbegamushikiwacu ubabaje shaihangane buriyahari uwawe
  • kuri5 years ago
    Yego, kubeshya ni bibi.





Inyarwanda BACKGROUND