RFL
Kigali

Nyuma y'uko Ben Kayiranga ahamirijwe na Kitoko ko afite umukunzi mwiza, basezeranye imbere y'amategeko - AMAFOTO

Yanditswe na: Editor
Taliki:20/07/2014 12:21
3


Ku wa gatanu tariki 18 Nyakanga 2014 nibwo umuhanzi Ben Kayiranga yasezeranye imbere y’amategeko na Josephine Uwizeyimana, imihango yo gutera igikumwe bakemeranywa kubana nk’umugore n’umugabo ikaba yarabereye ku murenge wa Nyarugenge mu mujyi wa Kigali.



Nk’uko twabitangarijwe na Ben Kayiranga, ubu ibintu kuri we byahindutse kuko yiyumba nk’umuntu w’umugabo ukomeye kandi akaba akundira uyu mugore we ko azi gukunda kandi akabishyira imbere, ubu iby’ubusore n’ubugaragu akaba yabisize inyuma akaba yiyemeje kubana akaramata n’umukunzi we Josephine bamaranye imyaka ibiri bakundana.

KAYIRANGA

BEN

Aha bahabwaga inyigisho zigenewe abagiye gusezerana imbere y'amategeko

Aha bahabwaga inyigisho zigenewe abagiye gusezerana imbere y'amategeko

ben

Ben Kayiranga n'umukunzi we basezeranye kubana akaramata

Ben Kayiranga n'umukunzi we basezeranye kubana akaramata

Ben Kayiranga ati: “Ubu ndumva nabaye umugabo ukomeye, ubusore n’ubugaragu mbisize inyuma. Umukunzi wanjye mukundira ko azi gukunda kandi akabishyira imbere y’ibintu byose, nkongeraho no kuba amfasha gusenga cyane”.

Ben

ben

Ubu Ben Kayiranga na Josephine imbere y'amategeko ni umugabo n'umugore

Ubu Ben Kayiranga na Josephine imbere y'amategeko ni umugabo n'umugore

Aha bari bafite agatabo kanditsemo amasezerano bagiranye

Aha bari bafite agatabo kanditsemo amasezerano bagiranye

Inshuti n'abavandimwe bashimiye Kayiranga intambwe yateye

Inshuti n'abavandimwe bashimiye Kayiranga intambwe yateye

Uyu mukunzi wa Ben Kayiranga bakundanye guhera mu mwaka wa 2012, yakomeje kubihamirizwa na Kitoko Bibarwa wamenyekanye mu ndirimbo nk'Urukundo, Akabuto n'izindi, uyu akaba yaramuhamirije ko afite umukunzi wavamo umugeni mwiza none nawe yahise afata iya mbere. Si Kitoko gusa kandi, Lucie Mignone nawe yahaye Ben Kayiranga ubuhamya bw'uko Josephine yavamo umugeni mwiza cyane.

ben

ben

ben

Nyuma yo gusezerana mu mategeko, ubu Ben Kayiranga ariyumva nk'umugabo ukomeye

Nyuma yo gusezerana mu mategeko, ubu Ben Kayiranga ariyumva nk'umugabo ukomeye

Nyuma y’iyi mihango yo gusezerana imbere y’amategeko, biteganyijwe ko ku itariki ya 17 z’ukwezi gutaha kwa Kanama ari bwo Ben Kayiranga azajya iwabo wa Josephine akamusaba ndetse akamukwa, tukazakomeza kubakurikiranira no kubagezaho ibirori by’ubu bukwe bwabo uko bizagenda bikurikirana.

Manirakiza Théogène






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • akabuto9 years ago
    mbifurishe urugo ruhire. ntamakuru ya kitoko bibarwa mwaturusha ? plz we need to be updated
  • LIONEL 9 years ago
    bazagire urugo ruhire babyare hungu na kobwa.
  • furaha9 years ago
    barajyanye pe no problem





Inyarwanda BACKGROUND