RFL
Kigali

Muri gereza ebyiri zo mu Rwanda harabarirwa abarenga 500 banduye agakoko gatera SIDA

Yanditswe na: Robert Musafiri
Taliki:17/09/2014 14:27
1


Ubushakashatsi bwakorewe muri gereza ya Nsinda ndetse na gereza ya Rusizi bwagaragaje ko abagororwa 519 muri izi gereza zombi babana n’ubwandu bw’agakoko gatera SIDA.



Ubu bushakashatsi bwagaragaje ko Gereza ya Nsinda(Rwamagana) ifite abagororwa 325 babana n’ubwandu bw’agakoko gatera SIDA,  mu gihe gereza ya Rusizi yo ifite abagororwa  bagera ku 194  babana n’ubwandu bw’agakoko gatera SIDA.

Umuryango Mpuzamahanga ukurikirana ibya SIDA (AIDS Healthcare Foundation -AHF), wakoze ubu bushakashatsi  nyuma y’aho muri izi gereza zombi  hatangiriye igikorwa cyo gupima abagororwa  bahafungiye babyifuza, igikorwa cyatangiye mu kwezi kw’Ugushyingo mu mwaka w’2013.Uyu muryango ukaba ukomeza uvuga ko muri izi gereza hagenda hagaragara ubwandu bushya.

Mu  kiganiro ikinyamakuru Izuba Rirashe cyagiranye n’Umuyobozi w’Urwego rw’Imfungwa n’Abagororwa (RCS),    Gen. Paul Rwarakabije yavuze ko ubwandu bw’agakoko gatera SIDA mu magereza buhari ariko bugenda bugabanuka cyane.

 Gen. Rwarakabije akomeza akomeza avuga ko ubwandu  bw’agakoko gatera SIDA muri gereza zo mu Rwanda bwari kuri 4% mu mwaka w’2009, ariko mu mwaka w’2013  ubushakashatsi bukaba bwaragaragaje ko bwagabanutse kugera kuri 0,4%.    

Zimwe mu ngamba urwego rwa RCS rwashyizeho kugira ngo ubwandu bw’agakoko gatera SIDA bugabanuke, ni ugupima  abantu binjiyemo, abo babonye barwaye bakabakurikiranira hafi  bagatangira no gufata imiti.

Ubushakashatsi ku bwandu bw’agakoko gatera SIDA buherutse gushyirwa ahagaragara na Minisiteri y’Ubuzima  mu Rwanda,   bwagaragaje ko abanyarwanda  226,225 bangana na  3% by’abanyarwanda bose,banduye agakoko gatera SIDA.

Robert Musafiri






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • 9 years ago
    WWW,INYARWANDA,CM





Inyarwanda BACKGROUND