RFL
Kigali

Meddy, The Ben na K8 Kavuyo biyemeje gukaza urugamba isi yose ikamenya u Rwanda

Yanditswe na: Editor
Taliki:20/10/2014 17:37
9


Meddy, The Ben, K8 Kavuyo na PressOne nk’inzu batunganyirizamo umuziki wabo, bamaze gutera indi ntambwe ikomeye yo kwereka iyi yose u Rwanda n’iby’i Rwanda, ubu bakaba batangiye gucuruza mu buryo bw’ikoranabuhanga imyenda igaragaramo ijambo “Ndi uw’i Kigali” iri rikaba ari ijambo risobanuye byinshi kuri bo.



Nk’uko Inyarwanda.com yabitangarijwe n’umuhanzi The Ben, ubu barashaka kwereka isi yose ko batewe ishema no kuba abanyarwanda, bakaboneraho no gusaba abanyarwanda baba hirya no hino mu mahanga ko nabo baterwa ishema n’aho bakomoka, bagakomeza kwerekana ko bishimira kandi birata kuba bakomoka i Rwanda, n’abari mu Rwanda nabo ntibibagirwe kwereka buri wese ko bishimiye aho bari.

The Ben, Meddy na K8 Kavuyo aha bari kumwe n'abayobozi batandukanye

The Ben, Meddy na K8 Kavuyo aha bari kumwe n'abayobozi batandukanye

 Ubu aba abahanzi batangiye gusakaza ku isi hose imyenda yanditseho “Ndi uw’i Kigali”, iri rikaba ari izina ry’indirimbo y’aba bahanzi ari nayo bashaka kugira intero berekana uburyo batewe ishema no kuba bakomoka mu Rwanda n’ubwo bibera muri Amerika, ubu buri wese aho ari hose ku isi akaba ashobora kubona iyi myenda, binyuze ku buryo bw’ikoranabuhanga bwo kugura binyuze ku rubuga rwa Internet (online) hanyuma nk’abanyarwanda bagakomeza gushimangira ko ari ab’i Kigali.

Abanyarwanda batandukanye bakomeje guterwa ishema n'iyi ntero yo kwereka amahanga ko bishimira abo bari bo

Abanyarwanda batandukanye bakomeje guterwa ishema n'iyi ntero yo kwereka amahanga ko bishimira abo bari bo

Nk’uko bakomeza babisobanura, kuvuga ko umuntu runaka ari uw’i Kigali ntibishatse gusobanura ko abandi banyarwanda bo mu bindi bice bo batarimo, ahubwo Kigali nk’umurwa mukuru w’igihugu ihagarariye u Rwanda, kuburyo n’uwo mu ntara iyo ariyo yose yo mu Rwanda nawe ari uw’i Kigali, kuko byanze bikunze nawe afite ibyo akenera kandi akesha Kigali nk’umurwa w’igihugu cye.

Abantu bo hirya no hino bakomeje gutunga iyi mipira ku bwinshi

Abantu bo hirya no hino bakomeje gutunga iyi myenda ku bwinshi

Kugeza ubu ushaka kubona iyi myenda, mu gihe yaba afite uburyo bwo kugura akoresheje itumanaho rya Internet (online) yajya kuri http://www.cafepress.com/pressonerwanda agahita asaba kubona iyi myambaro, naho ku bantu bari mu Rwanda ariko batabasha gukoresha iryo tumanaho nabo hari amasezerano aba bahanzi barimo kugirana n’umunyabugeni mu bw’imyambaro witwa Francis Zahabu, kuburyo yazageza iyi myenda mu banyarwanda bagakomeza nabo kwerekana ko batewe ishema n’abo baribo kandi ko bahisemo kwihesha agaciro.

Manirakiza Théogène






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • uwumukiza nany9 years ago
    kbs bahungu bacu turabashyigikiye
  • niyonsenga djamilla9 years ago
    nibyiza kwohesha agaciro.ibyo ni byiza cyane.kuko bituma igihugu nacyo gitera imbere.ndabishimye bakomereze aho.turabashyigikiye
  • niyonsenga djamilla9 years ago
    nishimiye ibyo bariya bahanzi bsrimo gukora.ni byiza.kuko barimo guteza igihugu imbere ndetse kikabash kumenyekan kwisi yose.bakomereze aho turabashyigikiy twese
  • nana9 years ago
    ahubwo bayizane no muri EAC,ndetse no mu Rwanda
  • Emmy9 years ago
    woow! turabyishimiye natwe.
  • Xri69 years ago
    Twe bo muntara se twe bizagenda gute?
  • 9 years ago
    genda rwanda urabyiruye .mukomereze aho
  • 9 years ago
    birashimishije kweri gusa .coulage
  • murungi 9 years ago
    Nibyiza cyane





Inyarwanda BACKGROUND