RFL
Kigali

Knowless yiyemeje gutanga umusanzu we mu kurwanya icuruzwa ry'abana b'abakobwa mu mahanga

Yanditswe na: Editor
Taliki:23/10/2014 16:51
6


Umuhanzikazi Butera Knowless ni umwe mu biyemeje kurwanya icuruzwa ry’abana b’abakobwa akoresheje imbaraga z’umuziki akora, ubu akaba amaze iminsi muri uru rugamba ariko anasaba ko buri wese yamufasha kuko abona ari ikibazo gikomeye kidakwiye guharirwa abantu bamwe, ahubwo buri wese akaba akwiye kubigira ibye.



Knowless amaze iminsi yitabira ibitaramo bitandukanye bijyanye n’umunsi w’umwana w’umukobwa, aho mu butumwa bwakomeje gutangwa harimo n’ubwo gukangurira abana b’abakobwa mu kugira uruhare mu guhashya icuruzwa ry’abana b’abakobwa rikorwa mu bihugu bitandukanye harimo ibihugu byo mu karere ndetse n’ibindi bya kure y’u Rwanda.

Uretse mu butumwa atanga mu bitaramo, Knowless yumva n'ubundi buryo azabasha azabukoresha mu guhashya iki kibazo

Uretse mu butumwa atanga mu bitaramo, Knowless yumva n'ubundi buryo azabasha azabukoresha mu guhashya iki kibazo

Iki kibazo cy’icuruzwa ry’abantu ariko cyane cyane abana b’abakobwa, cyakomeje kugarukwaho n’abayobozi batandukanye mu nzego nkuru za Leta y’u Rwanda ndetse n’inzego z’umutekano, kuri Knowless we akaba asanga bikwiye kuba ingamba za buri wese akumva ko akwiye gukora ibishoboka byose ngo iki kibazo kirangire burundu kuko umutungo u Rwanda rufite ukomeye cyane ari abanyarwanda.

Knowless ati: “Njye numva ko dukwiye kubigira ibyacu, njye ubwanjye simfite imbaraga zihambaye ariko ubushake n’umuhate ndabifite, tumaze iminsi tugerageza kubikangurira urubyiruko mu bitaramo bitandukanye ariko n’ubu njye ndacyakomeje numva nifuza ko buri wese yabigira ibye tugafatanya buri wese agatanga umusanzu we ariko ibi bintu birakabije, u Rwanda nta kindi dufite cyaruta abanyarwanda”.

Butera Knowless yumva nta mutungo u Rwanda rufite waruta abanyarwanda

Butera Knowless yumva nta mutungo u Rwanda rufite waruta abanyarwanda

Nk’uko Knowless akomeza abisobanura, asanga abana b’abakobwa ubwabo bari bakwiye kugira ubushishozi bakajya birinda uwashaka kubizeza ibitangaza abajyana hanze y’u Rwanda kuko bishobora gushyira ubuzima bwabo mu kaga, abandi banyarwanda nabo bagafatanya mu kurushaho gukangurira n’abandi batarasobanukira ko bakumira iki kibazo kimaze gufata intera ndende mu Rwanda. 

Manirakiza Théogène






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • 9 years ago
    Oya birakabije rwose abanyarwanda twese turabyamaganira kure kdi tukuri nyuma kuri cyo kibazo
  • Karim9 years ago
    Yoooo!!! Uri uwambere pee!!! Ubwenge bwawe burabigaragaza. Tukuri inyuma rwise
  • peace9 years ago
    yoo urakoze kwitanga kd ubwo butwari uzabuhorane tukurinyuma pe
  • uwimana emmanwel9 years ago
    noresi butera turagushyigikiyr kandi tukurinyuma icyo gitekerezo nikiza umunyarwanda wese agihe agaciro keshi butera urakoze cyane
  • 9 years ago
    yoo!noreri numuntuwumugabo.
  • 9 years ago
    buteraweh turagushigikiye komezintabweyaweuyiterimbere. abanababakobwabariguchuruzwa, imana ibigufashemo





Inyarwanda BACKGROUND