RFL
Kigali

Kizito Mihigo yiyemeyere ibyaha aregwa abamwunganira mu mategeko bo bakomeza kuvuga ko ntabyo yakoze

Yanditswe na: Editor
Taliki:6/11/2014 12:18
18


Umuhanzi Kizito Mihigo yagaragaje kutumva ibintu kimwe n’abamwunganira mu mategeko kuko we yiyemerera ibyaha ashinjwa mu gihe abamwunganira bo bahakana bakavuga ko ibyo ashinjwa ntabyo yakoze.



Mu gitondo cyo kuri uyu wa kane tariki 6 Ugushyingo 2014 nibwo urubanza ruregwamo Kizito Mihigo na bagenzi be rwasubukuwe ku cyicaro cy’urukiko rukuru mu mujyi wa Kigali, muri uru rubanza nk’uko Kizito Mihigo yabyemeye ataratangira kuburana, n’ubundi akaba yemeye ibyaha ashinjwa, ariko habanza kuburanishwa ikijyanye no kuba yaragize uruhare mu kurema imitwe y’abagizi ba nabi, n’ubwo acyemera abamwunganira bakaba batsembye bavuga ko ntacyo yakoze kuko iyo mitwe n’ubusanzwe yari iriho na mbere.

Kizito Mihigo ataraburana nabwo yiyemereraga ibyaha byose ashinjwa

Kizito Mihigo ataraburana nabwo yiyemereraga ibyaha byose ashinjwa

kizito

kizito

kizito

Aha ni mu minsi ishize ubwo urubanza rwasubikwaga kubera ko batari barabashije kubona amadosiye yabo

Aha ni mu minsi ishize ubwo urubanza rwasubikwaga kubera ko batari barabashije kubona amadosiye yabo

Nk’uko tubikesha Makuruki.com, Kizito Mihigo yiyemerera ko mu kwezi kwa Werurwe yagiye agirana ibiganiro n’umuntu uba hanze witwa Sankara kandi akaba ari mu mutwe urwanya Leta y’u Rwanda wa RNC. Kizito avuga ko baganiraga amagambo asebya Leta, ndetse banacura umugambi wo gushaka kwica umukuru w’igihugu na bamwe mu bandi bayobozi.

Hari itangazo ngo ryagombaga gusohoka ryiswe ’Impinduramatwara y’ABATANGANA , Gacanzigo’, yari kuba ikubiyemo ubutumwa buhamagarira abantu ubumwe n’ubwiyunge ariko hakangurirwa abaturage, cyane urubyiruko kwivumbura ku butegetsi buriho, ngo kuko nta bwiyunge buri mu Rwanda. Kizito ngo ni we wari gusinya kuri iryo tangazo.

Ibyo byose Kizito arabyemera , ndetse akavuga ko anababazwa no kuba yarabikoze, nyamara abamwunganira bo bakavuga ko kuba yaravuze amagambo bitavuze gukora icyaha. Uwunganira Kizito, Me Bigarama Rwaka John yavuze ko nubwo hari amagambo Kizito yavuze, ngo ntaho bigaragara ko yaremye umutwe w’iterabwoba nk’uko biri mu byaha aregwa. Yavuze ko Kizito atari we washinze FDLR cyangwa RNC, kubw’ibyo ngo icyo cyaha ntagomba kugishinjwa.

Ikindi iryo tangazo Kizito yagombaga gusinyaho, Me Bigarama yavuze ko mu gihe iyo nyandiko ntaho ubushinjacyaha buyigaragaraza, ngo ibyo ntibyemewe, kuko Kizito nubwo yari kuyisinyaho, akanayisuzuma , ngo ntabyo yakoze.

Ubushinjacyaha bwasubije Bigarama ko kurema umutwe w’iterabwoba bidasaba kujya muri FDLR cyangwa RNC, kuko ngo mubyo baganiraga harimo gushaka urubyiruko rwagombaga guhurira muri Tanzaniya mu ihuriro ryiswe ’ABATANGANA’ , ngo ibyo ni ukurema umutwe w’ubugizi bwa nabi kuko abo bari kuba bifatanyije n’abanzi b’igihugu.

Kizito Mihigo afunganywe na  bagenzi be Agnes Niyibizi, Ntamuhanga Cassien na Dukuzumuremyi Jean Paul bakaba baratawe muri yombi mu kwezi kwa kane uyu mwaka, bakaba bose bakurikiranweho ibyaha bitandukanye birimo ibyo kurwanya ubutegetsi, gukorana n’imitwe y’iterabwoba no kugambanira igihugu.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Frederic9 years ago
    Mbese Ubwo Nibayemera ibyo ashijwa abo baravuga iki?
  • silveriniesta9 years ago
    komeza kwihangana imana irakureba.
  • 9 years ago
    Nonese nawe ko asetsa abamuburanira yazanye abiki niba badahuza nawe
  • allan ketty9 years ago
    ibyo ninko guta injyana ukabyina serwakira ubundi se barunganira iki,njye ntekereza ko umuntu ashaka umwunganizi wo kumufasha ngo ibintu bigende neza,ibyo nta bunararibonye burimo,nibumvikane numukiriya wabo.
  • 9 years ago
    Twese turabizi ko azira ubusa.
  • mugisha isidore9 years ago
    ihangane no stuation is permenent musore
  • 9 years ago
    manaweee!dutabare.dukurikirane iyi game nkurikije uko mwanditse iyinkuru. ari abashinjacyaha barimukuri arimihigo arimukuri ari abalowyer baravuga ukuri.muragira muti. itangazo rirahamagarira abaturage ubumwe nubwiyunge.abalowyer barasaba inyandiko cg amafot afatika koko agaragaza abantu baplanninga imigambi mibii.cg ayomagambo mabi asebany hari aho yabarecordinze?cg ahubwo ikirego bagitanze nabi?cg ninge utumva ikinyarwand neza.
  • christine umuhire9 years ago
    kubwanjye niba nyirugukora icyaha yemeye ntampamvu yuko harundi wamuvuguruza erega kami kamuntu numutima we ahubwo niyihane asabe imbabazi kuko yarahemutse yari yareze imbuto nziza none byarangiye nabi twaragukundaga Imana ikubabarire.
  • Munyana9 years ago
    Nkurikije uko inkuru nyibonye mbona hari ikintu kihishe hagati yuburana nabamwunganira pe!
  • MUSONI9 years ago
    wihangane urikubyozwa Ibyowakoze
  • nkurunziza egide9 years ago
    niyihangane mu rwanda tugomba kwica umuco udahana
  • kizito fun9 years ago
    What is this? Hari impamvu avyemera adashobora kuvuga ahari.gusa Igihe kizagera Kizito Mihigo arenganurwe, I m sure.nkumvuye indirimbo nk intare,inuma...ihangane.
  • jojo9 years ago
    KIZITO komera na yezu bamugeretseho ibyaha arabibambirwa, icyangombwa nuko ukuri kuzatsinda!
  • uwimana emmy 9 years ago
    kizito ubwo yemera ibyaha azababarirwe kandi nimana izabigufashamo natwe tuzagusengera komeza kwihangana rwose
  • tita9 years ago
    cyizito jyendumva mwamubababarira nimana irababarira
  • mutesi9 years ago
    mutange imbabazi
  • papy clovis9 years ago
    niyihangane
  • 9 years ago
    NIBA ABYEMERA BAMUREKE





Inyarwanda BACKGROUND