RFL
Kigali

Davido yavanye i Kigali, impano y'ikoti(jacket)yahangiwe n'umunyamideri w'umunyarwanda Kolbe

Yanditswe na: Seleman Nizeyimana
Taliki:14/07/2014 16:28
2


Nyuma y’uko Davido akoreye igitaramo mu Rwanda ku munsi mukuru wo kwibohora, uyu muhanzi w’igihangange ku isi ya rurema yahasize amakuru menshi anyuranye. Kimwe mubyo abantu benshi batabashije kumenya ni uko ikoti rya jacket uyu musore yatungukunye ku rubyiniro atarizanye mu myambaro ye ahubwo yarihawe ageze i Kigali.



Iri koti ryo mu bwoko bwa jacket ryahanzwe n’umunyamideri w’umunyarwanda Hategekimana Maximilien uzwi cyane nka Kolbe binyuze muri kompanyi ya House of Tayo.

Nk’uko twabitangarijwe na Kolbe, nyuma y’uko bamenye amakuru y’uko Davido agomba kuza gutaramira mu Rwanda nibwo bahise bagira igitekerezo cyo kuba bahanga umwambaro umubereye maze bakawumugenera nk’impano yihariye azakura mu Rwanda mu gihe yaramuka awishimiye.

absfgs

Iyi jacket y'amabara y'umukara n'umweru, uyu muhanzi yatungukanye ku rubyiniro, ntabwo ryari riri mu myambaro yaturukanye muri Nigeria

Kolbe ati “ Ntabwo twavuganye, twe twagize igitekerezo tumaze kumva ko azaza mu Rwanda dutekereza ikintu twakora nk’abanyamideri bashoboye . Ni nk’impano twari twamuteguriye nk’abanyarwanda kugirango nk’umuhanzi ukomeye azigire ikintu kidasanzwe akura mu Rwanda.”

Mu kiganiro n’inyarwanda.com, uyu musore yakomeje adusobanurira ko yaje gufata umwanya uhagije maze yitegereza ibitaramo Davido akora ndetse asura cyane imbuga ze nkuranyambaga nka Instagram maze abasha kumenya neza ubwoko bw’imyenda iki cyamamare gikunda aribwo yahise atangira kuyihanga mu by’umweru bibiri mbere y’uko Davido agera i Kigali.

absgd

Aha abadozi barimo baridoda. Ngo byatwaye iminsi ine kuridoda

Kolbe avuga ko we n’abahagarariye House of Tayo bamaze kurangiza iri koti bagerageje gushakisha uburyo bahura n’ikipe yari ishinzwe iby’urugendo rwa Davido mu Rwanda maze babagezaho igitekerezo cyabo barabishima babemerera ko nagera mu Rwanda bazabahuza.

absg

Kolbe ubwo yari ku kibuga cy'indege anitwaje ikoti yari yahangiye Davido

asz

Iryo joro Kolbe ntiyagize amahirwe yo kuvugana na Davido ariko ntiyacitse intege yashyizwe babonanye amuha impano ye

Gusa n’ubwo mu ijoro Davido yaziyeho mu Rwanda rya tariki ya 03 Nyakanga, nabo bari bari ku kibuga cy’indege bitwaje n’iri koti ngo bari mushyikirize ntabwo byahise bibakundira kubera uburyo aho ku kibuga cy’indege bitari byoroshye guhita wagira icyo uhapangira n’uyu muhanzi gusa bucyeye bwabo baje kugera kuri hotel aho uyu muhanzi yari yaruhukiye ndetse ashima cyane iri koti kugeza ubwo ahise ahitamo no kuryinjirana ku rubyiniro mu gitaramo yagombaga gukora kuri uwo mugoroba i Kigali.

akj

Aha, Davido yari kumwe na Kolbe nyuma yo kwishimira iri koti

Abari bashinzwe umutekano we barabishimye batwemerera kuduhuza ariko ku munsi wa mbere ku kibuga cy’indege ntabwo byadukundiye ko tuvugana. Umunsi ukurikiyeho twagiye kuri hotel baraduhuza, batwakira neza. Turarimwereka tumubwira ko ari umwambaro twamuhitiyemo nk’impano y’abanyarwanda bazi imideri.”,Kolbe aganira n’inyarwanda.com

Uyu musore akomeza avuga ko Davido yishimiye cyane iri koti yahawe ndetse asezeranya uyu munyamideri na kompanyi ye ko bazajya bakomeza kuvugana byaba ngombwa bakamwambika. Kolbe ati “ Davido yararyishimiye cyane , ahita yisabira ko ari burijyanye kuri stage ndetse ni nako byagenze. Byaramutunguye ntiyiyumvishaga ko mu Rwanda hari abanyamideri bashobora guhanga ikoti nk’iryo. Yanatwemereye ko bishobotse twakomeza kuvugana tukazajya tumwoherereza izindi style.”

abshgd

Aha uyu munyamideri wari wishimiye uburyo Davido atungutse ku rubyiniro yambaye ijacket yahanze yarimo ayifotora ngo asigarane urwibutso

ansbh

Davido i Kigali

ansh

Davido yahawe impano y'ikoti(Jacket) nawe aha umunyarwandakazi impano y'ingofero

Ku ruhande rwa Kolbe avuga ko nawe ku giti cye nk’umunyamideri muto ukizamuka byamushimishije cyane kuba igihangange nka Davido yaratahanye umwambaro wahanzwe nawe ndetse uriho n’amazina ye.

ehd

Iri koti hariho ibirango by'uko ryakorewe mu Rwanda na Maximillier Kolbe na House of Tayo

asz

Ati “ Byaradushimishije cyane nka House of Tayo ariko by’umwihariko njyewe narabyishimiye cyane, nari nsanzwe nambika aba star batandukanye hano mu Rwanda nka Jay Polly, Dream boys, Urban boys na Riderman hari ikoti ndimo mukorera ariko nibwo bwa mbere nari nkoze umwenda nkashyiraho izina ryanjye. Kuri njye ni intambwe ikomeye nabashije gutera kabisa.”

REBA UKO DAVIDO YARIRIMBIYE ABANYA KIGALI 



Nizeyimana Selemani






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Frora9 years ago
    Komerezaho nanjye ninza murwanda nzaza unkorere agakanzu keza kandi nzabaza iryozina bahanyereke.
  • 9 years ago
    ok





Inyarwanda BACKGROUND