RFL
Kigali

Ubutwari bw'umukobwa w'imfubyi ucuruza agataro bahuye bwateye Ben Nganji gukora mu nganzo - VIDEO

Yanditswe na: Editor
Taliki:19/08/2014 7:11
14


Bisangwa Nganji Benjamin uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Ben Nganji, yahuye n’umukobwa w’imfubyi wacuruzaga agataro ngo abashe kwita kuri barumuna be bituma akora indirimbo yitwa Rehema igaragara mu mashusho mu buryo bwa filime y’ubuzima bw’uwo mukobwa wabayeho nabi cyane bikarangira akoze ubukwe.



Ubwo uyu muhanzi yatugezagaho amashusho y’iyi ndirimbo, yadutangarije uburyo yayikoze abikuye ku nkuru mpamo y’ibintu byabayeho, ibyo bikaba ari ibintu yabonye bikamukora ku mutima cyane bigatuma yumva akwiye gukora mu nganzo akabikoraho indirimbo.

Iyi ndirimbo igaragaza ubuzima bw'uyu mukobwa Rehema

Iyi ndirimbo igaragaza ubuzima bw'uyu mukobwa Rehema

Ben Nganji yagize ati: “Natekereje guhimba indirimbo Rehema mu mwaka wa 2009 ubwo nari ndi Kacyiru mu mujyi wa Kigali. Hari ku mugoroba ubwo nabonaga umwana w’umukobwa w’umwangavu ari gukangara akana gato ngo kuko katinze aho yagatumye. Ndamubwira nti utariza uwo mwana, ahubwo umureke mama we amwihanire. Arambwira ngo ni we ubarera ari barumuna be babiri kuko nta babyeyi bagira. Ndamubaza nti ese ubwo ukora iki kuburyo aba bana babaho? Arambwira ngo acuruza agataro ku Kimicanga. Yambwiye ko yitwa Rehema, gusa nta mahirwe yo kumubaza byinshi no kumwitegereza nagize kuko hatabonaga neza kandi twahise dutandukana, ikindi nirindaga kumubaza byinshi kuko numvaga natuma akomeza gutekereza ibibabaje! Muheruka ubwo, simuzi ntabwo mwibuka, ntabwo ntekereza ko nawe yakwibuka ko twavuganye mu kanya gato k’iminota nk’itatu. Bukeye bwaho nagiye mu mujyi mbona abantu bacuruza udutaro biruka mpita nibuka Rehema. Bituma indirimbo itangira kwirema mu bitekerezo byanjye umunsi ku wundi kugeza irangiye”.

REBA HANO INDIRIMBO REHEMA

Iyi ndirimbo igaragaza neza ubuzima bwa Rehema nk’umwana w’imfubyi  nk’uko buvugwa mu ndirimbo. Iyi ndirimbo ikaba yerekana ikanigisha ko ubupfubyi, gukena, ibibazo no kugera kure habi atari ko kwiyandarika kuko Rehema yahuye n’ibimugerageza arabitsinda kandi arabishobora. Uyu mukobwa wabayeho mu buzima bugoye birangira akoze ubukwe.

Rehema birangira akoze ubukwe

Rehema birangira akoze ubukwe

Iyi ndirimbo ikaba ifite umwihariko wo kuba amashusho yayo yarafashwe kandi agatunganywa mu rwego rugezweho kuri iki gihe na studios za TOP 5 SAI. Ikaba ifite ubutumwa bugaragara neza ku muntu urebye amashusho n’iyo yaba atumva ikinyarwanda. Isa n’ikoze mu buryo bwa filime kuburyo igaragaza neza urukurikirane rw’ibyabaye kuri uyu mukobwa.

BEN

Tugarutse kuri Ben Nganji, ni umuhanzi umenyerewe mu makinamico, filime, urwenya ndetse n’igihangano yise INKIRIGITO, akaba kandi amenyerewe mu ndirimbo zitanga ubutumwa bw’ubuzima bwa muntu mu njyana ya Reggae, akaba yarashyize Album ye yambere yise “Mbonye umusaza” ku isoko muri 2013, iyo album ikaba yari igizwe n’indirimbo 14 ziganje mu njyana ya Reggae. Iyi ndirimbo Rehema nayo ikaba yarasohotse kuri iyi Album.

Manirakiza Théogène






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • kareg9 years ago
    Like this song!
  • uwase9 years ago
    Mbega indirimbo nziza ngize Emotion amarira aragwa pe!!
  • Anny9 years ago
    Imana ijye iha umugisha abazirikana abari mu bibazo bose
  • Jado9 years ago
    Nice song iteye emotion nyinci cyane.
  • TWAGIRAYEZU BENOIT9 years ago
    bene ni ashirire turamushigikiye.
  • calvin9 years ago
    niwowe jwi ryarubanda kbs. nc song komerezaho.
  • kone9 years ago
    WA MUGABO WE GENDA URI UMUHANGA UMVA KO ABANTU BAGIRA NGWIKI UREKE BABANDI BARIRIMBA NGO BABAGURIRE BYLI,URI UMUNYAMWUGA PE
  • kone9 years ago
    WA MUGABO WE GENDA URI UMUHANGA UMVA KO ABANTU BAGIRA NGWIKI UREKE BABANDI BARIRIMBA NGO BABAGURIRE BYLI,URI UMUNYAMWUGA PE
  • kone9 years ago
    WA MUGABO WE GENDA URI UMUHANGA UMVA KO ABANTU BAGIRA NGWIKI UREKE BABANDI BARIRIMBA NGO BABAGURIRE BYLI,URI UMUNYAMWUGA PE
  • kone9 years ago
    WA MUGABO WE GENDA URI UMUHANGA UMVA KO ABANTU BAGIRA NGWIKI UREKE BABANDI BARIRIMBA NGO BABAGURIRE BYLI,URI UMUNYAMWUGA PE
  • Niyoneza9 years ago
    Azanashake Rehema uwo rero amufashishe duke mudufaranga yakuye muri iyo ndirimbo yamwitiriye.
  • Tom9 years ago
    Coup de chapeau musaza ndemeye kbsa duhuye nagura 1 too! courage
  • ange murekatete9 years ago
    Mbega byiza!iyaba abantu bameraga nkawe.bakareka gupapira.
  • REHEMA9 years ago
    MWIRIWE BEN MUSHOBORA KUDUHACONTACT ZANYU NDA BIBASABYE NINGEWE REHEMA





Inyarwanda BACKGROUND