RFL
Kigali

Abahanzi batorokeye mu Bufaransa bari kumwe na Mani Martin bateye indi ntambwe aho batorokeye

Yanditswe na: Editor
Taliki:4/09/2014 8:47
11


Hashize umwaka abahanzi b’abanyarwanda batorokeye mu gihugu cy’u Bufaransa, aba bakaba bari bibumbiye mu itsinda ry’abacuranzi bakoranaga cyane n’umuhanzi Mani Martin muri Band ye izwi nka “Kesho Band”, ubu amakuru agera ku Inyarwanda.com akaba ari uko aba basore bamaze gufatisha i Burayi ndetse banitegurira ibitaramo.



Muri Nzeri 2013 nibwo Mani Martin yaherekehe Ras Kayaga na Kesho Band ubwo bari berekeje mu gihugu cy’u Bufaransa baserukiye u Rwanda mu iserukiramuco ryari ryahabereye, Mani  Martin akaba yaragiyeyo nyuma yo kubisabwa na Minisiteri y'umuco na Siporo, gusa bane muri batandatu bacurangiraga Kesho Band baratorotse ndetse ibi byavugishije benshi bituma na Minisiteri y’umuco na Siporo ivuga ko ibi bikwiye kuba isomo kuri iyi Minisiteri, abahanzi b’abanyarwanda baserukira igihugu bakaba batazongera kugenda mu buryo buboroheye.

Bajyanye na Mani Martin ari batandatu agarukana na babiri gusa abandi baratoroka

Bajyanye na Mani Martin na Ras Kayaga ari batandatu hagaruka babiri gusa abandi baratoroka

Nyuma gato y’uko batoroka, babiri muri bo bagaragaye mu gihugu cy’u Bubiligi bacurangira Christopher na Makanyaga mu gitaramo bari batumiwemo, ibintu byaje kwereka benshi ko n’ubwo batorotse bari bafite uwabibafashijemo kuko bitoroshye kuba umuntu yatorokera mu gihugu cy’i Burayi ngo atangire gukora no kugendagenda mu bindi bihugu uko yishakiye.

Aba basore uko ari bane ariko ubu noneho batangiye itsinda ryabo, iri bakaba baranaryise izina rijya kumera neza nk’iry’itsinda babagamo, kuko ubu bibumbiye muri KESHOW BAND kandi mbere baratorotse bava muri KESHO BAND, ndetse ubu batareganya gukora igitaramo mu minsi ya vuba mu gihugu cy’u Bufaransa, ibi bikaba bigaragaza ko n’ubwo bagiye batorotse igihugu cyabo cy’amavuko bitababujije gutera intambwe ikomeye muri muzika yabo.

Aba bahanzi bashinze itsinda ryitwa KESHOW BAND mbere barahoze muri KESHO BAND

Aba bahanzi bashinze itsinda ryitwa KESHOW BAND mbere barahoze muri KESHO BAND

Aha benshi bashobora kwibaza uko ibi byakwakirwa na Minisiteri ibishinzwe mu gihe baba bamaze kumenya aya makuru y’uko abahanzi batorotse igihugu bateye imbere bageze aho batorokeye, mu kiganiro Inyarwanda.com yagiranye na Lauren Makuza; umuyobozi ushinzwe umuco muri Minisiteri y’umuco na Siporo, akaba yadutangarije ko bo icyo bakoze ari ukwandikira igihugu cy’u Bufaransa bakimenyesha ko aba bahanzi batorotse, naho ibyo gutera imbere byo bikaba byabanza kurebwa bakareba ibyo bateyemo imbere ibyo ari byo ariko mu gihe bashaka kugaruka mu Rwanda bakaba bahabwa ikaze.

Manirakiza Théogène






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • 9 years ago
    ark mwarense abana bagatera ibyere
  • 9 years ago
    Ark mwarense abana bagatera ibyere
  • Ntabwoba9 years ago
    Baramaze murabashakaho iki?Iryo ni ishyari.
  • muzehe9 years ago
    Arko se kuki mwanga ko abantu batera imbere! Nimba bariho neza.hari ikindi numva aribyo kwishimirwa.izo rwaserera niziki ko mukunda byacitse! Abatorokera ubugande cg burundi ko mutabamenya...arko uwuriye indege mukadagadwa. Iryo nishyari..
  • umusaza9 years ago
    Nyamara abana babo bandikira ubufaransa bibera za merica babonye ibyangombwa byubuhunzi ubu bazoko tutabiza bagiye bareka abantu bakiberaho ubwo bagiye kubagerekaho ibyaha
  • kayiranga9 years ago
    Ko mutubwirako bateye imbere ikibazo mufite n ikihe? Hari umwenda bafitiye umuntu? Mwagiye muvuga ibifitiye akamaro abanyarwanda cg ibyubaka, inkuru zigomba kuba zarabashiranye hahahahahahahahaha
  • kagabo9 years ago
    Ni bagende baba basebya urwanda abantu babagabo gutera imbere byo ntabyo mbona baraka ptuuuuuuuu!!!!!!b!!!!!b!!!
  • MURWANASHYAKA Emile9 years ago
    BIRA BABAJE KDI BIRASHIMISHIJE
  • uwamurera delphine9 years ago
    bazajya baha abana babo visa, maze twe za nyakatsi dusigare tubagara ayo babibye??, byari kera ubu kugenda nuushake gusa, upfa kuba urumwere.nanjye nejo ejobundi nkabasangayo. ariko njye nzaba nitemberera numve icyo abana babayobozi baturushije.
  • Izabayo9 years ago
    Mubihorere,wenda Babonye Ko Mugihugu Cyabo Batatera Imbere.Mubarekere Uburenganzira Bwokujya Aho Bashaka.Ntabwo Bibareba
  • Mpologoma Simba9 years ago
    Byose birazwi ntamwanya wokwongera kubitaho.





Inyarwanda BACKGROUND