RFL
Kigali

Abadaherutse mu Rwanda, Mihigo Francois Chouchou agiye kurubakumbuza

Yanditswe na: kundabose jean david
Taliki:11/05/2013 10:43
0


Umuhanzi, Mihigo François Chouchou aratangaza ko umuntu udaheruka mu Rwanda afite byinshi byamukumbuza igihugu cyamubyaye.



Chouchou avuga ko nyuma y'umwaka amaze agarutse mu Rwanda ngo amaze kubona ukuntu igihugu cyateye imbere mu ngeri zose Abanyarwanda bakaba baterwa ishema n'igihugu cyabo. Ibi ngo ni bimwe azashyira abazaba bitabiriye "Rwanda Day” izabera i London mu Bwongereza mu cyumweru gitaha.

Mu kiganiro Mihigo Chouchou yagiranye n'ikinyamakuru Izuba Rirashe yagize ati "u Rwanda rumaze gutera imbere ku buryo bugaragara kutabiratira abandi byaba ari ikosa rikomeye bakongera gukunda igihugu cyabo ndetse bakifuza kuza kugisura bakanagira uruhare mu gukomeza iryo terambere”.

chouchou

Mihigo Chouchou ngo ari gutegura indirimbo zizanyura abazaba bitabiriye kiriya gikorwa ngo ku buryo nta muntu ushobora kuzicwa n'irungu ati "hari Abanyarwanda benshi bakumbuye indirimbo z'Abanyarwanda mu mwimerere wazo ndi kubategurira indirimbo nziza zirimo izo basanzwe bazi ku buryo bazahava koko bafite ishema ryo kwitwa Abanyarwanda”.

Indirimbo ya Mihigo Chouchou yakunzwe harimo iyitwa "Mama” abandi bita Kuva nkivuka, ubu yamaze gucurangwa mu njyana zitandukanye ku buryo buri wese ashobora kwisanga mu njyana akunda.

Chouchou avuga ko iyi ndirimbo ikundwa n'abantu benshi yamaze no kuyishyira mu njyana ya Salsa ku buryo yumva ko koko ari imwimerere kandi iryoheye amatwi. Ibi bikaba bimwe mu bishya azageza kubazitabira uriya munsi w'Abanyarwanda (Rwanda day).

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND