RFL
Kigali

Wari uzi ko kuryamira cyane nabyo bigira ingaruka mbi ku buzima bwawe?

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:17/09/2018 17:02
0


Nubwo ubusanzwe kuryama ari byiza ku buzima bw’umuntu kuko bifasha byinshi birimo kuruhuka neza umuntu agasubiza ubwenge ku gihe n’ibindi ariko ubushakashatsi buherutse kugaragaza ko kuryamira bigira ingaruka mbi ku buzima bw’umuntu



Ubusanzwe kuryama nijoro ntibigira uko bisa kuko bifasha umutima kugubwa neza, bigabanya umunaniro mu mubiri w’umuntu, bigabanya ibyago byo kurwara indwara ya diabete, bituma ubwonko bwibutsa busubira ku murongo n’ibindi byinshi tutarondoye

Aha rero icyo twagendereye ni ukuvuga kuri zimwe mu ngaruka ziterwa no kuryamira ari zo:

Kwibagirwa bya hato na hato

Kurwara indwara y’agahinda gakabije

Guhorana umunaniro udashira

Kugira umubyibuho ukabije

Kongera diabete

Kurwara zimwe mu ndwara zifata umutima n’ibindi byinshi

Birimo kugira udubazo mu bwonko

Ibi byashimangiwe n’ubushakashatsi bwakorewe ku bantu 10000 barimo abafite imyaka 42 kugeza kuri 81 mu gihe kingana n’imyaka 10, ibisubizo byabonetse byagaragazaga ko abantu baryama amasaha arenga umunani ku munsi bagira ibyago byo kugira utubazo mu bwonko ku kigero kingana na 46%

Uretse ibyo kandi, Dr, David Gozal, umwe mu bahanga muri kaminuza y’ubuganga I Chicago avuga ko niba uri umuntu ukunda kuryamira ukwiye kumenya ko icyo ari ikimenyetso kibi cyane cya depression. Kanseri cyangwa se ikindi kibazo cyo mu bwonko

Nyuma yo gusoma iyi nkuru rero ni byiza ko wimenyereza kuryama amasaha yabugenewe kugirango ubashe kurwanya bya bibazo by’ubuzima bwavuzwe haruguru

Src: amelioretasante.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND