RFL
Kigali

Umuhanzi w’imideli yakoze ubwiherero mu masakoshi ya Louis Vuitton buhagaze miliyoni 85

Yanditswe na: UDAHOGORA Vanessa Peace
Taliki:15/11/2017 17:35
0


Uruganda rwo mu Bufaransa Louis Vuitton rumenyereweho gukora imyenda n’amasakoshi byihagazeho, ni rumwe mu zikomeye ku isi mu by’imideli ndetse ibyo rukora bikunzwe na benshi. Umuhanzi w’imideli (designer) wo muri Los Angeles yakoze ubwiherero bukozwe mu masakoshi ya Louis Vuitton ndetse na zahabu bukaba buhagaze 100,000 $.



Ubu bwiherero bwahise bukurura abakunda imirimbo barimo na Birdman wahamije ko agiye kubugura bukajya ahantu hose hagenewe ubwiherero mu nzu ye. Illma Gore niwe wakoze ubu bwiherero akoresheje ibikapu 24 bya Louis Vuitton ndetse na zahabu. Ubu bwiherero buri kugurishwa mu nzu yitwa Tradesy muri California.

Illma Gore wakoze ubu bwiherero

Ubu bwiherero ntiburakoreshwa na rimwe, bwashyizwe ku giciro cy’amadolari ibihumbi 100, ni ukuvuga 85,469,000 Rwf. Uyu munyamideli kandi si mushya mu gukora udushya kuko muri 2016 mbere y’uko Donald Trump aba perezida yari yakoze igishushanyo cye yambaye ubusa ndetse bikaba byaratumye aterwa ubwoba ko azicwa akaba ahungiye mu Bwongereza mu gihe gito aho iki gishushanyo cyanashyzwe ku isoko ku mafaranga ageze kuri miliyoni y’amayero.

Priced at $100,000 the toilet is in pristine condition as it's never been used but the artist did say though 'many have offered'

Ubu bwiherero ngo ntibukenera ko ukanda akazi nyuma yo kubukoresha, ugihaguruka amazi ahita yisuka

Hari abatashimishijwe n’ubu bwiherero bagaragaza ko ari ugutesha agaciro Louis Vuitton nk’uruganda rwiyubashye kandi rufite ibicuruzwa bikundwa n’abantu basobanutse. Kugeza ubu Louis Vuitton ntacyo yari yatangaza kuri ubu bwiherero bumaze guca ibintu ku mbuga nkoranyambaga.

Illma yakoze igishushanyo cya Donald Trump yambaye ubusa

Source: DailyMail






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND