RFL
Kigali

Nyuma y’imyaka 7 aguye muri koma abyara, yabashije kubonana n’umwana we bwa mbere

Yanditswe na: Seleman Nizeyimana
Taliki:12/03/2017 11:06
7


Mu mwaka wa 2009 ni bwo Danijela Kovacevic ukomoka muri Serbia yibarutse umwana w’umukobwa Marija, gusa ntiyabashije kumubona kuko yahise atakaza ubwenge agwa muri koma yamazemo imyaka 7 yose atarabasha kugaruka mu buzima busanzwe. Kuri ubu rero nibwo uyu mubyeyi yakangutse ndetse anabasha kubonana n’umwana we bwa mbere.



Uyu mugore kuri ubu uherereye mu Budage mu bitaro aho arimo afashirizwa kongera gutora agatege no kongera kugaruka mu buzima busanzwe, iki kibazo ngo yari yagitewe n’amaraso ye yahumanye mu gihe yabyaraga. Danijela akaba yatunguye abaganga basaga n’abatakaje icyizere, ubwo yakangukaga ndetse kuri ubu akaba abasha kumva.

Together: Danijela Kovacevic, 25, recently emerged from her vegetative state to meet her daughter Marija, who is now seven years old

Danijela n'umukobwa we

Ku nshuro ya mbere kuva avutse rero, Marija yabonye nyina abasha kumubwira akizera ko ibyo avuga abyumva nubwo atamusubirisha amagambo ariko amwereka ko yamwumvise akamusekera no kumureba imbona nkubone. Kubona Marija na nyina barebana byari nk’igitangaza. Aka kana iteka kahoraga iruhande rwa nyina nyuma yo kuva ku ishuri, aho ndetse kavugaga ko kizeye ko igihe kimwe kazaganira na nyina nkuko byemejwe n’umwe mu bo mu muryango wabo.

Moving: Danijela's daughter, Marija, is seen looking puzzled by her mother's bedside

Marija ahora iteka iruhande rwa nyina

Nkuko abaganga bari kumukurikirana b’ahitwa Pforzheim babitangaje ngo Danijela aragenda amererwa neza, ubu arimo arabasha gufata ikaramu n’ikayi mu ntoki ndetse akicara agakurikirana ibiganiro by’abantu.

Recovering: Danijela in her hospital bed after showing slow, but steady, signs of progress

Aha yari atangiye kugaragaza ibimenyetso byo kugenda amererwa neza

Uko kugenda amererwa neza ngo biraterwa n’uburyo yakurikiraniwe hafi agabwa imyitozo ihagije imufasha kugarura ubwenge. Kugira ngo avurwe Leta ya Serbia yari yemeye gutanga amafaranga ariko ubu bufasha bwahagaze adakize kuko batabashaga kumenya neza indwara yaba arwaye.

Support: The 25 year-old sharing a hug with her mother, who is one of her main carers

Aha yari kumwe na nyina, umwe mu bamwitayeho kuva yagera mu bitaro

Nyuma yo kubona ko arimo agenda amererwa neza ubu umuryango we watangiye gusaba ubufasha hirya no hino aho bavuga ko hakenewe byibura ibihumbi 50 by’ama-Euro(ni ukuvuga asaga miliyoni 42 mu mafaranga y’u Rwanda) kugirango akomeze kwitabwaho n’abaganga bityo n’icyizere cyo gukira cyiyongere.

Se yagize ati “ Arimo kugenda agarura agatege, ariko Danijela ubu ameze neza cyane ugereranije na mbere. Ibiro bye byariyongereye, ubu aragarura ubwenge kandi afite ubuzima. Ubu arabasha guseka no kurakara.”

Doting dad: The mother-of-one is also seen enjoying a visit from her supportive father 

Se nawe yakomeje kumuba hafi

Nkuko bagiye babigarukaho kuri paje bamufungurije yo kunyuzaho inkunga no kumusengera ngo amere neza, Danijela yisanze mu rukundo rukomeye ku myaka 17 bimuviramo gutwara inda gusa aza kugira ibibazo bikomeye ubwo yibarukaga umwana we nkuko twabigarutseho hejuru. Kuva icyo gihe umutima warahagaze agwa muri koma ariko ubu wongeye gutera, arabona, arumva ariko ntabwo aragira ubushobozi bwo kwibuka abantu, ntavuga ariko kandi abasha kugenda gato iyo hari umuntu umuri hafi.

Progress: Doctors say she can now hold a tablet in her hand, sit up and follow conversations

Ubu arabasha kwicara agakurikirana ibiganiro nkuko byemejwe n'abaganga

Fundraising: Her family are now hoping that they can find £43,000 to continue her treatment

Imyaka 7 yarishize ari muri koma

Plea for help: A flyer made by loved ones asks supporters for moral and financial assistance  

Ubu umuryango we urimo gukora ibishoboka byose ngo bakusanye inkunga kugirango akomeze yitabweho neza

Before the tragedy: Danijela  as she was before being struck down by the illness

Danijela ubwo yaratarahura n'iyi nsanganya






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • hh7 years ago
    Mujye mwandika source. Nibyo biri professional. Anyway this is a great news!!! Imana ihabwe icyubahiro kabisa!!!
  • 7 years ago
    Imana ni nkuru rega.iyakoze ibyo mbese yabuzwa n iki gukora n ibindi??NIHABWE ICYUBAHIRO CYAYO
  • MECHACK TUYISUNGE7 years ago
    Imana ishobora byose ntacyayinaniye,kandi irakiza.YEZU NYIRIMPUHWE ndakwinginze ngo ukomeze kugaragaza ko uri Imana, amaze ukize uyu mugaragu wawe umaze imyaka 7 muri koma. amaze umusubize ubuzima.
  • Betty7 years ago
    Imana ninziza ibihe byose , Ariko Kd hari umubyeyi wumunyarwandakazi nawe ufite iki kibazo Niba inyarwanda mwaba muzi ukwamerewe mwadufasha tukabimenya Kd Nyagasani abiteho
  • christine7 years ago
    Imana ishimwe ko uyu mubyeyi akangutse. umuryango we ukongera kumubona arambura amaso. twizeyeko nibisigaye Imana izabikora. turasaba minisante ko yafasha umubyeyi wumunyarwanda (wauvuzwe cyane mubitangazamakuru ko nawe yagize ikibazo nkiki. mperuka bavugako nyuma yo kujya muri koma yavuriwe mu bitaro bya kigali chk ndetse nibitaro bya gisirikare byikanombe. gusa amakuru mperuka nuko nawe amaze imyaka irenga 5 atarava muri koma. abanditsi b'inyarwanda.com mwadukurikiranira ibye uko bimeze. ubundi nawe agafashwa gusubira mubuzima. murakoze kubwiyinkuru nziza
  • dad7 years ago
    Birashimishije,ariko di mwazatubwie aho wawundi uba mubitaro bya Kanombe nawe wagiye muri koma akimara kubyara uko amerewe
  • ddd7 years ago
    Mana uhabwe icyubahiro nukuri birashimishije, nukutubariza uwo mu bitaro by akanombe uko byagenze niba akiriho nuko akana ke kameze na papa wako.Na nyuma ya Zeru irakora.





Inyarwanda BACKGROUND