RFL
Kigali

Umugabo yimwe akazi muri Koreya y'epfo azira ko ari umwirabura

Yanditswe na: Mutiganda wa Nkunda
Taliki:27/11/2014 15:14
3


Sean Jones w’imyaka 30 y’amavuko ukomoka muri Leta zunze ubumwe za Amerika, yimwe akazi ko kwigisha mu gihugu cya Korea y’epfo aho yahowe ko ari umwirabura.



Nk’uko bigaragazwa mu mafoto agaragaza ubutumwa bugufi yagiye yandikirana mu bihe binyuranye n’ababaga bamurangiye akazi ko kwigisha icyongereza, Sean Jones ukomoka muri Okrahoma, akaba asanzwe yigisha ururimi rw’icyongereza ari narwo yakiraga akazi muri iki gihugu yaratsembewe burundu kuko ari umwirabura.

Aha mbere yageze, uwari umurangiye yo akazi, yamwandikiye ubutumwa buvuga buti: “Sorry, they just told me that they actually want a white teacher” ugenekereje mu Kinyarwanda yamubwiye ngo: “Ihangane, bambwiye ko bashaka gusa umwarimu w’umuzungu.”

Mu bihe binyuranye, ubutumwa yandikiranaga n'uwabaga amurangiye akazi Sean Jones ntiyiyumvishaga ko iri vangura rikibaho

Nk’uko Koreaboo dukesha iyi nkuru ikomeza ibivuga, Jones ntiyahagarariye aho kugerageza gushaka akazi muri iki gihugu, ndetse kandi ntiyatinze kubona ahandi ashobora kuba yakora, dore ko nyuma y’iminsi 2 gusa yari abonye ahandi, ariko naho uwamurangiraga yagarutse amubwira ati: “I’m sorry, I just found out today that my school is one of ones that won’t hire black people.” Ugenekereje mu Kinyarwanda yaramubwiye ati: “Ihangane, uyu munsi naje kubona ko ishuri ryanjye ari rimwe muri yayandi adakoresha abirabura.”

Jones yimwe akazi muri ibi bigo byose nyamara yujuje ibisabwa birimo kuba afite uburambe bw’imyaka 2 yigisha icyongereza, kandi akorera mu mahanga (hanze ya Amerika), ndetse kandi akanamenya ururimi rw’igikoreya.

Sean Jones wimwe akazi ahorwa kuba umwirabura

Akimara kubona ko kuba umwirabura bimubereye imbogamizi mu kubona akazi, Jones yagize ati: “ibi ni ukubwira abanyeshuri ko abirabura ari bantu babi naho abazungu bakaba beza. Kuki abazungu aribo bahabwa agaciro gusa? Ibyo sibyo. Twese dukwiye amahirwe angana.”

Umuvugizi w’ishami ry’icyongereza muri kimwe mu bigo Jones yari agiye kwakamo akazi, yavuze ko abanyeshuri babo bakiri bato bityo bakaba batifuza kubaha abarimu b’abanyamahanga babaha indi mico itandukanye n’uwa Korea, bishobora kubagiraho ingaruka ku mikurire yabo, ariko Jones we akaba avuga ko urwo ari urwitwazo kuko abanyamerika bo baha ikaze uje abagana bose kandi ntibigire ingaruka kuri bo.

Nyuma y’uko iki gikorwa kigaragaza ivangura rikomeye kimenyekanye, ubuyobozi bw’iri shuri bwasabye Jones imbabazi aho bwavuze ko habayeho ikosa mu ihanahana ry’amakuru, ndetse ko bagiye kumuha akazi. Naho Jones we akaba avuga ko iri vanguraruhu ritagakwiye kuba rikibaho.

Ese wowe ni iki uvuga kuri ibi bikorwa byakorewe Sean Jones?

Mutiganda Janvier






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • gaju9 years ago
    nikobimezepe !ahubwo hari nutubari udashobora kwinjiramo kuberako uri umwirabura !nomubushinwa nuko hononeho usibye nakazi nokugusuhuza ntibishoboka nuguhora wigengesereye niyo yagucira ntukoma !biratubangamira cyane nkurikije ukuntu mubihugu byacu tububaha nukuri urebye uko badufata biteye agahinda !
  • Mjtuyeyezu jean de Dieu 9 years ago
    ibi ni ironda ruhu bidakwiye kuba bikiriho iki gihe ndababaye kbs bigomba guhagarara Mana yanjye
  • NZAYISENGA JULIEN9 years ago
    BIRABABAJE.





Inyarwanda BACKGROUND