RFL
Kigali

U Rwanda ku isonga muri Afurika mu bihugu byizeweho umutekano, no ku mwanya wa 9 ku isi hose

Yanditswe na: UDAHOGORA Vanessa Peace
Taliki:13/04/2017 12:19
4


Mu bushakashatsi bwakozwe na World Economic Forum, u Rwanda ni cyo gihugu gifite umutekano kurusha ibindi muri Afurika naho ku isi hose rukaza ku mwanya wa 9, ni mu gihe ibihugu by’ibihangange nka Amerika iri ku mwanya wa 84 naho u Bwongereza bukaba ku mwanya wa 78.



Mu byagendeweho hajya gukorwa uru rutonde harimo kureba umutekano w’igihugu muri rusange harebwe ku bikorwa by’iterabwoba, ibyaha bisanzwe n’iby’ubugizi bwa nabi ndetse n’uburyo polisi ishobora kwizerwa mu kurinda no gukumira ibyaha. Ku mwanya wa 1 haza igihugu cya Finland, mu bihugu 20 bya mbere u Rwanda na Maroc ni byo bihugu byonyine byo muri Afurika bizamo, u Rwanda ku mwanya wa 9 naho Maroc ikaba ku mwanya wa 20.

Icyatangaje benshi kuri uru rutonde ni uburyo ibihugu by’abarabu nka Oman na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE) ndetse na Quatar byaje mu myanya 10 ya mbere kubera uburyo isi muri rusange ifata ibihugu by’abarabu nk’ibirangwamo iterabwoba. Ibi kandi bibaye mu gihe ibindi bihugu bikomeye nk’u Bwongereza na Amerika biza mu myanya ya kure cyane mu bihugu byizewemo umutekano, byose biza inyuma ya Zimbabwe, Gambia na Malawi.

Dore uko ibihugu bikurikiranye hashingiwe ku mutekano ubigaragaramo:

  1. Finland - 6.65
  2. UAE - 6.6
  3. Iceland - 6.57
  4. Oman - 6.49
  5. Hong Kong - 6.47
  6. Singapore - 6.45
  7. Norway - 6.41
  8. Switzerland - 6.41
  9. Rwanda - 6.39

10. Qatar - 6.33

11. Luxembourg - 6.32

12. Portugal - 6.32

13. New Zealand - 6.31

14. Austria - 6.28

15. Estonia - 6.26

16. Sweden - 6.22

17. Slovenia - 6.2

18. Spain - 6.16

19. Netherlands - 6.14

20. Morocco - 6.14

Mu myanya y’inyuma habanza Colombia igakurikirwa na Yemen, El Salvador na Pakistan. Uru rutonde rugaragaza uko umutekano wifashe mu bihugu ntubariramo umwaka wa 2017.

Source: The Telegraph

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Jimmy7 years ago
    Courage urw'imisozi igihumbi we! byose tubikesha uhuyobozi bwiza. Uwiteka nae agakomez agahezagira urwagasabo nabarutuye. mana nuhimbazwe cyan
  • slexis7 years ago
    Congs to my country
  • Ziza7 years ago
    Ibi birashoboka rwose, hano amerika muri state ya texas, ntushobora gupfa kubona akabari (bar) gafunguye nyuma ya saa moya z'umugoroba, baba bafunze, ikindi umujyi muto ntuyemo wa Amarillo ungana n'umujyi wa Gisenyi ariko nayangajwe no kubona habamo ubari 2 gusa na night club 1, nkibaza impamvu ariko nasanze ari ikibazo cy'umutekano muke, police yabo iteye ubwoba bagusanze mumasaha y'Ijoro muri boite uri n'Umwirabura, kaba kakubayeho, vraiement bravon ku Rwanda, ndibuka ukuntu mu Rwanda utabare tumwe dukora kugeza mugitondo everyday ariko ugasanga crimes ari nke bikamyereka neza neza ko 100% uRwanda rufite umutekano.
  • Muyango7 years ago
    Ndizerako abakoze iki cyegeranyo ari abanyamahanga, ntamunyarda watinyuka kubivuga kbs





Inyarwanda BACKGROUND