Buri muntu uko akura,ubwonko bwe nabwo burasaza.kugeza ubu ntacyo abahanga bagaragaza cyatuma ibi bitaba ku buzima bwa buri wese,icyakora hari ibyo bagaragaza byatinzaho ukwangirika k’ ubwonko mu myaka mikuru.
Ubwonko bugenzura imihumekere y’umuntu,gutera k’umutima,guhumbya kw’ijisho ,izamuka cyangwa ry’ubushyuye ,gutekereza ndetse guhaga ndetse no kugira inzara byose bigenzurwa n’ubwonko ,ubwonko bugenzura byose biba ku mubiri w’umutu .Aha birumvikan ako iyo utabwitayeho ibi byose biba bitagifite umurongo ,kuko ikibigenga kiba cyarangiritse.
Abahanga mu mitekerereze ya muntu bo muri kaminuza ya Havard muri leta zunze ubumwe z’Amerika,bagaragaza ko guhora uhuze ,usoma ibitabo,ushushanya,utera irangi ,kumva umuziki cyangwa gucuranga n’indi mirimo y’ubugeni bihuza ubwonko, uturemangingo twabwo tukarushaho gukorana,duhanahana amakuru bityo indwara yo kwibagirwa ikabura aho imenera cyane cyane ku bageze mu za bukuru.
2.Kora imyitozo ngororamubiri
Abahanga bagaragaza ko uko ukora imyitozo ngororamubiri mu gihe runaka kidahinduka bituma uturemangingo dutukura tw’amaraso twohereza umwuka wa Oxygene mu bwonko ,twikuba ,umuntu akarushaho gutekereza byihuse,kandi bikiyongera uko umuntu asaza.
3.Ita ku mirire yawe
Abahanga mu by’imikorere y’umubiri wa muntu bagaragaza ko kurya indyo yuzuye yiganjemo imbuto n’imbuto ,amafi,ubunyobwa badakunze kugira ikibazo cyo kwibagirwa cyangwa kudahanahana amakuru k’uturemangingo tw’ubwonko bwabo ,ibituma n’ubwonko bwabo budasaza vuba ugereranije n’imyaka yabo.
4.Ita ku mikorere y'umubiri wawe
Nubwo kenshi inzoga zidafatwa nk’ibiyobwabwenge ariko aba bahanga ku buzima bwo mu mutwe bo muri kaminuza ya Havard bagaragaza ko kunywa inzoga,kunywa itabi ndetse no kunywa ibyo kurya byifitemo amavuta menshi bakunze guhura n’indwara z’imikorere mibi y’ubwonko ,bagakura ubwonko bwangirika bityo bugatakaza ubushobozi bwo kwikoresha vuba cyane.
Kwita ku mubiri wawe bizamurira imikorere myiza y’ubwonko kandi ngo bijyana kandi no kwirinda icyazamura umuvuduko w’amaraso ndetse n’ikigero cy’isukari mu maraso .
Kwirinda guhora ubabaye,urakaye,kugira agahinda gakabije ,ni indwara zangiza ubwonko mu gihe cya vuba,ugirwa inama yo kubyirinda.
5.Iga kubana n’abandi neza
Abashakashatsi bo muri Kaminuza ya Havard bemeza ko Kubana n’abandi neza , no kwishakamo amahoro y’umutima byongera imikoranire myiza y’uturemangingo tw’amarasso n’utw’ubwonko twose rukarushaho gukorana neza,ibituma uko usaza tutangirika cyane.
The Huffington post
TANGA IGITECYEREZO