RFL
Kigali

Rurageretse hagati ya Theo Bosebabireba na ADEPR bapfa amafaranga, Theo arabashinja ubuhemu n'ubwambuzi

Yanditswe na: Editor
Taliki:24/11/2014 9:57
16


Umuhanzi Uwiringiyimana Theogene uzwi ku izina rya Bosebabireba, arashinja itorero rya ADEPR ubwambuzi n’ubuhemu, akavuga ko mu gihe yari agitangira kuririmba abayeho mu buzima bubi bamwambuye amafaranga y’u Rwanda ibihumbi magana atatu na mirongo itanu, akaba ateganya no kubajyana mu nkiko.



Nk’uko Theo Bosebabireba yabitangarije Salux Relax dukesha iyi nkuru, aya mafaranga ibihumbi magana atatu na mirongo itanu y’u Rwanda hagiye gushira imyaka irindwi itorero rya ADEPR riyamwambuye, aya akaba yarayabahaye bamwizeza kuzamukorera amashusho y’indirimbo za Album ye ya mbere ari nayo yatumye amenyekana, ariko ntibabikora ndetse ntibanamusubiza amafaranga yari yarabahaye.

Theo Bosebabireba arashinja ADEPR ubuhemu n'ubwambuzi

Theo Bosebabireba arashinja ADEPR ubuhemu n'ubwambuzi

Theo Bosebabireba ati: “Imyaka igiye kuba irindwi, nishyuye amafaranga muri ADEPR muri 2008 mu kwezi kwa kabiri ku itariki 15, hanyuma ndayatanga banyemerera kuzankorera Album ya mbere; iriya Bosebabireba. Hanyuma turabyemeranwa, dutangira gukora shooting (Gufata amashusho), twagiye n’i Huye, tujya i Gisenyi, tujya ku Kivu, ku bigaya bya Burera na Ruhondo, nkodesha ama Minibus, njyana ababyinnyi, nkodesha imyenda turagenda barafilima (bafata amashusho) hanyuma bageze hagati barabihindura barambwira ngo amafaranga ni makeya, ngo ntabwo babikora. Ubwo ariko twari twaratangiye, ngerageza kubabaza icyakorwa nyuma yaho numva bihise biba ibintu byinshi, barambwira ngo bazankorera indirimbo eshanu, hanyuma ngo nongereho ibihembo ijana na mirongo itanu kuyo nari nabahaye, ndababwira nti ntayo mfite, icyo gihe nta bushobozi nagiraga nibwo nari ngitangira kuririmba, nari nzi ko mbese mbonye umugisha mu itorero ryanjye cyangwa se abo nita nk’abantu bananyobora mu itorero, ariko byarangiye bibaye nk’umuvumo kuko amafaranga barayatwaye burundu, mbasaba n’ibyo bafilimye ko babimpa maze uwitwa Appolo ukora mu bintu bijyanye n’ama Video arambwira ngo mu mategeko yo gufilima ntibyemewe”.

theo

Uwiringiyimana Theo uzwi nka Bosebabireba akomeza agira ati: “Ubwo banyimye amafaranga yanjye, banyimye n’ibyo banfilimye, hagiye gushira imyaka irindwi, nayobewe icyo gukora, nagerageje kujya kureba abayobozi ba ADEPR bakuru harimo abashinzwe imitungo barambwira ngo ayo mafaranga ntiyagiye mu isanduku ya ADEPR ngo ubwo narihombeye, ariko ikigaragara ni uko facture (inyemezabwishyu) mfite igaragaza ko yagiye muri ADEPR… Ni ibintu bigaragara ko bayanyimira ubushake ni nko kunyambura, ahubwo sinzi ikintu nazakora kandi sinjya numva nayabababarira kuko ni amafaranga yanjye kandi icyo gihe nari mbayeho nabi cyane kuburyo nari nyakeneye, barampemukiye mbese ibintu bankoreye ntibibaho”.

Ku rundi ruhande, uyu Appolo ushyinzwe ibya Studio y’itorero rya ADEPR, we ahakana ibi byose yivuye inyuma  ahubwo akerekana ko Theo ariwe ubarimo umwenda, n’ubwo Theo agaragaza inyemezabwishyu uyu mugabo Appolo we ntabikozwa ndetse byumvikana ko n’umubano we na Theo utifashe neza, cyane ko Theo we anavuga ko uyu Appolo agira umutima mubi kandi akaba yaramwirukanaga igihe cyose yabaga agiye kumubaza iby’ayo mafaranga ye.

Iyi ni inyemezabwishyu Theo Bosebabireba yahawe na ADEPR

Iyi ni inyemezabwishyu Theo Bosebabireba yahawe na ADEPR

Appolo ati: “Ibyo ntabyo nzi, twashatse kumukorera Clip kuri Promotion muri 2007 agitangira gukora, ibintu birakorwa, ibyo yasabwaga ntiyabyuzuza, ibintu bishyirwa muri Archives (mu bubiko) birahari. We ahubwo uko yagiye acika intege mu bindi, yakabaye ahubwo yaraje akishyura agahabwa ibye”.

Kuri iyi ngingo, Appolo yabajijwe icyo avuga ko Theo yari kwishyura kandi avuga ko bari bamukoreye amashusho y’indirimbo kuri promotion, maze asubiza agira ati: “Muri Promotion hari ibintu bigomba kwishyurwa, harimo transports (amafaranga y’ingendo), niba umuntu agiye gukorera za Gisenyi, Ruhengeri,… ukorerwa promotion hari ibintu byibuze agomba kwishyura, ntabwo ari ijana ku ijana ariko ubundi hari harimo promotion. Ibyo bintu nabivuganye na Gilles Bagaramba, rero nyuma aza kugenda ashwana n’abo bakoranaga, acika intege mbona asa n’aho yabivuyemo. Ariko ibintu bye birahari, ama cassettes arahari”

Uyu mugabo Appolo avuga ko nta mafaranga ya Theo yigeze yakira, ndetse ko niba afite inyemezabwishyu ubwo yaba ari impimbano, akanashimangira ko Theo atigeze yongera kubonana nawe kuko ngo baherukana mu mwaka wa 2007, ibindi amuziho nyuma yaho bikaba ari inkuru yagiye yumva ngo Theo yasambanye, ngo yatewe amabuye n’ibindi.

Ibi ariko Uwiringiyimana Theogene uzwi nka Bosebabireba ntabikozwa, kuko ubu icyo ashyize imbere ari ukugana inkiko agashaka uko yabona amafaranga ye yambuwe mu gihe yari mu buzima bumukomereye atarabona amikoro. Theo ati: “Mbona batazayampa kereka ninitabaza inzego za Leta cyangwa abantu bashinzwe kurenganura abantu tukabisubiramo, bashobora kuzayampa ku itegeko wenda ry’ababarusha ububasha kuko njyewe ntabwo mbarusha ububasha. Bisa n’ibigiye kuzakurura n’itiku, ubona bishaka kuzazana n’urwangano kuburyo basigaye banambona nabi kandi ari amafaranga yanjye nishyuye, mfite facture, ibintu byabaye ku manywa. Urebye ubundi amafaranga bampombeje, mfite igihombo kirenga nka miliyoni ebyiri banteye, ariko ntabwo nabyihoreye ndimo ndateganya ko nibaguma kuyanyima nzajya mu nzego za Leta kuko ubwumvikane bwaranze, urumva nageze ku rwego rw’igihugu muri ADEPR barambwira ngo narihombeye ngo ntabwo yagiye mu isanduka kandi mfite facture”.

Theo arateganya kugana inkiko zikaba ari zo zimurenganura

Theo arateganya kugana inkiko zikaba ari zo zimurenganura

Uretse ibi by’amafaranga, Uwiringiyimana Theo no mu minsi ishize yatangarije Inyarwanda.com ko hari andi makimbirane afitanye na bamwe mu bayobozi ba ADEPR, abo bakaba ari abayobozi b’amwe mu matorero ya ADEPR bagiye bavuga ko batamushaka mu matorero bayobora kuko ngo yavugwagaho ibintu bibi ndetse bakananga ko yajya kwitabira ibitaramo yabaga yatumiwemo muri ayo matorero, ibi akumva bidakwiye kuko ibyo yavugwaga bibi bitari ukuri bityo umushumba adakwiye gutererana intama ahubwo akwiye kuziba hafi mu gihe cy’ibyago.

Manirakiza Théogène






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • jehon9 years ago
    Barenge bazayaguhe nibirimba bazagusubize namatura watanze yosssee bareke gugina nifranga
  • hatari9 years ago
    ariko Theo nawe urarambiranye mwitangaza makuru pe!!!singushinje ark nawe ubanza utari shyashya rwose ,Obama nakugira uzisuzume wasanga wataye umurongo,amafaranga nkayo niyo yatuma ujya munkiko ugatakaza ayaruta,wakwibutse aho Imana yagukuye ko ibintu aribishakwa uzabona andi .senga kko waravangiwe.
  • pasteur9 years ago
    gabanya amagambo.
  • neza9 years ago
    nuramuka wagiye munkiko uzavireyo kimwe ntuzibagirwe namaturo yawe wabapakaye musaza.
  • Nice9 years ago
    Nibaguhe utwawe bagabanye ubusambo kandi bajye bakizwa, Be kwishushanya yo bazize akamanyu
  • pascal9 years ago
    Barege sha abantu bihaye kurya utwabandi ngo nabashumba ese ko ari abakozi bimana bagiye babikorera ubwitange ibisambo gusa
  • mumi9 years ago
    wowe wiyita hatari ko uyita make ngaho muhamagare uyamuhe ngushime.
  • Rwema9 years ago
    Theo induru zawe za buri munsi mu itangazamakuru zirarambiranye! Ibi byose bituma umuntu anashidikanye ku buhamya bwawe!
  • ikirezi ma grace9 years ago
    mbega yesu adutabare ni mureke gutukisha umurimo wimana mugeze mwitangaza makuru.mwese mwabuze urukundo.mwerekanye ko ari business mudukoraho.yooo nakazi kanyu nimudakemeya uwo.satan uzana umwuka wa separation.arabashira kugasongero.ubwose mwabaye inzandiko zisomwa na bose....???
  • mukiza9 years ago
    teo rwose va mubyo urimo ugarukire imana ntacyo uzabura
  • Aimable9 years ago
    Theo niba ibyo uvuga arukuri gana inkiko zikurenganure.
  • edissa9 years ago
    ariko uziko umuntu yibagirwa vuba wibagiwe aho Imana yagukuye none naho ugeze nukuri nutihana uzarimbuka kuko urumupagani wo murusengero pe
  • murenzi9 years ago
    theo mwimurenganya ngo arambiranye mwitangaza makuru ahubwo iryo torero niryo rirambiranye nikangahe rivuzwe iyo ritagwanyije bamwe muba pasteur naba christo rero theo niba baranze kumwumva nagane inkiko zimurenganure kuko biragaragara ko byose byabaye business.
  • Cyimana Sifa9 years ago
    kuki yategereje iyo myaka yose ko atabivuze mbere?tubyemere ko aribyo niba afite facture nabagabo bokubihamya nabinjyane murukiko bisobanuke.
  • Bosco9 years ago
    Theo Nibyiza Ko Itangazamakuru Warigarukamo Uvugwa Nabi? Theo Sinkubwiye Nabi Ibuka Aho Wavuye Kd Umenyeko Uko Byaje Niko Bigenda. Nimba Ari Ukuri Uvuga Gana Inkiko. ADEPR Ibyayo Nukubitura Imana Yanyine Gusa.
  • Eduard6 years ago
    Ese Tubyizerekok Namwe Mutekereze Nkabanu Bakuru Igihe Bimaze Cyose ,ese Kwatabivuze Karehose? Teo Nawukwanga Ariko Icyo Nicyaha Gikomeye Ukoze Ihangane Kbx Urekere.





Inyarwanda BACKGROUND