RFL
Kigali

Ruhango: Umuyobozi mu kigo cy'amashuri afungiwe gukomeretsa abanyeshuri b'abakobwa bakajyanwa mu bitaro

Yanditswe na: Manirakiza Théogène
Taliki:8/10/2015 16:19
20


Hakizimana Dieudonné wari ushinzwe imyitwarire (Prefet de discipline) mu kigo cy’amashuri cya Lycée Ikirezi giherereye mu murenge wa Nyamagana wo mu karere ka Ruhango, ari mu maboko ya Polisi nyuma yo gukomeretsa abana b’abakobwa ubu bakaba bari mu bitaro naho we akaba yamaze kwirukanwa.



Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 8 Ukwakira 2015, umuyobozi ushinzwe imyitwarire y’abanyeshuri mu kigo cya Lycée Ikirezi cyo mu karere ka Ruhango, yagiye aho abanyeshuri b’abakobwa barara ndetse no mu bwiyuhagiriro bwabo arabakubita yifashishije urusinga (Cable), bamwe bahanuka ku bitanda barakomereka naho abandi baragwirirana bibaviramo kumererwa nabi ubu bakaba bajyanywe mu bitaro.

Mu kiganiro Inyarwanda.com yagiranye n’umuyobozi w’akarere ka Ruhango, Mbabazi Francois Xavier, yaduhamirije iby’aya makuru, adutangariza ko ibi byabaye agahagana ku isaha ya saa kumi n’ebyeri za mu gitondo ubwo uyu Hakizimana yajyaga kubyutsa abanyeshuri b’abakobwa yitwaje inkoni ikoze mu rusinga, abo yahuye nabo akaba yabakubise mu gihe abandi bahise bahungabana, bamwe bagahanuka ku bitanga bagakomereka naho abandi bari bari mu bwiyuhagiriro n’abandi bo bakagwirirana nabo bagakomereka.

Uyu muyobozi akomeza anenga imyitwarire y’uwo murezi, akanemeza ko yahise yirukanwa burundu ku kazi kandi kugeza ubu akaba yatawe muri yombi na Polisi y’u Rwanda, akaba afungiwe kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyamagana iherereye muri aka karere ka Ruhango. Abanyeshuri bagize ikibazo bagakomereka, avuga ko bahise bajyanwa mu bitaro bya Ruhango naho abandi banyeshuri bo muri iki kigo bakaba baganirijwe n’ubuyobozi bufatanyije n’abashinzwe umutekano muri aka karere, barabahumuriza basubira mu masomo mu gihe bagenzi babo bakomeje gukurikiranwa n’abaganga.

Mbabazi Francois Xavier yemeza ko bamenye ko ibi atari ubwa mbere uyu Hakizimana Dieudonne abikora, kuko n’ubusanzwe yajyaga abareresha inkoni, abanyeshuri bakaba basanzwe bameze nk’abahahamuwe nawe, kuburyo no kuri uyu wa Kane yagiye aho abakobwa barara nyuma y’uko Animatrice wabo amubwiye ko we bamusuzugura.

Umwe mu babyeyi bafite abana bakomerekeye muri icyo kigo, yatangarije Inyarwanda.com ko abanyeshuri bakomeretse ari benshi, akavuga ko bari buzuye mu byumba bibiri by’ibitaro bya Ruhango, icyumba kimwe yagiyemo cyari kirwariyemo umukobwa we kikaba cyari kirimo abakobwa 17, mu gihe ikindi atabashije kubara abari barimo. Yahamirije Inyarwanda.com ko bababajwe cyane n’ibyakorewe abana babo, ndetse bamwe muri bo bakaba bajyanywe mu bitaro bya Kabgayi nyuma yo gukomereka no kubyimba amabere.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, IP Eulade Gakwaya, yabwiye Inyarwanda.com ko ibi koko byabaye ndetse Hakizimana Dieudonne akaba ari mu maboko ya Polisi, gusa yavuze ko ubu bakiri mu iperereza ngo uyu murezi ashyikirizwe ubutabera aryozwe ibyo yakoze.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • nadia8 years ago
    birababaje pe gusa nukwihangana no kugaya uwo muyobozi
  • 8 years ago
    Brakaze
  • Emmy8 years ago
    Ubu Nubugome Ahubwo Nuko Ariwe Ugaragaye Nabandi Barabikorerwa!
  • 8 years ago
    yari yaratinze gufungwa
  • 8 years ago
    nanjye nizeyo ariko namutinyaga kubiiii!!!
  • Bimenyimana barthasard8 years ago
    Nahanwe kuko subwambere abikoze kandi nange ahonarahize ndamuzineza bihagije
  • nsabimana joseph8 years ago
    Nanjye nize muricyo kigo ariko hakizimana nukuri ni umwangabirama kuko ibyo abizwiho ndetse ahanwebibe urugero kubandi
  • benjamin8 years ago
    ahahahaha iki kigo ndabona bazi kurera pe!inkoni ivuna igufwa ntirera!
  • Ali nsengiyumva8 years ago
    Uwo murezi wu mwangizi ba muhane arashaka kuboza ubwonko bwabo bana Leta imuhe ibihano bikaze bafate inko yabakubise inkoni imwe bayikube n'umwaka izo yabakuse murakoze mwa nyamibwa mwe ni Ali Nsengiyumva muri fort worth Texas USA
  • aba8 years ago
    muraho basomyi beza, mwese ntimuzi uburyo kurera bivuna ese murumva kugirango animatrice aze guhuruza ariko atari yagize ese murakeka harukundi yagombaga kubigenza ,ibaze ko bari banze kujya mwishuri biryamiye , none se nicyo iwabo babatumye kuryama cg kwiga ,ese ninde utazi agasuzuguro abakobwa bagira nshuti uwo mugabo yatitwaza inkoni ntago yari kubashobora kd simpamya ko yakubise urenze umwe ,ahubwo bakomeretse bahunga kubera gutinya inkoni,sha gukora muri displine biragora bisaba kugira umutima wihangana...
  • Iradukunda Kalisa Lucien8 years ago
    Natwe Byatubabaje Cyane Kbs.
  • anastus8 years ago
    abo bana nibakomere uwiteka arabazi naho ubwo bugizi bwa nabi twifuza yuko bushiraho hamwe n'inzego zibishinzwe zigakurikirana abantu bameze batyo uwo bigaragayeho agahanwa kandi n'ababyeyi barerera muri icyo kigo bakomeze kwihangana
  • anastus8 years ago
    ntabwo iki kinyejana ari icyo kureresha inkoni ibyo ntabwo byaba ari uguha agciro umwana w'umunyarwanda
  • anastus8 years ago
    ntabwo iki kinyejana ari icyo kureresha inkoni ibyo ntabwo byaba ari uguha agciro umwana w'umunyarwanda
  • 8 years ago
    Sha ntacyo byatanga bahora bamurega yita abantu abareberi niwe kuko isi iramubonye
  • 8 years ago
    Cyo ngagi uwo nimuyobozi nyabaki
  • Arihe8 years ago
    Kuki batamwerekana kw'ifoto nk'abandi bajya bafotora? Afite iyihe immunité?
  • Emile Nzayisenga 8 years ago
    Muzi nezako kurera bigora. Ni mumugirire impuhwe rero nta wutarakubiswe, cyereka utarize.
  • NIYIGABA FILS SILAS8 years ago
    Nyamara hari igihe umuyobozi wa Discipline ashyiraho akanyafu ibyo nibisanzwe twebwe twiga byatubagaho kandi bikadufasha kwirinda kuryamira.Ahubwo babigishe babaganirize naho kubabwira cira aha nikubite ngira bajya bagera mu ishuri saa yine!Murakoze.
  • J Sina7 years ago
    N'inka ntizigikubitwa Dieudonne Hakizimana, nakosorwe kandi nawe ntakosorehswe inkoni kugirango akuremo isomo. Abandi nabo batekereza gukubita nibasubize amaboko mu mifuka bayakuremo bayakoresha iby'iterambere. MURAKOZE





Inyarwanda BACKGROUND