RFL
Kigali

Rayon Sports yongeye gusezererwa na Police FC kuri penaliti, APR FC yihimura kuri AS Kigali irayisezerera

Yanditswe na: Alphonse Mukundabantu
Taliki:31/01/2015 16:24
2


Ikipe ya Police FC ibashije kugera ku mukino wa nyuma w’ irushanwa rya Prudence isezereye Rayon Sports kuri penaliti 6 kuri 5, nyuma y’ uko umukino warangiye ari 1-1 ku mpande zombie, ibi bitego bikaba byabonetse mu gice cya mbere, ikazahura na APR FC yihereranye AS Kigali ikayipfunyikira ibitego 2-0



Ubu ni ubugira kabiri Police FC isezerera Rayon Sports ikayibuza kugera ku mukino wa nyuma kuko yaherukaga kuyisezerera mu irushanwa ryo kurwanya ruswa ritegurwa n’ urwego rw’ igihugu rw’ umuvunyi, icyo gihe Police FC ikaba yaratsinze Rayon Sports ibitego 2-1

abakinnyi

Aba ni bamwe mu bakinnyi bashya ba Rayon Sports bakinaga umukino wabo wa mbere

Uyu ubaye umukino wa 9 wikurikiranya ikipe ya Rayon Sports itarabona intsinzi kuva yatangira gutozwa na Andy Mfutila Magloire, muri iyo mikino harimo 3 yakinnye na Police FC yose ntiyayitsinda, ibi bikaba bigaragaza imbaraga umutoza wa Police FC Casa Mbungo Andre arusha Rayon Sports dore ko yabigaragaje na mbere akiri mu ikipe ya AS Kigali aho yabuzaga Rayon Sports igikombe cya shampiyona

Ibitego byombi byabonetse mu gice cya mbere, igitego cya Rayon Sports kikaba cyatsinzwe na Emmanuel Imanishimwe, uyu akaba ari nawe wahushije penaliti yatumye Rayon Sports isezererwa

emmanuel

emmanuel

emmanuel

Imanishimwe Emmanuel ubwo yatsindaga igitego cya Rayon Sports

emmanuel

emmanuel

Isaac Muganza wa Rayon Sports ahanganye n' umukinnyi wa Police FC

MUGANZA

Isaac Muganza akubanira umupira na Imran Nshimiyimana wa Police FC

marcel

nzarora

Nzarora Marcel yaiye agora cyane ba rutahizamu ba Rayon Sports

Nyuma y’ uko iminota 90 y’ umukino yari irangiye nta kipe yongeye kureba mu nshundura, umusifuzi Ishimwe Claude yitabaza za penaliti

Tuyisenge Jacques wa Police niwe wabanje, ayinjiza neza hakurikiraho Ndatimana Robert wa Rayon Sports nawe arayinjiza, Mwemere Ngirinshuti wa Police yinjiza iya kabiri ndetse na Ndayisenga Fuadi wa Rayon Sports arayinjiza. Uwimana Jean d’ Amour wa Police na Bizimana Djihad wa Rayon Sports bateye iza 3 zinjira neza

Ku ruhande rwa Police bateye iya 4 barayihusha na Lomami Frank arayihusha. Umukinnyi wa Police yahise atera iya 5 arayinjiza hakurikiraho umunyezamu wa Rayon Sports Ndayishimiye Jean Luc ahita ayinjiza, penaliti 5 zirangira amakipe yombi yinjije 4

Batangiye gutera imwe imwe Mugabo Gabriel wa Police arayinjiza, Tubane James arayinjiza, Police irongera irayinjiza bigeze kuri Emmanuel Imanishimwe wa Rayon sports ahita ayihusha Rayon Sports isezererwa ityo

a

Uwimana Jean D' Amour wa Police FC ahanganye na Peter Otema na Bizimana Djihad ba Rayon Sports

a

Bizimana Djihad ahereza mugenzi we

umukinnyi

Rutahizamu mushya wa Rayon Sports ahanganye na Uwimana 

andy

Andy Mfutila ashobora kutazibagirwa ibihe bibi arimo agirira mu ikipe ya Rayon Sports

abatoza

police

rayon sports

abafana

Gikundiro Forever iba ihari 

APR FC 2-0 AS KIGALI

Ku munota wa 22 APR FC yabonye koruneli 2zatewe na Mwiseneza Djamal ariko umunyezamu Bate Shamiru abyitwaramo neza

Ku munota wa 31 Ndahinduka Michel yafunguye amazamu ku ruhande rwa APR FC. Ku munota wa 36 abakinnyi ba  APR FC Mwiseneza Djamal na Ndahinduka bazamukanye umupira ariko ba myugariro ba AS Kigali barahagoboka bakiza izamu nyuma y’ uko Djamal yari amaze gucenga umwe

abakinnnyi

APR FC yishimira igitego cya mbere cyari kimaze kwinjizwa na Ndahinduka Michel bakunze kwita Bugesera

Amakipe yombi yakomeje kuragaragaza umukino mwiza cyane ko ari amwe mu makipe arimo akina umukino mwiza kandi yiganjemo abakiri bato, yakinaga umukino wo guhanahana ndetse akomeza no kugenda agera imbere y’ izamu

Mu gice cya kabiri ku munota wa 53 AS Kigali yabonye coup franc imbere y’ izamu ariko ntiyabyazwa umusaruro

Umukino wenda kurangira ku munota wa 80, AS Kigali yokeje igitutu APR FC, Sugira Ernest wahoze akina muri APR FC abona uburyo arekura umuzinga w’ ishoti ariko usanga Kimenyi Yves wari mu izamu rya APR FC ahagaze neza awukuramo yitonze

Michel Rusheshangoga na Nsabimana Eric bagerageza kwambura umupira umukinnyi wa AS Kigali

a

a

Ndikumana Bodo wa AS Kigali yagoye cyane Rwatubyaye Abdul wari wafatanyije na Emery Bayisenge mu mutima wa defense kuko Kodo atari ahari

abakinnyi

Wari umukino w' ishiraniro ahanini bitwe n' uko abakinnyi ba AS Kigali bamwe bakinnye muri APR FC ndetse na Eric Nshimiyimana utoza AS Kigali yakinnyemo anatozamo, muri APR FC

Nyuma y’ umunota umwe gusa Mabula Jean Pierre winjiyemo asimbuye kuri uyu mukino, nawe yabteye umupira maze ahusha uburyo bwari kubyara igitego cyo kwishyura

Ku munota wa 85 abakinnyi ba APR FC,bazamukanye umupira bihuta ariko ntibawugeza neza mu nshundura. Gusa ariko ntibyarangiyegutya kuko umukino wenda kurangira mu minota ine y’ inyongera ku ikosa ryari rikorewe Iradukunda Bertrand byatumye Umusifuzi atanga coup franc

Emery Bayisenge umaze kwerekana ko kuri iyi mipira abishoboye yahise atsinda neza igitego ku buryo umunyezamu wa AS Kigali atabashije kumenya igihe umupira wa Emery Bayisenge wagereye mu nshundura bikaba 2-0

A

EMERY

Mwiseneza Djamal na Rwatubyaye bitwaye neza muri uyu mukino

apr fc

a

Emery Bayisenge watsinze igitego cya kabiri agerageza kwima umupira AS Kigali

a

a

Wari umukino uryoheye ijisho

a

Ndahinduka Michel na Rutanga Eric bahanganye n' abakinnyi ba AS Kigali

a

Umunyezamu wa APR FC Kimenyi Yves yitwaye neza muri uyu mukino

Iyi ntsinzi ikaba yahise ituma APR FC na Police FC zihurira ku mukino wa nyuma uzabera kuri sitade Amahoro naho AS Kigali yo ikazakina na Rayon Sports zirwanira umwanya wa gatatu

Tubibutsa ko ikipe izabasha kwegukana iri rushanwa rya Prudence izabwa miliyoni 3, iya kabiri igahabwa miliyoni 2 naho iya gatatu ikegukana miliyoni imwe y’ amafaranga y’ u Rwanda mu gihe iya nyuma ntacyo izabona

Alphonse M.PENDA (Amafoto: Niyonzima Moses)







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Jk 9 years ago
    sha Rayon ndayifana ariko iri mukaga.
  • mukamana diane9 years ago
    byiza cyane gikundiro yihangane tuyifatiye iryiburyo ku mukino usigaye twishimiyi amafoto yabakinnyi basha ba reyo mwatweretse





Inyarwanda BACKGROUND