RFL
Kigali

OMS iravuga ko ibinyobwa bidasembuye byongerwamo isukari biri ku isonga mu kongera indwara zitandura

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:4/06/2018 11:44
0


Ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku buzima OMS riratangaza ko ifatwa ry’ibinyobwa bidasembuye byongerwamo isukari riri ku kigero cyo hejuru kandi bikaba bituma indwara ziterwa n’ibi binyobwa ziyongera ku bwinshi mu batuye isi



Ni muri urwo rwego rero OMS yafashe umwanzuro wo gukora ubukangurambaga mu kuzamura umusoro w’ibi binyobwa nibura ho 20% bityo n’ifatwa ryabyo rizagabanuka 20% bitume impfu ziterwa n’ifatwa ryabyo zigabanuka kuko imisoro izaba yiyongereye bitume n’ababinywa bagabanuka

Ibi byatangajwe na Dr. Tedros Adhanom Ghebrehesus ubwo yandikaga ku rukuta rwe rwa twitter ko ashyigikiye kuzamurwa kw’iyi misoro

OMS ivuga kandi ko abenshi mu bahitanywa n’indwara zitandura zirimo iziterwa n’ibinyobwa bidasembuye byongerwamo isukari aria bantu batuye mu bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere, ivuga kandi ko hakenewe kuzamurwa kwimisoro y’itabi kugirango nabyo bigabanye umubare w’abarinywa kuko naryo riri mu bitera impfu nyinshi

Ngo hatagize igikorwa mu rwego rwo kwrinda impfu ziterwa n’ibi binyobwa, byazakomera cyane kuko kuri ubu hagararara abantu bangana na 71% bapfa bazize indwara zitandura ziterwa n’ibinyobwa bidasembuye byongerwamo isukari

Src: www.who.int

 

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND