RFL
Kigali

NKORE IKI: Umusore twitwa ko dukundanye imyaka 6 yishakiye undi mukunzi, barashwana none yangarukiye

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:27/03/2017 22:39
12


Buri mu ntangiriro z’icyumweru, Inyarwanda.com tubagezaho inkuru ya NKORE IKI aho abasomyi bacu bagisha inama bagenzi babo binyuze kuri uru rubaga. Kugeza ubu hari benshi iyi gahunda imaze gufasha.



Uyu munsi tugiye kubagezaho inkuru y’umukobwa wandikiye Inyarwanda.com akatubwira ko amaze imyaka 6 akundana n’umusore banganya imyaka ariko mu rukundo rwabo bikaba bitaragenze neza kuko umusore yaje kwishakira undi mukunzi, akajya aryarya wa wundi wa mbere. Gusa byaje kugera aho wa mukunzi wa kabiri yashatse bashwanye, nuko umusore ahitamo kugarukira umukunzi we wa mbere ari na we watwandikiye. Umukobwa aragisha inama kuko yabuze amahitamo, ari kumva naramuka amwemereye kongera bagakundana bishobora kuzagenda nka mbere. Dore ubutumwa yaduhaye ngo tububagezeho uko buteye:

"Muraho neza! Ndabashimira kubw’iyi gahunda mwadushyiriyeho yo kugisha inama, mpamya ntashidikanya ko ifasha benshi. Nanjye rero nkaba nifuza kuba muri abo. Nkeneye inama zanyu ni ukuri. Ndi umukobwa w’imyaka 24 nkaba ndi mu mwaka wa nyuma wa kaminuza. Nakundanye n’umuhungu twiga mu mwaka wa gatandatu w’amashuli yisumbuye ubu twujuje 6 years (imyaka itandatu) twitwa ko turi kumwe.

Kuva twakundana ntibyavuzweho rumwe haba mu nshuti zacu ndetse no mu miryango yacu. Njye na we tunganya imyaka bivuze ko na we afite imyaka 24 gusa njye mfite igikuriro uba ubona ndi umukobwa mukuru we afite igara rito uba ubona ari umwana kuri njye ariko njya kumukunda ibyo sinabyitayeho rwose nisanze mukunda ndetse cyane. Gusa inshuti ze zamuciye intege zimwumvisha ko ntari uwe, ntari ku rwego rwe ndetse ko niturangiza S.6 (ayisumbuye) ntazongera kumwikoza.

Ibyo narabyumvaga nkamuhumuriza nkagerageza kumwumvisha ko ibyo abwirwa atari byo nkurikije urukundo numvaga mukunda. Ntibyatinze twaje gusoza ayisumbuye murabizi namwe abakobwa ukuntu duhinduka vuba cyane iyo dushyizeho ibisuko n’ibindi ku mutwe, ni ko byangendekeye noneho arushaho kwiheba yumva ko tutazamarana kabiri ariko ku ruhande rwanjye nari nkimukunze rwose. Nahuye na benshi bafite imitungo dore ko ari yo baza barata  bansaba urukundo, abandi bansaba kubana gusa ibyo sinabikozwaga kandi ni bwo twari tukirangiza ari njye cyangwa umuhungu nta n’umwe wari wakabonye akazi. Inshuti zanjye n'abo mu rugo bari babizi ko nkunda uwo muhungu ntamurutisha amafaranga gusa bancaga intege ko bitazashoboka ko twazabana kuko tunganya imyaka turi no ku rwego rumwe haba amashuli n’ubushobozi bw’amafaranga.

Twaje gutangira kaminuza abona akazi nanjye biba uko ariko mu rukundo bwo yampozaga ku nkeke kwa kutiyumvisha kwe ko ndi uwe byatumye nta cyizere angirira mu bintu byose, twahoraga dushwana umunsi ku wundi kandi dupfa utuntu tw’amafuti. Natangiye kwemera ko ibyo inshuti zanjye zambwiraga byari byo ko turi mu rukundo rw'ubwana nta kintu kizima tuzageraho. Byatumye mfata icyemezo mubwira ko twaba duhagaritse umubano, byagenze gutyo buri wese akomeza inzira ye, mbibutse ko hari hashize umwaka umwe turangije ayisumbuye.

Ku ruhande rwanjye kugira undi mukunzi narabigerageje birananira neza neza mba mu bwigunge kugeza igihe mama wanjye byamurenze angira inama yo gusubirana na we aho kuba muri ako gahinda. Nabibwiye umuhungu ariko we ntiyabyisanzemo kuko yari yarabonye undi mukunzi ariko na none kumpakanira byaramunaniye atangira kudukunda turi babiri ari njye tukabishwanira ari n’uwo mukunzi we wundi bagashwana, bivuze ko muri twese batatu nta n'umwe wari wishimye muri iyo mikino twarimo, nari mbizi ko afite undi ariko kumureka birananira ahubwo nkumva ndi kumukunda cyane. Abo mu rugo ntibatinyaga kumbwira ko ahubwo yandogesheje ahari, nanjye nongera kwiheba nishinja amakosa nibaza impamvu ntabashije kumwihanganira ko wenda yari buzahinduke.

Twakomeje kuba muri ibyo, bigera aho birakomera, cyane cyane umuhungu we byamubereye ihurizo. Yarankundaga ariko n'uwo bari kumwe bigaragara ko yaratangiye kumukunda yabuze amahitamo hagati yacu, yagisha inama bakamubwira ko n’ubundi ntamukundaga atari kuzanshobora yari kuzajya andwanira n’abandi bahungu n’ibindi byinshi kandi akabimbwira. Njye nkamusobanurira ko twabaye abantu bakuru ntawugomba kumuhitiramo uwo agomba gukunda n’uwo areka, mwemerera ko icyemezo cyose azafata nzacyubaha ndetse nkagikurikiza, yahitamo uwo cyangwa njye.

Ntibyatinze yahisemo uwo wundi ariko ntiyagira ikintu na kimwe ambwira ahubwo akoresha ibikorwa. Ntiyongeye kumpamagara cyangwa kunyandikira. Ntitwongeye kubonana amezi menshi arashira mbese mbona neza ko njye yankuyemo. Narababaye ngira agahinda ntigeze ngira mu buzima bwanjye, narize amanywa n’amajoro ntabara. Nagiriwe inama nyinshi zo kumureka no kumwibagirwa burundu, ko atakiri uwanjye bibanza kungora ariko nyuma ndabyakira nihanagura amarira niyemeza ko ngiye kugerageza nkamwibagirwa ko nzabona undi nkunda ndetse na we akankunda. Ibyo gukunda undi byo byarananiye numva ko ari ibintu bizaba biza ahubwo nahanze amaso akazi n’amashuli cyane.

Umusore ntibyamuhiriye kuko we na wa mukunzi we baje gushwana biturutse ku mukobwa, atangira kongera kunyiyegereza maze umutima umwe ukambwira ko atakiri uwanjye ngo nikomereze gahunda zanjye ariko akandi gatima kakimukunda kakampata kumubabarira tugakomeza.

None ubu ndibaza nti ese koko ubu aracyankunda? Uko yansize si ko azongera? Inshuti zirambwira ngo mwihorere ntegereze uzaza nyuma ngo azankunda bya nyabyo, n’ubundi ngo uriya wa mbere ntateze kungira umugore vuba kuko nta n’ubushobozi aragira kandi njye maze kuba umukobwa mukuru. Izindi nshuti ziti “Mubabarire musubukure urukundo ubushobozi buzaza ubundi muzabane"

Nshuti bavandimwe, basomyi b'Inyarwanda.com ndabinginze mungire inama, gutegereza undi mbivemo nsubirane n’uwo nakunze iyo myaka yose ndetse ngikunda? Ese nasubirana na we ntibibe byiza na none nkongera ngata igihe ngakomeretsa umutima wanjye na none? Cyangwa mwihorere ntegereze undi na we nzamukunda nkuko nakunze uwo? Mungire inama y’icyo nakora ndabinginze. Murakoze.

Tubibutse ko umuntu ushaka kugisha inama kuri inyarwanda.com, yohereza ubutumwa bukubiyemo ikibazo cye kuri Email yacu: nkoreiki@gmail.com kandi  umwirondoro we ugirwa ibanga 100 %.  Amafoto dukoresha kuri izi nkuru akurwa kuri internet.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • David7 years ago
    ndumva wamubabarira harigihe yicujije ibyo yagukoreye akaba yarahindutse
  • Ngabo 7 years ago
    Mwihorere aragutesha igihepee
  • JL7 years ago
    Nsomye iyi nkuru yawe numva nifuje kugira inama nkugira. Ni ubwa mbere ntanze comment kuri uru rubuga sinazobereye mu bintu byo gukunda cyane ariko icyo namaze kubona ni kimwe. Umuntu ukunda uba umukunda niyo uwo musore wamureka ukazabona undi, n'ubundi aho muzahurira hose urukundo numva umufitiye ruzagaruka. Inama nakugira ni ukwirengagiza iby'imyaka n'ubushobozi, ugakunda uwo umutima wawe unyuze. Ahari urukundo nta kintu kihabura. Humura n'ibindi bizaza rwose.
  • Dan7 years ago
    burya iyo ubonye umuntu ugukunda uba ugize amahirwe!! ariko hari igihe twirengagiza ko no kubona uwo umutima wacu ukunze ari andi mahirwe adapfa kuboneka!! kuba yarahoraga afite umutima uhagaze kubera wowe suko yarakwanze cg atifuzaga kukubona utuje ahubwo n urukundo rwabimuteraga!! no gutandukana wibuke ko ari wowe wabizanye nkuko wabyanditse!! kuba yarashatse undi si ikosa rikomeye kuko niwowe wamuhaye iyo occasion ndetse no kuba yarananiwe gufata icyemezo cyo kuguhakanira ntekereaa ko yari akigukunze ariko nawe akagira ubwoba bwuko uzongera kumukatira!! nshuti muvandimwe ntawudafudika kuko ntituri abamalayika!! amahirwe yawe naya we kuyitesha ngo umureke agende kuko ushobora no kuzapfa utabonye undi nkawe komeza ibyo ufite ibuo gutegereza ibyo utazi iyo bizava bivemo!!!
  • lulu7 years ago
    Akenshi iyo umuntu agisha inama mu bijyanye n'urukundo aba afite mu mutima we uko yumva byagenda ariko hakazamo akantu ko gushidikanya. Ubuzima bwo gukunda niko bumera bubamo imisozi n'ibibaya. gusa icyo nakumenyesha n'uko kurekura umuntu wakunze biragora. Nonese uyu muntu wananiwe kureka igihe cyose yakubabazaga, atakwizera,kugera aho akubangikanya n'undi, hanyuma n'igihe witwa ko wamuretse ugakomeza ubabaye mu mutima wawe kubera ukuntu wahoraga umutekereza, ndetse wagerageza n'izindi nkundo bikanga, ubu ngubu akugarukiye nibwo wumva wahitamo kumujugunya!!!! Uribeshya siko mumutima wawe bimeze. Ecoute ce que ton coeur te dit. Icyo nzicyo n'uko n'ubu waka inama z'icyo wakora uramukunda cyaneee kandi atarakugarukira wumvaga agarutse wamusanganira wiruka. Ukuntu twe abantu duteye, iyo ikintu utagifite niho urushaho kugikunda no kucyifuza, wamara kukibona ukumva ari ibisanzwe kandi nyamara cyarahoraga kiguhangayikishije umutima. wimera gutyo rero, ishime ko akugarukiye, ishime ko le seul amour de ta vie yongeye kukugarukira. Inama: 1. Musabe ko muganira wibohore umutima umubwire uko yagushavuje kubera ibyo yagukoreye byose, ibyo nawe bizatuma abohoka asabe n'imbabazi mutangire bundi bushya 2. Genzura neza ko nta wundi yaba akubangikanya nawe nanone, cyangwa agifite uburyarya, nusanga ariko bimeze. Hita umureka bikiri vuba kuko munabanye yazakomeza kukubabaza.
  • gakondo7 years ago
    Bigendemo gake ubanze nawe umwangire urebe uko abyitwaramo mugihe gito uzamenya niba akigukunda
  • Dada7 years ago
    Namur elements azabona undi
  • liliane7 years ago
    harugusubirana binganyira ukazahorana aghinda knd yarakwiyeretse hakirikare uko ateye shishoza udahubuka ugahorana iyomenya
  • keny7 years ago
    Hey,iyi nkuru nanjye ndumva inkozeho. Njya ndakugira inama yo kumuhamagara mukicara mukaganira byose n'izo mpungenge ufite ukazimubwira ariko rwose ukabikora ugamije kumwemerera mugasubirana. Erega nibe n'uwo uramuzi. Nutanamwemera ugategereza undi azaza ufate igihe cyo kumwigaho bifate igihe na we usange afite andi makosa utakwihanganira cg upfe gusanga uwo ubonye dore ko wavuze ko utangiye gukura. Iyemerere uwo nguwo gusa umubwire urwo rukundo rwose wahoze umufitiye kugeza uyu munsi. Abantu bajya banga gufungurira amarangamutima yabo abo bakundana bigatuma hakomeza kubaho gushidikanya. Bonne chance.
  • me7 years ago
    David,JL,Ngabo,Liliane,lulu,keny,Dan,Gakondo,Dada Mwakoze cyaneee kubw umwanya wanyu mwafashe mukangira inama.Uwiteka abampere umugisha Noneho ubu mbony byinshi ngiye kubanza gukora mbone mfate umwanzuro kd ndabikesha MWe, Murakoze pe!
  • UN 6 years ago
    Ibyo ni ukuri rwose
  • Abijuru ange justine1 week ago
    Uwo muhungu uko bisa kose uracyamukunda ntago wigeze umwikuramo! Wazashatse umwanya mugahura mukaganira ukamubwira ibyo wanyuzemo byose kubera we kd ukamubwirako watangiye gushaka kumwikuramo kuko utinya ko azakubabaza, ukareb uko abyitwaramo?Gusa uzirinde kurira uri kumwe na we, ni ikosa ribi cyane





Inyarwanda BACKGROUND