RFL
Kigali

NKORE IKI: Umwana wa Oncle wanjye uba i Gisenyi bamufashe ku ngufu none bambwiye ko nta transfer afite kuko amafaranga tutayabona

Yanditswe na: Editor
Taliki:3/12/2018 18:57
10


Mu nkuru tujya tubagezaho z'abasomyi bacu baba batwandikiye aho baba bagisha inama, kuri ubu itahiwe n'iy'umusomyi watubwiye ko afite ikibazo kimukomereye dore ko hari umwana wo mu muryango we bafashe ku ngufu akaba arembye cyane kandi nta n'ubushobozi buhari.



Mu butumwa yatwandikiye yagize ati:

Maze kumva inkuru imbwira ko umwana wa Oncle wanjye uba i Gisenyi bamufashe ku ngufu. Ni umwana w'imyaka 7, abahungu b'ibirara bane baramufashe baramwangiza ku buryo nta kintu na kimwe batamukoreye. Umwana ntabasha kwicara, ntabasha kugenda, nta kindi abasha usibye kuryama. Yiyitumaho kandi ngo n'imbere he barahangije. Ibi byabaye hashize igihe gito maman w'umwana apfuye. Papa we arakennye cyane, nta kazi afite kandi afite abandi bana. Uyu umwana ntabwo papa we abasha kumuvuza.

Nagerageje kureba niba yamuzana i Kigali muri CHUK bakamusuzuma bakagira nibura imiti bamuha, ariko bambwiye ko nta transfer uwo mwana afite kuko amafaranga tutayabona. Ikibazo ni uko ibitaro byo ku Gisenyi bitari kumuha transfer. Buri uko agiyeyo bamubwira ko akanama k'abaganga kazabyigaho kandi umwana ari aho ari kuborera mu rugo. Ndabinginze ngo umuntu ufite umutima namfashe dushake uko uyu mwana yavuzwa. Si ndi umuganga ariko nkurikije uko bambwira ameze, azakenera kubagwa.

Email yanjye ni lisaletta@gmail.com ikindi ndasaba ngo twese tuvuge ikibazo cy'abana bari gufatwa ku ngufu mu biturage, ababikoze ntibafatwe kandi ibyo bakora ari nko kwica. Mbaye mbashimiye.

Tubibutse ko umuntu ushaka kugisha inama kuri inyarwanda.com, yohereza ubutumwa bukubiyemo ikibazo cye kuri Email yacu: nkoreiki@gmail.com kandi  umwirondoro we ugirwa ibanga 100 %. 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Isange5 years ago
    Mukomere,ariko se niba umwana yarahohotewe agafatwa ku ngufu,mwaba mwaraciye munzira zisabwa zo kwegera ISANGE ONE STOP CENTRE ku bitaro bya Gisenyi ngo ahabwe ubufasha bwose akeneye ko butangirwa ubuntu?! Niba byarabaye se ntibikurikiranwe,mwamuzanye kuri ISANGE ku bitaro bya Kacyiru umwana agahabwa ubufasha bwose akeneye? Inzira zo gusaba transfer muzivemo musabire umwana ubufasha kandi buratangwa kuri za ISANGE ku buntu mu Rwanda hose.
  • Deborah5 years ago
    Umbabarire gusa sinkututse arko nkubaze ubwo urumwana bingana iki kuburyo utazi kuri police niba abaganga baranze kubafasha urumva ntakindi wakora ubwose urajyisha inama nawe ubwawe utayigiriye nkuwo mwana apfuye ntago wakishinza icyaha yego da ise numucyene arko ndacyeka mwasaba nubufasha rega niba atanafite mutuel kdi nawe ubwawe wabikora gusa ndababaye pe
  • 5 years ago
    Nya mu buyobozi,ngo iki?ibi se byadutse i Rwanda ni ibyahe?polisi nibihagurukire vuba ibyo bigoryi bihanwe mu ruhame n abandi barebereho.
  • anonymous5 years ago
    iyi nkuru niba ariyo birabaje kandi ntibyunvikana umwana wahohotewe cg uwariwe wese aravuzwa kubuntu ntakintu asabwe ntimwitwaze ubukene mujye kuri isange one stop center ya gisenyi byose birakemuka merci
  • Lisa5 years ago
    Abatanze ibitekerezo mwese mwakoze cyane. Iyo isange one stop nubwambere nyumvise. Intekerezo zanyu ndaziha papa wumwana maze turebe ko bamufasha. murakoze cyane
  • Lisa5 years ago
    Update: Papa wumwana yanjye umwana kuri iyo centre isange one stop. Bamubwiye ko bazamuhamagara munissi ibiri ubera paper work zigomba gukorwa. Yanambwiye ko yabimenyesheje polisi, polisi ikamubwira ngo nategereze bazamuhamagara. Thank you again everyone!
  • Lisa5 years ago
    UPDATE: nagirango nongereho kuru iyi nkuru ko 1. polisi yarabimenyeshejwe, yabwiye papa wumwana ko izamuhamagara nuko hashize iminsi. 2. umwana yajyanywe kwamuganga, gusa kubera ubukeneye, papa we yambwiye ko atabashakaga kumuvuza uko bikenewe. Ariyo mpamvu twashaka transfer ngo aze i kigali tumufashe. 3. Isange one stop centre ntabwo twari tuyizi, ariko mumaze gutanga ibitekerezo, umwana yajyanyweyo, babwira papa we ko bazamuhamagara ejo cq ejobundi.
  • NSHIMIYE NTAMUGABUMWE JIMMY5 years ago
    mbega inkuru ibabaje
  • ntwali phenias4 years ago
    mbajye kubasuhuza mwiriwe nshuti ndashaka umukunzi wumukobwa utaregeja kuva kumyaka 28 kugeza kuri mirogo 32 mba Kicukiro ariko winzobe kandi ufite akazi kuko ndashaka kubaka njyewe ndakora nkaba mfite imwaka 32 mbaye mbashimiye ko mudahwema kutuba hafi mbaje mbashimiye nshuti zacu
  • ntwali phenias4 years ago
    mbajye kubasuhuza mwiriwe nshuti ndashaka umukunzi wumukobwa utaregeja kuva kumyaka 28 kugeza kuri mirogo 32 mba Kicukiro ariko winzobe kandi ufite akazi kuko ndashaka kubaka njyewe ndakora nkaba mfite imwaka 32 mbaye mbashimiye ko mudahwema kutuba hafi mbaje mbashimiye nshuti zacu phone mwambonaho 0788910614





Inyarwanda BACKGROUND