RFL
Kigali

NKORE IKI: Umusore dukundanye imyaka 4 yambwiye ko yanduye SIDA mbere y'amezi macye tugakora ubukwe

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:16/05/2017 18:25
18


Muri NKORE IKI y'uyu munsi tugiye kubagezaho ubutumwa bw'umukobwa watwandikiye akaduha ubutumwa yifuje ko twabumuhera abasomyi bacu kugira ngo bamugire inama. Uyu mukobwa avuga ko afite umuhungu bakundana ariko akaba afite ikibazo cy’uko uyu muhungu yanduye agakoko gatera SIDA.



Ikibazo cye yifuza ko mwamugiramo inama giteye gutya:

Inyarwanda ndabashimira iyi gahunda mwashyizeho kugira ngo tugishe inama. Njyewe ndasaba abasomyi b’uru rubaga kumfasha bakangira inama kuko nabuze amahitamo rwose. Ndi umukobwa w’imyaka 26 y’ubukure, sinjya nywa inzoga na cyane ko iwacu turi abaporoso, ni ubwo buzima nakuriyemo, nkunda Imana nkatinya icyaha. Mu rukundo maze imyaka 4 nkundana n’umusore twamenyaniye i Kigali, iwabo ku ivuko ni mu karere ka Rubavu naho njye mvuka mu karere ka Nyanza nkaba mba muri Kigali kubera ishuri, ubu ndi gusoza kaminuza.

Mu buzima bwanjye sinigeze njya mu ngeso z’ubusambanyi, yego sinavuga ko ndi isugi kuko ntababeshye nabikoze inshuro imwe gusa icyo gihe nigaga mu mwaka wa gatandatu w’amashuri abanza ndyamana n'umwana twakundanaga ariko nyuma twaje gushwana ubu asigaye yiga hanze. Kuva icyo gihe sinongeye kuko naje kwiha gahunda yo kutishora mu busambanyi kuko nari maze kubona urungano rwinshi rutwara inda zitateguwe, bamwe bagahita bava no mu ishuri. Ngeze muri segonderi ninjiye mu bintu b'Imana ndetse nanabayeho pasiteri.

Mu gutangira uyu mwaka wa 2017, umukunzi wanjye umwe nababwiye tumaranye imyaka ine dukundana, yansabye ko twazabana nk’umugabo n’umugore, nanjye ndamwemerera kuko mukunda cyane ndetse ndanamwizera pe ku bijyanye no kuba atanca inyuma. Igihe tumaranye dukundana, nabonye ari umwana mwiza, ni umusore w’umurokore utishushanya pe, iyo tuganira aba ambwira amagambo aganisha cyane ku Mana ndetse akanangira inama z’uko nakwitwara mu buzima bw’i Kigali nkiyubaha nk’umwali w’umunyarwandakazi.

Bavandimwe mungire inama kuko mfite ikibazo ndetse kinkomereye, uti giteye gute? Ejo bundi kuri St Valentin naramusuye i we mu rugo kuko yari yabinsabye kandi tukaba tunitegura kubana mu kwezi kwa 12 uyu mwaka, numvaga ari umwanya mwiza wo gupanga byinshi kuri gahunda y’ubukwe dufite. Naragiye, nuko ngezeyo, ikintu yambwiye, yaranyicaje ambwira ko ku munsi w’abakundana, yifuje ko yambwiza ukuri kweruye. Yambwiye ko ankunda cyaneee ndetse ambwira ko murutira abandi bakobwa bose mu mico n’uburanga, gusa hari ikindi kintu yambwiye umutima urikanga na n'ubu nta mahoro mfite mu mutima.

Cher wanjye yambwiye ko yanduye agakoko gatera SIDA anambwira ko ayimaranye imyaka 8, akaba yarayitewe na muka se wamufashe ku ngufu, icyo gihe akaba yarafite imyaka 15 y’ubukure. Mukase bahise bamufunga, nuko undi akurana icyo gikomere ari nacyo cyamuteye kwirundurira mu Mana, gusa umubonye agenda ntiwakeka ko arwaye SIDA kuko ni umusore mwiza ukunda abantu kandi wiyubaha, wongereho ko ari n’umurokore.

Muri iyo myaka 4 ariko tumaranye mu rukundo, nta na rimwe turaryamana kuko yambwiye ko Imana yanga icyaha urunuka ndetse ibyo byatumye ndushako kumukunda cyane. Mu by’ukuri, ikibazo mfite, ndi kwibaza niba namwemerera tugakomeza gahunda y’ubukwe, cyangwa niba nabihagarika kuko mfite impungenge ko azanyanduza agakoko gatera Sida cyangwa se tukabyara abana banduye. Njyewe ariko nta bwandu mfite kuko njya gutangira kaminuza nagiye kwa muganga kwipimisha kugira ngo menye uko mpagaze, bansanga ndi muzima. Nkimenya ko yanduye, ibiganiro byarahindutse biturutse kuri njye kuko rwose sinkimwiyumvamo, kandi ubwo harabura amezi 7 tugakora ubukwe. Mumfashe, mungire inama. Murakoze Imana ibahe umugisha.

Tubibutse ko umuntu ushaka kugisha inama kuri inyarwanda.com, yohereza ubutumwa bukubiyemo ikibazo cye kuri Email yacu: nkoreiki@gmail.com kandi  umwirondoro we ugirwa ibanga 100 %.  Amafoto dukoresha kuri izi nkuru akurwa kuri internet.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Julien 6 years ago
    Ok uki mbibona GUKUNDANA ni kimwe no KWIYEMEZA KUBANA ni ikindi. Kuba mwembi mwarakundanye ni byiza ntakosa mwakoze. yaguhishe ko yanduye kuko igihe cyo kubikubwira cyari kitaragera. ............Nkimenya ko yanduye, ibiganiro byarahindutse biturutse kuri njye kuko rwose sinkimwiyumvamo..... ...1.ARE U SURE KO UTARIMO KUMUHA AKATO? Ibi bishobora guterwa nimyumvire dufite kuri SIDA mubihugu byacu bikiri munzira yamajyambere. 2. Ntago wakwiyemeza kubana numuntu UTAKIYUMVAMO kuko nyuma ya marriage azaba agukeneye birushijeho. 3.Niba utakimwiyumvamo ibyo ubukwe mube mubyihoreye, Wowe umuhe umwanya uhagije, umutege amatwi. Mufatire umwanzuro hamwe. Sindashaka arko kubaka urugo ni ikintu kirenze kubyara abana, kugira ubuzima bwiza..... Wirinde kumuha AKATO kuko byaba ari imyumvire yo hasi.
  • eva6 years ago
    umuntu urangiza kaminuza!!! ntago mwabana niba ushaka ubuzima
  • Frank6 years ago
    Mushiki wacu iki kibazo kirakomeye, ntiwayoborwa n'urukundo, ushyire ubuzima mukaga ubizi, rwose siwe muhungu wenyine mwiza, ukijijwe, w'umunyakuri, gusa impungenge mfite yaba ari umutego wo kukugerageza afite? Abaye arwaye wamureka rwose kuko wazarinda upfa warabuze ibyishimo ukajyana agahinda kavanze no kwicuza.
  • Bahore6 years ago
    Bireke kuko ninkokwiyahura!
  • 6 years ago
    yvette.jye ndumva wamuha umwanya mukaganira mugafatira hamwe umwanzuro wicyo kibazo kuko biragoye kwiroha murupfu kd urubona munabanye abana banyu bazabaho mubuzima butoroshye!!!
  • maniriho6 years ago
    Mushyiki wacu reronjyewe inamayanjy niye uwomusore numwanamwizapeee kuko abayarayiguteye keraaa gusa aragukundapeee njyenumvawamusanga kuku uyitewe nuwutigezukunda byazakubabaza cyaneee ntukazizumuntu ko akubwijukuri kuko hariryarya zitakubyira ukazabona byararangiye kuko mubanduyebabana ibayaravuye kumuntumwe ariko bakitana bamwana murakoze
  • 6 years ago
    Muracyari nabato ukumvako afite23 wwe 26 uranamuruta ubworro mubehafi kubanawe yarakubwiye koyanduye nuko yaraziko mutabana mugihewaburimuzima!!, mubehafibisanzwe buriwec murimwe azabonuwo bahuje UBUZIMA.
  • 6 years ago
    Mbega ikibazo gikomeye! Muvandimwe ugize amahirwe umukunzi wawe akubwije ukuri, gusa nawe tuza, umusabe mujyane kwipimisha kuko wasanga akugerageza. nusanga aribyo mukomeze mubane nk'inshuti zisanzwe, Ukomeze usenge cyane bitazatuma uva mu gakiza, kandi wirinde no guhita ukundana nundi utarabyakira neza bikaba byatuma uhubuka ukaba wagwa no mungeso mbi. kubana byo ndabona bitabakundira, wowe byatangiye no kukuvamo.
  • PearlG6 years ago
    Uwo muhungu ni umwana mwiza, kuba atarakwanduje n'Imana wagize ahubwo shima Imana nuwo musore. Icyo mbona kibabaje nuko wavuze uko utakimwiyumvamo naho iyaba wamwiyumvagamo by'ukuri wakwemera mugashakana mugakoresha process zose zatuma utandura or abana bawe ntibandure ariko ubwo utakimwiyumvamo ni feu rouge!! Inama nakugira mwicare muganire, burya uri kumubabaza kurushaho mu kutaganira na we nka mbere yuko abikubwira, none mwicare, umubwire uti tubwizanye ukuri, urumva bikwiye ko dukomeza umushinga waranduye? ati umbabarire si ukukwicaho ariko ni ukuri k'ubuzima..donc muganire nk'abantu bakuru mufate umwanzuro.. gusa n'umureka gutyo gusa uzaba umukomerekeje abone uwo yakundaga amwanze nta busobanuro cg ubwumvikane, agize kuba yaranduye no kubengwa!! Yoo..If someone once felt like the world to you, do not treat them like trash even when you wanna leave them. Mwubahire ko mwakundanye mutandukane mu mahoro
  • damour6 years ago
    sister nkumbwijukuri mureke kuko ubuzima buruta byose
  • SAMUEL6 years ago
    MWIHORERE PEE!
  • Fifi6 years ago
    Muzabanze mwipimishe;wasanga akubeshya; Nusanga arwaye uzajye umufata nka musaza wawe!
  • Lucky6 years ago
    byaba byiza mwembi mugiye kwipimisha
  • patrick6 years ago
    mujyane kwamuganga nusanga yaranduye uzanshake twibanire nubundi nashakaga umugore
  • Nkurikiye6 years ago
    Uyu musore arakubeshya ntabwo arwaye, muzajye kwipimisha mwembi. Iyo aza kuba arwaye aba yarabivuze mbere yo kugusaba mariage. Naho ubundi, ndakeka ashakako mushwana cg ari ukukugerageza cg yaramaze kubenguka undi mwana doreko unamuruta mumyaka.
  • umutoniwase6 years ago
    kuba warahindutse kuburyo mwari mubanye akimara kukubwira ukuri nuko gahunda ufite mu buzima wumva utabana n'umuntu wanduye ngo zigerweho. so wamubera inshuti nziza isanzwe ukajya umufashe no kwiyakira.
  • 6 years ago
    Hari icyo yaguhishe cyangwa arikuguhisha, ubwo umuntu utarakubwiye mbere ko yanduye koko akaba akubwiye ubu hashize 8 years mugiyekurushinga? niyo wamureka wamuha credit ukamubahafi kubera 2 things, (1 )akubwije ukuri (2) ntiyakwanduje.. ese yipimishije dryari hashize igihe cyingana gute ese inshuro zingana afite results? yipimishije? icyizamicyurukundo?? gusa icyibazo cyawe nticyoroshye ariko sishoza niwowe bizagiraho ingaruka...
  • Didi6 years ago
    Mwaramutse neza, umva rero nkugire inama ubwo uziko ushobora gusanga ari ukukubeshya agirango mutandukane! wowe tuza ugerageze kwakira ko nyine mutagikomezanyije, hanyuma uzabe ureba ibikurikiraho, uzabona undi rwose ubwo uwo si uwawe. jyewe byambayeho dukundana n'umuhungun twitegura no kuzabana n'iwacu bari bamuzi n'iwabo banzi, aza kuntumira turaganira ambwirako afite ikibazo gukomeye gituma tudakomezanya ko muganga basanze arwaye hepatite B kdi ko bitakunda ko tubana kuko nyine yayinyanduza tukazayanduza numwana. ubwo nyine ndariraaa numvaga ubuzima bwanjye burangiye kuburyo dutandukanye n'imodoka zari zigiye kungonga kuko numvaga ubuzima nta cyerekezo bufite. Icyaje kumbwirako byari ukubeshya ni uko nyuma yagiye agabanya kumvugisha namuhamagara ngo arumva atameze neza nuko biza kurangira. ubu yararongoye kdi ni muzima baranabyaye. Tuza rero mukobwa mwiza abahungu b'iki gihe ni aba escrots imitwe yabo nimyinshi ashobora kuba abona ntampamvu igaragara yakubwira ko mutandukana agahumba ibyo.





Inyarwanda BACKGROUND