RFL
Kigali

Mu rwego rwo gushimisha abakurambere, Helen w'imyaka 63 yakoze ubukwe bwa 2 n'umwana w'imyaka 9 - AMAFOTO

Yanditswe na: Editor
Taliki:18/07/2014 17:25
13


Umugore w’imyaka 63 y’amavuko witwa Masilela Helen Shabangu yashyingiranwe bwa kabiri n’umwana w’umuhungu w’imyaka 9 y’amavuko witwa Sanele Masilela, aba bakaba baragize ubukwe bw’igitangaza ndetse bwitabirwa n’abantu benshi, aba kandi bakaba bakoze ubukwe ku nshuro ya kabiri ngo bashimishe abakurambere.



Ubwo aba bageni badasanzwe basezeranaga, Sanele Masilela  yasomye umugore we Helen ndetse anamubwirira imbere y’imbaga ko amukunda hatitawe ku kinyuranyo cy’imyaka kiri hagati yabo, ibi bikaba byarabaye hari abagera ku 100 batashye ubu bukwe bw’agatangaza.

Umugore w'imyaka 63 yashyingiranwa n'umwana w'imyaka 9 y'amavuko

Umugore w'imyaka 63 yashyingiranwa n'umwana w'imyaka 9 y'amavuko

Uyu mugeni Helen Shabangu w’imyaka 63, yambitse impeta umwana wagakwiye kuba ari nk’umwuzukuru we, uyu akaba ari Sanele Masilela w’imyaka 9 basezeranye kuzabana akaramata, mu bukwe bwabereye mu gace kitwa Kildare Village muri Mpumalanga ho mu gihugu cya Afrika y’Epfo.

Basomanye imbere y'imbaga kandi ni inshuro ya kabiri bakoze ubukwe

Basomanye imbere y'imbaga kandi ni inshuro ya kabiri bakoze ubukwe  

Uyu mwana w’imyaka 9, Saneie Masilela, akomeje guca agahigo ko kuba kugeza ubu ari we mugabo wubatse muto kurusha abandi ku isi, aka gahigo akaba yaragatangiye umwaka ushize ubwo yashyingiranwaga n’uyu mugore we afite imyaka 8 naho umugore afite imyaka 62.

abageni

Uyu mugore w’imyaka 63 asanzwe afite abana batanu bakabaye babyaye uyu mugabo we kuko bari hagati y’imyaka 28 na 38, aba nabo bakaba bari mu bantu bagera ku ijana bitabiriye ubu bukwe budasanzwe. Muri ubu bukwe kandi hari uwahoze ari umugabo wa Helen witwa Alfred Shabangu w’imyaka 66, nawe akaba umwaka ushize yaritabiriye ibirori byabanje by’uwahoze ari umugore we banabyaranye.

wed

ubukwe

Ibi byakozwe ni bimwe mu mihango y’abatuye muri iki gihugu bavuga ko baba barategetswe n’abakurambere, iyo ndetse ikaba ari nayo mpamvu yatumye bongera gukora ubukwe ku nshuro yabo ya kabiri ngo abakurambere barusheho kwishima. Uyu mwana ngo nakura azashaka umugore bangana ariko ubu yashakanye na Helen kuko amukunda, n’ubwo batabana buri gihe, gusa ngo bajya bahurira aho mama w’uyu mwana akorera.

ubukwe

ubukwe

Ubu bukwe ariko n’ubwo abatazi umuco w’abatuye muri iki gihugu bashobora kubifata nk’amahano, kuri bo nta kibazo babibonamo kuko ngo ari uburyo bwo gushishima abakurambere babo bityo aba bageni badasanzwe nabo bakaba barishimiye gushyingiranwa ndetse bakanashimira imiryango yababaye hafi ikanabashyigikira bakabasha gukora ibishimisha abakurambere babo.

Manirakiza Théogène






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • nkubito9 years ago
    IMICO IRAGWIRA DA
  • bacamubyago emmanuel9 years ago
    ooooooh my God, very bad image
  • h9 years ago
    arangije aranamusoma??
  • Frora9 years ago
    Namashitani namahano iyi si uwayivuyemo yaruhuste byishyi irihafi kuranjyira
  • Nzabakurikiza silas9 years ago
    ibi ntibizabe mu rwanda kuko byaba amahano akomeye cyane
  • iriza9 years ago
    ahaaa ndabona bitazoroha pee! ubu c uyu mwana koko ntibamwiciye ubuzima?
  • ganza 9 years ago
    agahugu umuco akandi umuco
  • Mr John9 years ago
    Ahaaaa ni ikibazo.ibyo ntibizagere hano iwacu iRwanda.
  • mugabe9 years ago
    Ibi ntabwo ari ubukwe ahubwo nugushimisha abakurambere.
  • Kingsburyz9 years ago
    hahahah! nonese ubu uyu mwana azi kurangiza gahunda yo mu buriri se?
  • colley9 years ago
    oh ubuse inshingano zabagabo yazishobora?
  • mimi9 years ago
    inyarwanda this time muranyumije.....iyi nkuru mwayishyizeho nko mu myaka ibiri ishize cg umwe niba ntibeshye none muyisubijeho muyivuga nkibintu byabaye ejo...... what shame...mufunge website Niba mwarabuze amakuru
  • Manzi handwayne9 years ago
    Uwo mimi yabaretse ko website ariyanyu.ahubwo muduhe izindi nkuru.





Inyarwanda BACKGROUND