RFL
Kigali

MU MAFOTO: Uko byari byifashe mu itangwa ry’impamya bumenyi muri kaminuza ya KIM

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:14/10/2017 14:59
4


Kuri uyu wa Gatanu tariki 13 Ukwakira 2017 nibwo muri Kaminuza ya KIM habaga umuhango wo gutanga impamyabumenyi z’icyiciro cya gatatu cya Kaminuza (Master’s Degree) cyo kimwe n’abarangije icyiciro cya kabiri cya kaminuza mu mashami atandukanye (A0).



Icyiciro cya gatatu cya Kaminuza ya KIM cykibanda cyane ku masomo y’icungamutungo n’ibaruramali. Kuri ubu bamuritse abantu 11 baharangije amasomo yabo mu bijyanye na MBA Accounting and Finance, MBA Strategic Management; MBA Logistics, Procurement na Supply Chain Management.

Mu barangije icyiciro cya kabiri cya kaminuza, KIM yasohoye abantu 576 mu mashami ya Accounting, Finance and Banking, Finance na Procurement & Logistics.

Umushyitsi mukuru muri uyu muhango yari Dr. Papias Malimba Musafiri Minisitiri w’uburezi mu Rwanda.  Minisitiri Malimba, yashimye cyane imikorere ya KIM ndetse anashima buri umwe wese wagize uruhare mu ishyirwa mu bikorwa ry’imyigire y’abarangije amasomo yabo muri iri shuri.

Uwarangije icyiciro cya gatatu cya Kaminuza ku isonga yemerewe kuzarihirwa muri Kaminuza ikomeye ku isi izwi nka Havard University, agakomeza kuminuza mu masomo ye, uwahize abandi mu cyiciro cya kabiri cya Kaminuza, we yemerewe kuzarihirwa igice mu cyiciro cya kabiri cya Kaminuza muri KIM.

Mu 2003 nibwo kaminuza ya KIM yashinzwe yitwa International College of Accountancy and Management nyuma iza kuba Kigali Institute of Management (KIM) kuva mu 2005 kugeza magingo aya  imaze gutanga impamyabumenyi inshuro esheshatu (6) ku bantu baharangiza amasomo yabo.

Dr Papias Musafiri Malimba Minisitiri w'uburezi mu Rwanda

Dr. Papias Musafiri Malimba Minisitiri w'uburezi mu Rwanda yavuze ko abarangije mu byiciro bitandukanye bagomba gutangira gushyira mu bikorwa ibyo bize kandi ko mu gihe bazaba babikoze batazagayika ahubwo ko bazaba intore z'intajorwa.

 “Ibijyanye n’imyifatire mu guhangana ku isoko ry’umurimo mwabibwiwe mu buryo buhagije; turizera tudashidikanya ko nimubishyira ku mutima nta kabuza muzaba intore z’intajorwa.Turifuza kubabona muri ba rwiyemezamirimo, no mu guhanga akazi ku rubyiruko mu masomo yanyu murangijemo hano.”  Dr. Papias Musafiri Malimba

Prof Rugege Geoffrey (iburyo) Umuyobozi w’icyubahiro (Chancellor) wa KIM University

Prof. Rugege Geoffrey (iburyo) Umuyobozi w’icyubahiro (Chancellor) wa KIM University

Umubyeyi n'umwana we bishimira ibyagezweho

Umubyeyi n'umwana we bishimira ibyagezweho

Compagnie Musique

Umuhuza w'amagambo (MC)

Umuhuza w'amagambo (MC)

Berekana impamyabumenyi zabo

Berekana impamyabumenyi zabo

Igitabo

Igitabo

Bambikwa

Bambikwa 

Biba ari ibirori bikomeye

Biba ari ibirori bikomeye 

Inzego zishinzwe umutekano

Inzego zishinzwe umutekano

Ni umuhango wabereye ku kicaro cy'iyi kaminuza kiri mu murenge wa Kanombe

Ni umuhango wabereye ku kicaro cy'iyi kaminuza kiri mu murenge wa Kanombe

KIM University

Umuyobozi Mukuru wa KIM, Prof. Peter John Opio avuga ko KIM izakomeza gukora ibishoboka hagatangwa uburezi bufite ireme.

"U Rwanda rukeneye inzobere mu kuzamura ubukungu bwarwo, rukeneye abantu bafite icyerekezo, abahanga mu kuruteza imbere mu buryo bw’ubukungu. Rukeneye rero ubumenyi bwanyu, mwe murangije mutegerejweho guhanga imirimo aho kuyisaba.”Prof Peter John Opio

Kuri uyu Gatanu kandi ni nabwo

Kuri uyu Gatanu kandi ni nabwo Minisitiri w'Uburezi afungura inyubako nshya ya KIM

AMAFOTO: IRADUKUNDA Desanjo-Inyarwanda.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Pascal6 years ago
    Aho byabereye si muri kanombe mwibeshye ni mu murenge wa Nyarugunga
  • ISMAIL6 years ago
    Nimwibereho shaaa!
  • Nomia6 years ago
    Aba banyeshuri bari baberewe ariko bari barangaye cyane
  • OLIVIER 6 years ago
    Byaruburyohe kbs





Inyarwanda BACKGROUND