RFL
Kigali

MU MAFOTO 100: Ihere ijisho uko bimeze i Gikondo mu Imurikagurisha mpuzamahanga (Expo 2017)

Yanditswe na: Ndayisaba Ben Claude
Taliki:25/08/2017 19:05
3


Ku nshuro ya 20 Imurikagurisha mpuzamahanga ririmo kubera i Kigali riragaragaza ubwitabire bw’ibigo, ba rwiyemezamirimo yaba abo mu Rwanda no hanze n’amakoperative atandukanye amenyekanisha ibyo bakora.Inyarwanda.com tugiye kubagezaho amafoto 100 aguha ishusho y'uko bimeze i Gikondo.



Uyu ni umwaka wa 20 mu Rwanda habera Imurikagurisha mpuzamahanga riba rigamije kwereka abanyarwanda ndetse n’abanyamahanga bimwe mu bicuruzwa bigezweho, byaba ibyo mu Rwanda cyangwa ibyo hanze yarwo.

Abitabira iri murikagurishwa babasha kwigurira bimwe mu bikoresho baba babonyemo bikabanyura. Uretse ibi kandi ahabera Expo usanga ari hamwe mu gace kaba kagezweho ko gusokeramo (gutembera) ibi bikaba bigaragara cyane iyo uri muri iri murikagurisha dore ko utaburamo abasohokanye biganjemo abakundana, inshuti, imiryango ndetse n’abavandimwe.

Nkuko bimenyerewe iri murikagurisha ni rimwe mu ryitabirwa na ba rwiyemezamirimo batandukanye baturuka mu bihugu byiganjemo ibyo muri Aziya no mu bindi binyuranye byo ku mugabane wa Afrika. Ku nshuro ya 20 y'iri murikagurisha biragaragara ko ibikorerwa mu Rwanda byazamutse cyane imyenda, ibikoze mu mpu n’ibindi. Inyarwanda.com twasuye ahari kubera iri murikagurisha, tukaba tugiye kubagezaho amafoto y'uko byifashe. 

Dore uko byifashe mu mafoto i Gikondo ahari kubera Expo

Utuye muri Kigali cyangwa wahatembereye ntiwabura kumenya ko harimo kubera Expo bitewe n'uburyo yamamajwemo

Ukijyera i Gikondo ahabera Expo urambuye amaso mu gikombe ubona imitako ibereye ijisho y'abamamaza wakubura amaso ukabona Kigali Convention center iri ahirengeye

Mbere yuko winjira muri iyi Expo ubanza gusanga abasore bambaye umwambaro wa MTN ari nabo wereka itike ikwinjiza igura amafaranga 500 y'u Rwanda

Iyo urenze amarembo yinjira muri Expo utangira kubona amazu abereye ijisho arimo ahagarariye ama Minisiteri, ay'ibigo bya Leta n'ibiyishamikiyeho ndetse n'ay'abashoramari batandukanye

Ikigo cy'Igihugu cy'Itangazamakuru (RBA) nacyo nticyatanzwe

Andrew Kareba hamwe na mugenzi we Evelyne Umurerwa bakorera RBA

RBA imenyerewe mu gushyushya iyi Expo ifatanyije n'abanyamakuru bayo basanzwe bamenyerewe

SKOL nayo iti "Uzaza muri iyi Expo azishima kandi nta cyaka azatahana kuko ibiciro biri hasi"


Imyidagaduro kimwe mu birangwa muri iyi Expo

Ku bakunzi b'amata na Jus nabo ntibibagiwe kuko uruganda rw'Inyange narwo rwitabiriye iyi Expo

KONKA mu bikoresho byayo bigezweho nayo yabyegereje abitabira iyi Expo

MTN nk'ibisanzwe nk'umwe mu baterankunga b'imena b'iyi Expo, ntiyabura kwegera abakiriya bayo ibafasha mu buryo butandukanye

Iyi Expo mu biyirangwamo harimo n'amabanki atandukanye akomeza gufasha abakiriya bayo 

Bralirwa n'ibinyobwa byayo bifutse kimwe mu gihuza abitabira iyi Expo

Mu rujya n'uruza rw'abitabira iyi Expo ntibabura no kugera kuri Nyirangarama aho basanganirwa n'intore

Lanie twamusanze ari gukora mu Rugaga Nyarwanda rw'Abanyamuziki 

Ingaga zose z'abahanzi zihagarariwe n'Inama y'Igihugu y'Abahanzi ndetse na RALC zimwe mu nzego zitabiriye iyi Expo

Minisitiri w'intebe Anastase Murekezi na Minisitiri w'inganda n'ubucuruzi Kanimba Francois nyuma yo kwihera ijisho iyi Expo banyuzwe n'ibiyirimo



Ibikorerwa mu Rwanda nabyo ubisanga muri iyi Expo

Ubugeni n'ubukorikori bimwe mu birimo kunyura benshi muri iyi Expo

Ikirungo Onga nacyo kirimo kubarizwa muri iyi Expo

Made in Rwanda nayo ntiyahatanzwe

Iyo ugeze muri iyi Expo ubasha no kwibonera inzu igezweho abantu bubaka mu buryo buhendutse babifashijwemo n’umushinga w’Abasuwisi ubigisha uko bakubakisha amatafari meza ahendutse, ukiyubakira inzu ya Etage, ifite ibyumba bibiri, salon,ubwiyuhagiriro, ubwiherero n’aho gufatira amafunguro,.. inzu ikuzura igutwaye gusa miliyoni 8 z’amanyarwanda.

Mugisha Emmanuel uzwi nka Kibonge muri Seburikoko arimo gucuruza ibihangano bye muri Expo 

AMAFOTO: IRADUKUNDA Desanjo-Inyarwanda.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Manzi6 years ago
    Hi, mwandangiye address Yaho nabonera abobantu vuba Kay inzu kuri 8 million gusa nkakorana niyo societe ya aba suwisi? Murakoze
  • 6 years ago
    Mbona byose aribyiza
  • kayitesi jackie6 years ago
    nonese ko mutakitwereka amafoto?





Inyarwanda BACKGROUND