RFL
Kigali

Mu 1988 Rihanna yaravutse: Bimwe mu byaranze uyu munsi mu mateka

Yanditswe na: UDAHOGORA Vanessa Peace
Taliki:20/02/2017 6:46
0


Uyu munsi ni kuwa 1 w’icyumweru cya 8 mu byumweru bigize umwaka tariki 20 Gashyantare, ukaba ari umunsi wa 51 mu minsi igize umwaka hakaba habura iminsi 314 ngo umwaka urangire.



Ibintu by’ingenzi byaranze uyu munsi mu mateka y’isi:

1835: Umujyi wa Concepción wo muri Chili wasenywe n’umutingito ukaze.

1935: Caroline Mikkelsen yabaye umugore wa mbere wageze ku mugabane wa Antarctica.

1965: Icyogajuru cya Ranger 8 cyakoreye impanuka ku kwezi nyuma yo kubasha gufata amashusho y’ahashoboka ho kuzahagarara mu gihe abashakashatsi bo mu cyogajuru cya Apollo bazaba baje ku mwezi mu 1969.

2005: Igihugu cya Espagne nicyo gihugu cya mbere cyabashije gutora itegekonshinga ry’umuryango w’ubumwe bw’uburayi binyuze mu matora ya kamarampaka.

2013: Abahanga mu by’ubumenyi bw’ikirere bavumbuye akabumbe gato bise Kepler-37b, kakaba kabarizwa hanze y’isanzure.

Abantu bavutse uyu munsi:

1901: Muhammad Naguib wabaye perezida wa mbere wa Misiri inbwo yavutse aza gutabaruka mu 1984.

1920Yevgeny Dragunov, umuhanga mu gukora imbunda w’umurusiya, akaba ariwe wakoze imbunda ya ba mudahusha yo mu bwoko bwa Dragunov nibwo yavutse, aza gutabaruka mu 1991.

1951: Gordon Brown wabaye minisitiri w’intebe w’ubwongereza akaba akomoka muri Ecosse nibwo yavutse.

1975: Brian Littrell, umuhanzi akaba n’umukinnyi wa filime w’umunyamerika wamenyekanye mu itsinda rya Backstreet Boys nibwo yavutse.

1981Tony Hibbert, umukinnyi w’umupira w’amaguru w’umwongereza nibwo yavutse.

1982Fait-Florian Banser, umukinnyi w’umupira w’amaguru w’umudage nibwo yavutse.

1986Diego Reis, umukinnyi w’umupira w’amaguru ukomoka muri Brazil nibwo yavutse.

1988: Rihanna, umuhanzikazi w’umunyamerika akaba n’umukinnyikazi wa filime ukomoka mu birwa bya Barbados yabonye izuba.

1988: Jiah Khan, umukinnyikazi wa filime w’umuhinde nibwo yavutse, aza kwitaba Imana mu 2013.

1991: Giovanni Kyeremateng, umukinnyi w’umupira w’amaguru w’umutaliyani nibwo yavutse.

Abantu bitabye Imana uyu munsi:

2013: Emma McDougall, umukinnyi w’umupira w’amaguru w’umwongereza yitabye Imana, ku myaka 22 y’amavuko.

2013: Yussef Sleman, umukinnyi w’umupira w’amaguru w’umunyasyriya yitabye Imana, ku myaka 27 y’amavuko.

Iminsi mikuru yizihizwa uyu munsi:

Uyu munsi ni umunsi mpuzamahanga wahariwe ubutabera muri rubanda (World Day of Social Justice).






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND