Uyu munsi ni kuwa 3 w’icyumweru cya 14 mu byumweru bigize umwaka tariki 5 Mata, ukaba ari umunsi wa 95 mu minsi igize umwaka, hakaba habura iminsi 270 ngo umwaka urangire.
Ibintu by’ingenzi byaranze uyu munsi mu mateka y’isi:
1904: Umukino wa mbere mpuzamahanga mu mikino ya Rugby wakinwe hagati y’igihugu cy’ubwongereza n’ibihugu bya Pays des Gales na Ecosse byishyize hamwe.
1956: Fidel Castro yatangaje ko agiye mu ntambara n’uwari perezida wa Cuba Fulgencio Batista.
1969: Muri Leta zunze ubumwe za Amerika, abantu benshi biraye mu mihanda mu mijyi inyuranye mu myigaragambyo yarwanyaga intambara ya Vietnam.
1992: Intambara y’I Sarajevo muri yaratangiye, nyuma y’uko ingabo za Serbia zishe abantu bigaragambyaga Suada Dilberovic na Olga Sučić ku kiraro cya Vrbanja.
2009: Igihugu cya KOreya ya ruguru cyohereje mu kirere icyogajuru cya Kwangmyŏngsŏng-2, iki cyogajuru cyateje impagarara muri Politiki mu muryango w’abibumbye, by’umwihariko Leta zunze ubumwe za Amerika.
Abantu bavutse uyu munsi:
1960: Ian Redford, umutoza w’umupira w’amaguru w’umunya Ecosse nibwo yavutse, aza kwitaba Imana mu 2014.
1973: Pharrell Williams, umuraperi w’umunyamerika yabonye izuba.
1975: Juicy J, umuraperi w’umunyamerika wamenyekanye mu itsinda rya 36 Mafia nibwo yavutse.
1976: Simone Inzaghi, umukinnyi w’umupira w’amaguru w’umutaliyani nibwo yavutse.
1976: Fernando Morientes, umutoza w’umupira w’amaguru w’umunya Espagne nibwo yavutse.
Abantu bitabye Imana uyu munsi:
1975: Chiang Kai-shek, wabaye perezida wa mbere w’ubushinwa yaratabarutse, ku myaka 88 y’amavuko.
2012: Bingu wa Mutharika, perezida wa 3 wa Malawi yaratabarutse, ku myaka 78 y’amavuko.
TANGA IGITECYEREZO