RFL
Kigali

Minisitiri w’Ubuzima yahagaritse mu kazi abaforomokazi 2 bo ku bitaro bya Muhima bazira gutanga serivisi mbi

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:18/09/2017 16:24
4


Ubwo Minisitiri w’Ubuzima yageraga ku bitaro bya Muhima mu masaha ya Saa sita zo kuri icyi cyumweru tariki ya 17/09/2017 mu rwego rwo gusura ibyo bitaro ngo arebe uko abarwayi bahabwa service, yabashije kwibonera uko abaforomokazi 2 bakira abarwayi nabi.



Amakuru Inyarwanda.com ikesha umwe mu bakozi b’ibitaro bya Muhima ariko wadusabye ko tudatangaza amazina ye, avuga ko Minisitiri w’Ubuzima, Dr. GASHUMBA Diane yahagaritse mu kazi abaforomokazi babiri bo ku bitaro bya Muhima nyuma yo kugera ku bitaro bakoreraho agasanga batanga serivisi mbi. Amakuru agera ku Inyarwanda.com avuga ko aba baforomokazi bahise bahagarikwa mu kazi mu gihe kitatangajwe, gusa amazina yabo nayo ntabwo yatangajwe. Inyarwanda turakomeza kubakurikirabira iyi nkuru. 

Inkomoko y’ihagarikwa ry’abaforomokazi

Umuforomokazi wa mbere tutabashije kumenya amazina ye yasuhujwe na Minisitiri w’Ubuzima Dr. GASHUMBA Diane, bitewe n'uko yari amuteye umugongo, umuforomokazi yanga kumwikiriza. Minisitiri yongeye kumusuhuza undi akomeza kwiyandikira, amusubiza atamureba ati "Ndacyahuze tegereza." Minisitiri ati "Ese ni uko mufata abarwayi babagana?" Umuforomokazi ati "Kwandika no kuvuga ntibijyana."

Aho uyu muforomokazi yuburiye amaso yasanze ari Minisitiri w’Ubuzima barimo kuvugana, agerageza kwisobanura, yagize ati "Mumbabarire sinari nababonye nabonaga uyu mugabo umpagaze iruhande kandi yahoze aha nkagira ngo ni we." Minisitiri w’Ubuzima yamusobanuriye ko kuba yumva ko yasuzugura umurwayi akubaha Minisitiri, ari ikintu giteye isoni n’agahinda ku muntu wazindutse aje kwita ku barwayi.

Umuforomokazi wa kabiri nawe tutatangarijwe amazina ye yagize amahirwe make y'uko Minisitiri w'Ubuzima Dr. GASHUMBA Diane yageze mu cyumba ababyeyi babyariramo agasanga hari umubyeyi wabyaye ariko akaba atari yagahawe igitanda ahubwo Minisitiri agasanga uwo mubyeyi aryamye ku gitanda cyari kiryamyeho undi murwayi, nyamara kandi hatabuze ibitanda. Mu gukurikirana icyabiteye, Minisitiri w'Ubuzima ngo yasanze umugabo w'uwo mubyeyi wabyaye yari yasabye igitanda akanongeraho ko n'icyumba privee yakiyishyurira, nyamara umuforomokazi akaba yamuhakaniye akamubwira ko nta cyumba gihari.

Icyo Minisitiri w'Ubuzima yavuze kuri aba baforomokazi n'impanuro yahaye abakozi bose

Minisitiri w'Ubuzima Dr. GASHUMBA Diane yasobanuriye abo baforomokazi ko ikosa ryo kwakira nabi umurwayi ari ikosa atazihanganira na rimwe, yababwiye ko umuntu ashobora gukosa mu kazi kubera ubumenyi buke, ibyo bigakosorwa n'amahugurwa akorwa mu buryo bunyuranye, ariko ko gukosa usuzugura abakugana, utinda kubaha serivisi kandi bishobora kuviramo abarwayi ikibazo kirenze icyabazanye ndetse no gutakaza ubuzima baba baje gushaka ku bitaro, ibyo yabasobanuriye ko nta mahugurwa bikeneye.

Dr. GASHUMBA Diane yibukije abakozi bo ku bitaro indahiro baba barakoze ndetse n'umutimanama bakwiye kugira mu kazi kabo, akaba ariyo mpamvu yabasabiye igihano cyo guhagarikwa amezi mu kazi mu gihe kigenwa n'amategeko hakurikijwe uburemere bw'amakosa yabasanganye. Yongeyeho ko abayobozi b'ibitaro bya Muhima bafata umwanya bagatekereza basanga abo baforomokazi bafite umuhamagaro wo kuvura neza ababagana, bakagaruka mu kazi, basanga kandi barayobye bagashaka ikindi bakora kitabahuza n'abantu bababaye cyangwa bakeneye serivisi ikomeye nk'iyo kwa muganga.

Dr Diane Gashumba Minisitiri w'Ubuzima mu Rwanda

Dr. GASHUMBA Diane yaboneyeho umwanya wo kwibutsa ko telefoni itemewe mu masaha y’akazi kubatanga serivisi z'ubuvuzi kugira ngo abaganga barusheho kwita ku barwayi neza. Yibukije kandi Ubuyobozi bw'Ibitaro gushyira imbaraga nyinshi mu kurushaho gukurikirana imitangire ya serivisi mu bitaro kuko nta murwayi n'umwe ukwiye kurangaranwa yaje agana umuganga amwizeye.

Minisiteri y'Ubuzima iributsa kandi abakozi bose bo mu mavuriro ko ntacyo bisaba kuvuga neza no guha umwanya umurwayi, nta kiguzi bigira. Minisiteri y’Ubuzima irasaba abanyarwanda kwanga serivisi mbi no kwiyambaza abashinzwe imitangire ya serivisi (customer Care) mu bitaro, ubuyobozi bukuru bw’ibitaro kuko inomero zabo za telefoni ziba zimanitse ku miryango. Minisiteri y'Ubuzima irabamenyesha abanyarwanda bose ko igihe cyose bibaye ngombwa banahamagara ubuyobozi bw’Akarere ibitaro biherereyemo cyangwa inomero itishyurwa ya Minisiteri y’Ubuzima ari yo (114).

Minisitiri w’uburinganire n’iterambere ry’umuryango Dr Diane Gashumba

Dr Diane Gashumba yahanuye abaganga n'abandi bakora umwuga w'ubuvuzi badatanga serivisi nziza ku bantu babagana

Liliane KALIZA






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • girbert6 years ago
    yooo nibyokoko hari abakozi barangara ariko nibabahe imbabazi wenda bazisubiraho kuko burya harijyihe umuntu aba yabyukanye umwaku wenda siko basanzwe bara imana ibafashe!
  • ujeneza6 years ago
    ariko njye sinumva ikosa abakozi bakoze niba ashishikariza abakozi kwita ku barwati kandi nkuko abivuga yanze kwikirizwa kuko Umukozi yari ahugiye ku wundi murwayi ubwo icyaha kiri he uwa2 nawe ngo yimanye igitanda cya privé ese ni umuforomo utanga ibitanda bya privé nkaho ari we uhabwa amafrw bishyura ese yari kumwima igitanda ngo akirye ese niba ibitanda byari bihari iyo akiha aho kubyigana n'undi ku gitanda ICYO MBONA NUKO URIYA MUGABO NIWE WAHAMAGAYE GASHUMBA KO YABUZE IGITANDA WE ABYITA KWAKIRWA NABI NONEHO MU RWEGO RWO KWIVANA MU ISONI AZA AHAGARIKA ABANTU ADAKURIKIJE AMATEGEKO AHUBWO AKURIKIJE UBURAKARI YAZANYE ANAKURIKIJE N'IMBARAGA Z'UWAMUHAMAGAYE CG IBYO YARI YAMWIJEJE KO ARAMUFASHA NAHO IBINDI NI AMABWIRE NTA CYAHA MBONA PE
  • musemakweli6 years ago
    ntimukagire amatiku nta mpamvu n'imwe yo kurangarana umurwayi igihe yaje akugana ubuzima burahenda kdi aba yazanye cash ze. ahubwo ministre madame Gashumba yagize impuhwe za kibyeyi kuko bagombye no gukurikiranwa na police kuko hari abapfira kwa muganga kubera kurangaranwa
  • jiriberit6 years ago
    nibabahe imbabazi bazisubireho





Inyarwanda BACKGROUND