RFL
Kigali

Menya imikorere y’ubwonko bwawe

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:13/10/2017 14:00
0


Ubwonko ni igice kigize umubiri w’umuntu akaba ari nacyo kiwugenzura wose uko wakabaye bivuze ko iyo buramutse bugize ikibazo, n’ibindi bice bigize umubiri ntibiba bikibashije gukora neza



Mu gushaka gusobanukirwa byinshi ku bwonko twifashishije ubushakashatsi bwa Dr.Jay Giedd, umuhanga mu bijyanye n’ubwonko mu kigo cy’ubuzima bwo mu mutwe muri Leta zunze ubumwe za Amerika, we n’abo bari kumwe aho babashije gutahura byinshi ku mikorere yabwo

Bimwe muri byo harimo kuba:

Ubwonko bw’umuntu mukuru burya bupima kugeza ku kiro n’igice (1.5kg) ni ukuvuga ko bugira hafi 2% by’uburemere bw’umubiri wose nyamara bugakoresha 20% by’ingufu zose umubiri ukoresha

Ubwonko bukoresha ingufu zingana n’izikoreshwa n’itara rya watts 10 kandi ngo burya mu bibugize, 80% ni amazi, kuva umwana avutse kugeza agejeje imyaka 5 ubwonko buba bukura ndetse bukanakora akazi kenshi cyane kurenza ikindi gihe

Nubwo ubwonko buri mu mutwe, ariko ntaho buhurira n’amagufa akoze umutwe ahubwo bukikijwe n’amatembabuzi azwi nka cerebrospinal fluid,

Ubwonko bugizwe n’ibice 3 by’ingenzi ari byo:

Cerebrum: muri iki gice haberamo gutekereza, amarangamutima ndetse n’ibyiyumviro

Cerebellum: iki gice cyo kiyobora imikorere y’ingingo z’umubiri n’uburinganire

 Brain: iki gice cyo gishinzwe guhuza ubwonko n’urutirigongo ndetse kikayobora imikorere   idakenera ubushake nko gutera k’umutima no guhumeka

Muri rusange aba bashakashati batunguwe no kubona ko ubwonko bugizwe n’ibindi bice bibiri by’ingenzi ari byo icy’ibumoso n’icy’iburyo, ariko igitangaje nuko igice cy’iburyo kiyobora ibice by’umubiri by’ibumoso naho icy’ibumoso kikayobora imikorere y’ibice by’umubiri by’iburyo

Ubwonko nibwo bufite agace gashinzwe buri kimwe cyose cyabaye ku muntu maze kakabibika ahantu ari nayo mpamvu umuntu yibuka byinshi byamubayeho, aka gace kitwa hippocampus, ubwonko kandi bufite ubushobozi bwo gukora ibintu byinshi bitandukanye kandi mu gihe kimwe ari nayo mpamvu umuntu ashobora kwandika ari no kuririmba bigakunda

Ubwonko buratangaje cyane ngo kuko nubwo iyo umuntu ababaye abibwirwa na bwo ariko ngo burya ntibujya bubabara, ikindi nuko impamvu bidashoboka ko umuntu atakwikirigita ngo aseke, nuko ubwonko buba bwatahuye kare ko ari wowe uri kubyikorera

Abashakashatsi ku bijyanye n’umubiri w’umuntu bagaragaza ko nubwo ibintu hafi ya byose tubikora iyo turi maso, ariko ubwonko bwo bukora cyane nijoro kurenza ku manywa ndetse ngo ni nabwo ibitekerezo bizima biza, ari nabyo bituma abantu bafite ubwenge bwinshi cyane ari bo bakunze kurota cyane kuruta abandi

Niba ushaka gufata neza ubwonko bwawe cyangwa ubw’uwawe ihate kurya ibikomoka ku mafi, ibikungahaye kuri potassium ndetse na calcium ihagije

Src: www.scientificamerican.com




 

 

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND