N'ubwo nyuma ya Uruguay igihugu cya Canada giherutse kwemerera abaturage bacyo kunywa urumogi mu buryo bwo kwishimisha, ariko ibi bihugu byombi ntibiri mu bihugu bifite abaturage benshi bakoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi muri rusange ku kigero cyo hejuru cyane.
Ibi ni bimwe mu bihugu bifite abaturage bakoresha urumogi rwinshi kurusha abandi kurusha ibindi. Ibyinshi byiganje ku mugabane w’Afurika bitandukanye n’uko benshi bibwira ko ari mu bihugu by’Amerika y’amajyepfo (latin America).
1.Lesotho
Urumogi muri Lesotho rwemewe gukoreshwa nk'umuti gusa, kandi urumogi ruranahingwa cyane muri iki gihugu. Mu myaka ya 2000, imibare yagaragazaga ko ku kigero cya 70 % ko urumogi rwo muri Afrika y'epfo rwavaga muri Lesotho.
2.Afrika y'epfo
Afrika y'epfo ni cyo gihugu cyari cyitezwe ko kizatangira kwemerera abantu gukoresha urumogi ku mugaragaro ariko siko byagenze. Icyakora kuva mu kwezi kwa gatatu mu 2017, nyuma y'aho urukiko rukuru rwa Western Cap rwemeje itegeko ryemerera gukoresha urumogi mu ngo kugeza n’ubu biracyabujijwe kurukoresha mu mategeko.
3.Ghana
Imibare y’ishami ry’umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima OMS yo mu mwaka wa 2017 igaragaza ko Ghana ari cyo gihugu gikoresha urumogi rwinshi kw'isi, abagera kuri 21.5 % by’abatuye iki gihugu bafite imyaka iri hagati ya 15 na 64 banywa urumogi ku kigero cyo hejuru.
4.Korea ya ruguru
OMS, ishami ry’umuryango w’Abibumbye ryemeza ko urumogi ari rwinshi cyane muri Korea ya ruguru yewe ngo n’amashyirahamwe ya leta arajya kurugurisha mu bindi bihugu.
Abashakashatsi bavuga ko bitazwi neza ko haba hariho amategeko abuza ikoreshwa ry'urumogi, gusa ngo iki gihugu ntikibona ko ikoreshwa ry'urumogi ari ukurenga ku mategeko ku buryo urumogi rugurishwa mu maduka y'ibyo kurya.
Source:BBC
TANGA IGITECYEREZO