RFL
Kigali

Menya byinshi ku ndwara yo kwifunga kw’amara

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:24/10/2017 15:05
7


Indwara yo kwifunga kw’amara, ni indwara ikunze kwibasira imbaga nyamwinshi kandi igafata abana bato cyane cyangwa abantu bakuze cyane bitewe n’ibibazo bigenda bivuka mu mara yabo bigatuma umuntu abaho adatekanye rimwe na rimwe bikanamuviramo kubura ubuzima bwe



Iyi ndwara yo kwifunga kw’amara ngo iterwa n’uko amara aba adakora neza ngo kuko buriya akenshi uko umuntu arya ni nako ibyo kurya byinjira mu mara hakaba ibisigaramo bikaboreramo ari nabyo bishobora gutera amara kubora hakabaho kwifunga kwayo kuko bitabasha gutambuka neza nkuko umuganga w’inzobere mu kuvura iyi ndwara mu ivuriro isoko life center Camarade Jean Damascene abisobanura

Ese ni iki gituma umuntu ashobora kurwara amara?

Ibintu bishobora gutuma habaho kwifunga kw’amara byo ni byinshi kuko Camarade avugamo kuba umuntu: Abatajya anywa amazi,kutarya imbuto zihagije, kutarya imboga ku bwinshi,kudakora siporo buri gihe, guhora wicaye,kunywa inzoga n’itabi, kurya amavuta menshi n’ibindi nk'ibyo. 

Ubushakashatsi buherutse kwerekana ko iyi ndwara ishobora no guterwa n’inzoka zitandukanye umuntu aba arwaye zirimo amibe ndetse na tenia kuko iyo zigeze mu mara zituma yifunga ari nabyo biyaviramo uburwayi bukomeye

Ni ibihe bimenyetso byakubwira ko ufite indwara yo kwifunga kw’amara?

Muganga Camarade avuga ko bigoye cyane guhita uvumbura ko ufite ikibazo mu mara cyane ko abanyarwanda bakunda kwihagararaho bakajya kw muganga aruko barembye ariko bimwe muri ibyo bimenyetso harimo: Kutabasha kwituma neza, kumva ibintu bijorora munda bisa n’ibisakuza, kubyimba inda mu buryo buhanitse, guhorana isesemi, umunaniro, kwituma umusarani w’umukara, gufuruta umubiri wose.

Ni iki mufasha umuntu ufite ikibazo cyo kwifunga kw’amara?

Hari umuti dufite wo koza amara ku buryo imyanda yose yari iri mu mara ibasha gusohoka neza amara agasigara ameze neza, n’iyo waba warazahaye, imiti dufite ibasha kugukiza nezaukongera kugira ubuzoma bwiza. Mu gihe wifuza kutazahura n’ikibazo cyo kwifunga kw’amara, gerageza kurya imbuto zihagije, imboga nyinshi, unywe amaz menshi ndetse unakore siporo bizagufasha kugira ubuzima buzira umuze. 

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Alexis6 years ago
    Murakoze kuduha inama ahubwo umuntu yabona ate uyu muganga ngo adufashe
  • KARANGWA6 years ago
    Ndabashimiye cyne kuko iki kibazo nkimaranye igihe nivuje henshi ariko ntibikire none irivuriro nuyumuganga Camarade umuntu yamubona ate Murakoze muduhe adress ze
  • kamarade 5 years ago
    nimero mwabonaho muganga kamarade ni 0780479000
  • camarade jean damascene4 years ago
    nimero ya camarade ni 0788609521
  • Françoise iradukunda3 years ago
    Mfitumwana namujyanye kwamuganga bambwirako afite ikibazo cyamara yizingiye kumukondo ESE harimiti yashobora guhabwa akazinguka.doctor mwamfasha
  • Victor Ndayisabye8 months ago
    Ndakuze nfite imyaka irenga 50, amara yanjye arataka cyane nkababara umugongo wo hasi nkabura kwituma ibikomeye mara nka 30 min muri toilete, mwanfasha. Murakoze
  • Nimbona cĂ©lestin 5 months ago
    Mwiriwe hama murakoze cane jew mushasha ndarway cane mfunguye ntiyinamye sinituma mumfashe whatsp yanj 71561289





Inyarwanda BACKGROUND