RFL
Kigali

Mbese wavutse mu kwezi kwa kangahe? Dore imiterere yawe

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:11/05/2018 15:18
13


Ku batari babizi, burya ukwezi wavutsemo kugira uruhare rukomeye mu miterere yawe nk'uko abahanga babivuga, iyi akaba ari nayo mpamvu nyamukuru tugiye kurebera hamwe imiterere ya buri muntu bitewe n’ukwezi yavutsemo.



Mutarama: Abantu bavutse mu kwezi kwa mbere, ngo mu miterere yabo barakubagana, bakunda kujya impaka ariko kandi izo mpaka si iza ngo turwane ahubwo baba baganira n’inshuti zabo, aba ngo iyo bageze mu bantu batazi ntibatinda kwisanzura muri bo,Iyo bahuye n’ibibababaje babyikuramo vuba ubundi bagasubirana umunezero wabo.

Gashyantare: Abantu bavutse mu kwezi kwa kabiri ni abanyabwenge, baratuje ntibakunda kuvuga ariko kandi bakunda kuba inyangamugayo muri byose, iyo bagize icyo bakora bagishyiraho umutima wabo, bakunda kwigaragaza nk’abatagize icyo bazi ariko kandi mu rukundo bararoze, iyo bakunze baba bakunze.

Werurwe: Abantu bavutse mu kwezi kwa gatatu nabo ni inyangamugayo, bisanga kuri buri wese, bagakubagana, bakunda kuryama cyane kandi ngo ntibapfa kubwira buri wese amarangamutima yabo.

Mata: Abantu bavutse mu kwezi kwa kane ngo barikunda cyane bigatuma bimenya, baritonda kandi bakunda kuba abizerwa cyane, bagira umutima mwiza wo gufasha bagenzi babo, bafata vuba mu mutwe ibintu bije ari bishyashya kuri bo.

Gicurasi: Abantu bavutse ku kwezi kwa gatanu bahorana umurava, bagira imbaraga mu byo bakora ntibajya baba abanebwe, bakunda kubanza gutekereza cyane ku cyo bagiye gukora, bagira amakenga.

Kamena: Abantu bavutse mu kwezi kwa gatandatu ni inyangamugayo kandi baratuje, amarira yabo aba hafi cyane, barakazwa n’ubusa ariko kandi bigarura vuba iyo basabwe imbabazi ndetse bagahita bibagirwa umubabaro ako kanya, ntibakunda guhorana umujinya mwinshi.

Ntuzacikwe n’igice gikurikira aho tuzakugezaho imiterere y’abantu bavutse mu mezi tutavuze uyu munsi.

Src: Passeportsante.net






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • 5 years ago
    0728027752 Kizu
  • ingabire peace5 years ago
    nubwo atari kensh ko umukobwa yiga imyuga ariko burya iyo urumukobwa woze umwug uba ufite amahirwe adasanzwe kurushaho kuko nihake cyane wasanga umukobwa ufite ubwobumenyi bikaba akarusho iyo ubyiz ukabikurikirana ukaminuz bakobwa nabashishikariz cyane kwita kumyuga nanga mbibabwira nibyo niga ubu haricyonzi cyagirira akamaro umuryango nyarwanda mumyaka irimbere murakoze
  • blina5 years ago
    gushishikariza abari kwiga imyuga uruger nko kubaka batitinye kuko ningira kamaro
  • IMANIRAGABA Pacifique4 years ago
    Mukomereza aho turabakurikiye cyane
  • Camarade4 years ago
    Mujye Mutugezaho n'ubusobanuro bw'amatariki n'imyaka umuntu aba yaravutsemo. Murakoze!
  • Bomb boy4 years ago
    Kbx character zanjye zihuy nukwa gatandatu turahuje nzuli 10x for this
  • ineza 4 years ago
    mudushakire nabavutse mukwacyenda ( nzeri)
  • Sky moses1 year ago
    Imico nimyitwarire yabantu bavutse mukwa kane bitwa amose
  • Ni mutes1 year ago
    Gicuras ho njye ntavuts nkab ndi umunebwe kugira amakenga byo nukur njy ndayagira cyne
  • Nathanael10 months ago
    Komeresa aho ariko ndashaka ubusobanuro buimbitse kuri 'nathanael'
  • Nyirahakizimana deborah10 months ago
    Nukuberiki abantu bo mukwezikwa 6 bakundacyane
  • ISIMBI bruna 6 months ago
    Ubusobanuro bwizina bruna
  • Umwizerwa david1 week ago
    Murakoze mukomereze aho kuko aribyi muzatugezeho nabavutse mukwa 7,8,9





Inyarwanda BACKGROUND