Kuri uyu wa Gatanu tariki 28 Mata 2017 mu masaha ya mugitondo, inkongi y’umuriro yibasiye agace k’ubucuruzi hafi y’inyubako ya Etage y’ishyirahamwe ADARWA mu Gakinjiro ku Gisozi. Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya inkongi rikaba ririmo kugerageza kuzimya iyi nkongi.
Kugeza ubu ntabwo haramenyekana icyaba cyateye iyi nkongi y’umuriro, gusa hari amakuru avuga ko yatewe n’amashanyarazi nkuko Emmanuel Mugabo ukora muri aka gace k’ubucuruzi yabitangarije Umuseke. Iyi nkongi ikimara kwibasira aka gace, abacuruzi bahacururiza bahise basohokana ibicuruzwa byabo ngo bidakongoka mu gihe polisi ikirimo kugerageza kuzimya iyi nkongi.
Polisi iri kuzimya iyi nkongi y'umuriro
TANGA IGITECYEREZO