RFL
Kigali

KIGALI: Imvura yangije ibitari bike mu mujyi rwagati, ibangamira urujya n'uruza rw'abafite imodoka-AMAFOTO

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:12/09/2018 17:26
3


Mu mujyi wa Kigali kuri uyu wa Gatatu tariki 12 Nzeli 2018 haguye imvura nyinshi cyane yangije ibitari bike, cyane ko usibye kuba yagushije ibikuta bya zimwe mu nyubako zizwi yanagushije ibiti biri mu mujyi wa Kigali byanatumye urujya n'uruza rw'abatahaga n'imodoka bava mu mirimo babangamirwa bikomeye.



Iyi mvura nyinshi yaguye mu mujyi wa Kigali yantangiye kugwa ahagana mu ma saa Cyenda z'igicamunsi. Ni imvura itamaze akanya kuko mu isaha imwe gusa yari imaze guhita ariko isiga yangije byinshi. Muri hake Inyarwanda.com yabashije kugera hasenyutse ibikuta by'inyubako zinyuranye harimo n'urukuta rwari rukingiye ahahoze Centre Culturel Franco Rwanda kimwe n'urukuta rw'igipangu cyo kuri St Paul.

Usibye aha n'ahandi hanyuranye iyi mvura yagushije ibiti byinshi mu mujyi rwa gati ku buryo byabangamiye bikomeye urujya n'uruza rw'abafite imodoka batahaga bava mu mirimo cyangwa abandi bigiraga mu zindi gahunda z'umugoroba. Mu mujyi rwa gati muri Rond Point ingendo z'imodoka ziva mu mujyi zerekeza i Remera cyangwa Kimihurura zahagaze kubera igiti cyari kiryamye mu muhanda hagati.

Kugeza ubwo twandikaga iyi nkuru Polisi y'u Rwanda yari itaratangaza niba hari umubare runaka w'abantu bahitanywe n'iyi mvura cyangwa ingano y'ibyo yangije gusa uko amasaha atambuka turakomeza tubakurikiranire niba hari abagizweho ingaruka n'iyi mvura ikomeye yaguye mu mujyi wa Kigali n'ahandi hanyuranye.

KigaliImvura yari nyinshi mu mujyi wa KigaliKigaliKigaliKigaliUrujya n'uruza rwari rwahagazeKigaliKigaliPolisi yahitaga itabarana ingoga ahabereye ibyagoKigaliKigaliIyi modoka yagwiriwe n'iki gitiKigaliKigaliIki giti cyaguye mu muhanda hagatiKigaliUrukuta rwaguyeKigaliKigaliMu mujyi impande nyinshi ibiti byaguye bifunga imihandaKigaliGutambuka byari ikibazo KigaliKigaliImbere ya BNR hafi na Mille Collines Hotel naho ibiti byaguyeKigaliImihanda yafunzwe n'ibiti byaguye

Imvura yangije byinshiImvura yangije byinshiImvura yangije byinshiImvura yangije byinshiImvura yangije byinshiInyarwandaImvura yangije byinshiImvura yangije byinshiImvura yangije byinshiImvura yangije byinshiImvura yangije byinshiImvura yangije byinshiImvura yangije byinshiImvura yangije byinshiImvura yangije byinshi

AMAFOTO: IRADUKUNDA Desanjo & CYIZA Emmanuel (Inyarwanda.com)






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • murenzi5 years ago
    Harya ko iyo umuntu agonze umukindo bamusaba kwishyura iyo agwiriwe n'igiti yishyurwa nande!
  • Miss Colombe5 years ago
    Ariko ubundi ko imvuza zidasanzwe zigwa mukwa 4, ibi nibiki by' imvuza zo mu kwa 9. Nizaje guhana u Rda cg?
  • Nana5 years ago
    Umva kandi iyo ugonze umukindo nyine ni ikosa ryawe naho kugwirwa nigiti ni accident idatewe numuntu uwariwe wese ninkuko wagwa hasi ntawukugwishije





Inyarwanda BACKGROUND