RFL
Kigali

Itorero Intayoberana ryatangiye kuvugisha benshi, Inganzo Ngari nabo barashimangira ko iryabo ritasenyutse

Yanditswe na: Editor
Taliki:21/07/2014 16:40
17


Abantu bakomeje kujya mu rujijo bitiranya amatorero abiri; itorero rishya mu Rwanda ryitwa Intayoberana ndetse n’Inganzo Ngari risanzwe rizwi nka rimwe mu matorero akomeye mu gihugu, ibi bikaba byarabaye cyane nyuma yo kubona ubuhanga budasanzwe bw’iri torero rishya mu gitaramo cya Knowless.



Kuri uyu wa gatandatu tariki 19 Nyakanga 2014 ubwo umuhanzikazi Butera Knowless yamurikaga ku mugaragaro album ye ya gatatu yise “Butera”, yaje kugaragara afashwa n’itorero rifite imbyino, imiririmbire n’imyitwarire ku rubyiniro yashimishije abantu cyane, maze benshi mu bari bitabiriye icyo gitaramo bataha intero ari uko bashimishijwe cyane n’itorero “Inganzo ngari” ariko mu by’ukuri siryo ahubwo ni itorero rishya ryitwa “Intayoberana”.

Aha Intayoberana zari zigaragiye Knowless mu gitaramo cyo kumurika Album ye

Aha Intayoberana zari zigaragiye Knowless mu gitaramo cyo kumurika Album ye

intayoberana

intayoberana

itorero

itorero

Itorero Intayoberana ryashimishije cyane abantu muri Hoteli Serena

Itorero Intayoberana ryashimishije cyane abantu muri Hoteli Serena

Intandaro y’ibi byose, ni bamwe mu babyinnyi bahoze mu Nganzo Ngari bakavamo bakifatanya n’abandi maze bagakora iryo torero ryitwa “Intayoberana”, muri aba hakaba harimo ababyinnyi bari bakomeye cyane mu Nganzo Ngari kuko harimo n’uwahoze ari umutoza w’abakobwa witwa Aline, uyu Aline anamaze umwaka ashakanye na Ndayizeye Emmanuel, uyu akaba nawe yarahoze ari umubyinnyi ukomeye mu itorero Inganzo Ngari ariko ubu akaba ari umuyobozi w’Intayoberana.

intayoberana

intayoberana

intayoberana

intayoberana

intayoberana

Itorero Intayoberana ryerekanye byinshi byiza muri Hoteli Serena ya Kigali

Uretse uyu Aline n’umugabo we Emmanuel bakunda kwita Manu, harimo na Carine wari umubyinnyi akaba n’umutoza wari wungirije mukuru we Aline, hakinyongeraho n’abandi babyinnyi bahoze mu Nganzo Ngari bari baravuyemo mbere, uretse aba kandi hakaba harimo n’abandi babyinnyi bashya bifatanyije bagakora itorero rishyitse.

Uyu uri hagati niwe muyobozi w'Intayoberana, naho umugore we yahoze ari umutoza w'Inganzo Ngari

Uyu uri hagati niwe muyobozi w'Intayoberana, naho umugore we yahoze ari umutoza w'Inganzo Ngari

Mu kiganiro na Ndizeye Emmanuel, yatangarije inyarwanda.com ko byabaye ngombwa ko bava mu Nganzo Ngari bakishingira itorero ryabo, ariko avuga ko nta kibazo kindi bari bafitanye nabo uretse kuba byarabaye ngombwa gusa. Akomeza avuga ko icyuho cyabo kitabura mu Itorero bahozemo ariko ko nta kundi byagenda ubu icyo bashyize imbere ari iterambere ryabo.

inganzo

intayoberana

Benshi mu babonye ibyo itorero Intayoberana ryakoze muri Serena Hoteli bakaza kubwirwa ko atari Inganzo Ngari, byatumye bavuga ko iyi yaba ari intangiriro yo kuba “Inganzo Ngari” ryasenyuka kuko batakaje abantu bakomeye, ndetse hakaba n’abavuga ko baramutse bakomeje bazajya batsinda cyane iryo bahozemo mu gihe bahurira ku isoko ry’akazi, ariko abayobozi n'ababyinnyi b'Inganzo Ngari bo barabihakana kuko ngo ababyinnyi bane gusa ari bo bavuyemo hakiyongeraho abandi bari barirukanye mbere, ubu kandi iri torero Inganzo Ngari ngo rikaba rigizwe n'abarenga 70 bityo abo bavuyemo bakaba ari igice gito cyane.

intayoberana

Ibyo iri torero ryakoraga ku rubyiniro byatumye urugwiro ruba rwose mu bafana abana buzura ku rubyiniro

Ibyo iri torero ryakoraga ku rubyiniro byatumye urugwiro ruba rwose mu bafana abana buzura ku rubyiniro

 Tuganira na Alain; umuyobozi w’Itorero Inganzo Ngari, yadutangarije ko nta kibazo batewe n’iri torero ndetse nta n’icyo atewe n’abarimo bahoze mu ryo ayobora n’ubwo we atari azi iri torero ryatangiye, ashimangira ko Itorero Inganzo Ngari ritasenyutse ndetse ko rikomeje ibikorwa bitandukanye, ko ndetse kugenda kw’aba bishobora kuba byarabafunguriye indi miryango kuko ubu akazi kabo gakomeje kandi bakaba bakomeje gushimisha abantu cyane dore ko ngo baherutse no kujya gutaramira muri Kongo, kuri uyu wa kabiri kandi bakaba bazataramira muri Hoteli Serena ya Kigali bityo abantu bakaba bazabasha kwibonera ko Itorero ryabo rigihari kandi rikomeye.

Manirakiza Théogène






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • thierry 9 years ago
    hahahahaha ariko alain nawe koko?ubwose ushatse kuvuga ko bariya bari barafunze amarembo yanyu?hahhah ko twabonaga aribo bakora da?hahah nyamara muzatubwize ukuri naho ubundi ibyanyu bizarangira nabi kuko biragaragara ko mufite ikibazo gikomeye.abantu bangana kuriya bakava mwitorero??????? sha ahubwo muragowe,gusa inganzo n,intayoberana mwese courage turabakunda.
  • yvan9 years ago
    byari byiza vraiment courage les gars
  • teta9 years ago
    ke du bohneur.courage
  • Aaa9 years ago
    uzi ibigambo ngo inganzo ngari ahantu hoseeee, none barabona byarambiranye ngo irindi torero... byose nimitwe yaba nyakgli twarabamenye, niki se bakoze gutangaje? kubyinana amapantalo
  • anitha9 years ago
    hoya itorero inganzo ngali nararibonye nabahanga banzi ibyo bakora,abo nabo bagiye bazakore izo ntayoberana batitwaza inganzo yoooo ibyo ntabwo,aribyo inganzo ngali nziriho
  • nadine9 years ago
    coach alineeeeeee..bravo turagushyigikiye.....courage kandi turakwemera tuziko mugutoza ntawagukurikira.oyeeeeeeeeeeeeeeeee intayoberana..kwinjira bisaba iki?
  • fabrice 9 years ago
    intayoberana mukorera he?mwitoza ryari?turifuza kwifatanya namwe.bravooo kugitekerezo kiza mwagiza.
  • aimable9 years ago
    yeweeeeee.sha inganzo mwari mwarigize abahatari reka babankubitire sha erega ntagahora gahanze mureke n,intayoberana turebe agashya batuzaniye ariko ntibazirate nkamwe kuko mwari mwarigize ibitangaza peeeeeee.pole mwihangane
  • hy9 years ago
    go go go go go go go intayoberana courage!!!!!!!!!!!!
  • keza9 years ago
    ubwo bisobanura ko hari intayoberana hakaba n.inganzo ngali, courage mwese
  • christian9 years ago
    ahaaaaaaaaa,,bivugako hari intayoberana hakaba n,inganzo ngali zari zisanzwe? ni byiza cyaneee reka habeho impinduka turebe,,
  • providence9 years ago
    ako kantu,,,,,,, sha mufite nizina ryiza peeeeee,nyagasani abajye imbere, intayoberana courage.
  • elvis9 years ago
    ibi ndabikunze cyaneeeeee,kuko inganzo zari zarigize ibitangaza,reka haze abakosora ,,,,, muzongere muvuge hahhahhhaha akanyu kashobotse peeeeeee.
  • brunoooo9 years ago
    yampayinka twataramyeeeeeeeeeeeeeee. nuku byagenze?ahubwo rero,,,,, iyi groupe mu mezi 3 muyitege peeeeee,,nganzo ngali murye muri menge ibintu birakaze aba bo ntimubacika tuuuuuu,,,,,,,, kandi dore narababwiye urwishigishiye ararusoma,,peeee nkaba babacitse mureba he????? mwagize uburangare rwosee,,,gusa ikigaragara nuko ari abahanga cyaneeee,,,
  • ROLY9 years ago
    twabavumbu ye weee
  • ROLY9 years ago
    amashyiii
  • Berwa carine7 years ago
    Inganzo ngali ndamwemera cyane niza mbere ntaho zihuriye nintayos





Inyarwanda BACKGROUND