RFL
Kigali

Isabukuru y’imyaka 7 ishize abana n’umugabo we, yasanze Tidjala Kabendera nta mpeta y’isezerano yambaye

Yanditswe na: Seleman Nizeyimana
Taliki:30/03/2015 11:40
12


Kuri uyu wa Mbere tariki ya 30, Werurwe 2015, ni umunsi udasanzwe mu muryango w’umunyamakuru Tidjala Kabendera n’umugabo we Burakali Aboubakal aho bizihiza imyaka irindwi(7) bamaze basezeranye kubabana mu rukundo n’ubwuzuzanye nk’umugabo n’umugore.



Igitangaje ni uko amasaha make mbere y’uko uyu munsi ugera, mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru Tidjala Kabendera yagaragaye ayoboye igitaramo cya Dream boys muri Kigali Serena hotel nta mpeta y’isezerano y’igihango cy’urukundo rwabo yambaye.

Tidjala

Urutoki rwe rwambarwaho impeta rwarishushanyije, ariko ntayo yari yambaye kuri uyu mugoroba mugihe nyamara bwari gucya yizihiza isabukuru y'imyaka 7 amaze ayambitswe n'umugabo we

Tidjala

tidjala

Tidjala Kabendera muri iyi minsi urimo wambikwa na Kitenge design, yayoboye igitaramo cyo kumurika album ya 5 ya Dream boys afatanije n'munyarwenya Arthur

Nyuma y’uko umunyamakuru wa Inyarwanda.com, yitegereje Tidjala Kabendera usanzwe iteka yambara iyi mpeta ariko ubu akaba atari ayambaye muri iryo joro mu gihe nyamara yiteguraga kwinjira ku munsi udasanzwe yagakwiye kuzirikanaho agaciro k’iyo mpeta, twamuvugishije tumubaza impamvu yaturutse mu rugo atambaye impeta ubusanzwe yambarwa ku rutoki rwa kabiri ikaba ikimenyetso gishimangira ko nyiri kuyambara afitanye isezerano n’undi ryo kubana nk’umugabo n’umugore ndetse igafatwa nk’icyubahiro kuyambaye.

Tidjala

Tidjala Kabendera n'umugabo we Burakali Aboubakal, ubwo basezeranaga kubana

Tidjala Kabendera avuga ko atigeze yibagirwa kwambara iyi mpeta cyangwa ngo ayirengagize ku bushake, agahamya ko yahuye n’ikibazo k’urutoki rwe ku buryo bitari kumukundira ko ayambara muri iryo joro.

Ati “ Nari mfite akabazo k’urutoki bituma mara iminsi ntayambaye,Mbese umuryango waranyishe narifungiranye n'urugi, haba nkahabyimbyeho gato, nkaba nahakandaga n'amazi ashyushye, cyakoze hatangiye kubyimbuka."

Akomeza agira ati" Uyu munsi turawuzirikana kuko uba ari umunsi buri wese yibuka ibikorwa uko byagendaga uwo munsi, hari n’igihe tuwuganirah tukisetsa.Ariko kubera ubuzima, ubu ntabwo ndi mu rugo, ndi mu ntara y’Amajyepfo, aho Radiyo Rwanda yimuriye ibikorwa byayo mu gihe cy’iminsi ine.Gusa ndawuzirikana cyane n’umutware wanjye ndamuzirikana kandi ndamukunda.”

Tidjala

Aha bagaragarizaga imiryango n'inshuti ko bahanye igihango cy'urukundo rwabo

Hari mu mwaka wa 2008 tariki 30 Werurwe ubwo Burakari Aboubakal hamwe n’uyu munyamakuru wamamaye cyane mu biganiro by’imyidagaduro mu rurimi rw’ikinyarwanda n’igiswaHili kuri radio na televiziyo by’igihugu ndetse akaba umukobwa wa Shinani Kabendera nawe wabaye umunyamakuru ukomeye mu Rwanda, bahurizaga hamwe imiryango inshuti n’abavandimwe maze imbere y’Imana n’amategeko ya Repubulika y’u Rwanda bemeranya kubana ubuziraherezo.

Tidjala

N'ubwo batari kumwe kuri uyu munsi kubera impamvu z'akazi, Tidjala Kabendera yagaragaje ko azirikana uyu munsi ndetse yongera gushimira umugabo we ku bw'urukundo, anamwifuriza umunsi mwiza

Tidjala

Tidjala Kabendera n'umugabo we

Tidjala Kabendera na Burakali Aboubacar bahuye bwa mbere mu mwaka wa 2005, bahita bahuza ndetse bisanga mu rukundo, maze nyuma y’imyaka itatu ngo n’ubwo bitari byoroshye bafata ikemezo cyo kubana. Tidjala Kabendera avuga ko ashimira Imana cyane ku bw’umugabo mwiza yamuhaye agereranya nk’umumalayika we kuko mu myaka yose bamaranye ngo nta kibi na kimwe azi ku mugabo we afata nk’umugabo w’umunyamahoro wa mbere ku isi.

Nizeyimana Selemani

PHOTO/Ngabo Leon






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • mary M8 years ago
    Yooooo! Isabukuru nziza kandi imana ikomeze kubarindira mu rukundo rwayo!!!!!!!!
  • AII HAJI8 years ago
    BYIZA CYANE RUBE URUGERO KUBANDA
  • hajji 8 years ago
    nibyiza cyane
  • kibwa8 years ago
    Impeta se ubundi ivuze iki!?
  • Gisere8 years ago
    umunsimwiza
  • Gisere8 years ago
    ohhhh ndishimye kabisa imana ibongere urukundo kbs byadushimisha
  • doudou8 years ago
    Mwambabariye mukandangira aho Kitenge Design ikorera koko!
  • Papy8 years ago
    Muvuge ko batandukanye kuko niko bimeze mureke kubeshya abantu.
  • kt8 years ago
    ese kumbe burakarii numugabo wa TK hahaaaaa. baba batuye kicukiro se? itangazamakuru ndarikunda cyane. benshi mu banye Huye twari tuzi ko burakari akiri ingaragu!!!!! anyway biranshimishije sana! isabukuru nziza
  • kt8 years ago
    ese kumbe burakarii numugabo wa TK hahaaaaa. baba batuye kicukiro se? itangazamakuru ndarikunda cyane. benshi mu banye Huye twari tuzi ko burakari akiri ingaragu!!!!! anyway biranshimishije sana! isabukuru nziza
  • Nkunda8 years ago
    Ese burya Tidyala afite umugabo? mbega byiza namukundaga none ngiye kumwubaha. Imana ishimwe rwose
  • 8 years ago
    Jye naranayijugunye sincaka no kongera kuyibona.





Inyarwanda BACKGROUND