RFL
Kigali

Inkomoko, ibisobanuro n’imiterere y’abitwa ba Jean Paul

Yanditswe na: UDAHOGORA Vanessa Peace
Taliki:6/02/2017 12:20
21


Jean Paul ni izina rifite inkomoko mu rurimi rw’igifaransa, rikaba risobanura ngo ‘Yehova yatugiriye neza’.



Imiterere ya ba Jean Paul

Jean Paul amarangamutima ye, ibitekerezo bye ndetse n’ubuzima bwe bwite ntakunda kubigaragaza. Ibyo bituma umuntu ashobora gutekereza ko nta marangamutima agira cyangwa se kumumenya bikaba iyobera.  Mu buzima busanzwe Jean Paul ntakunda kuvuga ariko akaba umunyamahane, agira amakenga kandi yitondera buri kintu cyose akora, ku buryo gupfa kwinjira mu bintu cyane bimutwara igihe ngo abanze yizere koko niba aribyo ashaka, gusa igihe yamaze gufata umwanzuro Jean Paul ntava ku izima kandi ntacika intege.

Jean Paul akunda umurimo, aba azi icyo ashaka kandi akunda imikino ngororamubiri. Akunda ubucuruzi, ni inyangamugayo, ni umunyakuri. Jean Paul ntiwavuga ko akomeza ubuzima nyamara ntiwanavuga ko abworoshya kuko ntiyihanganira ibimubangamira cyangwa amakosa akorwa n’abantu bamuba bugufi.

Akunda kubona ibintu byose biri mu buryo no gutegeka. Akunda gukoresha ininura (irony) mu kunenga abantu. Iyo akiri umwana, Jean Paul aba acecetse gusa iyo hagize umushotora agira amahane cyane akaba yanarwana. Akunda kurwana ishyaka ku cyubahiro abantu bamuha, aba akeneye kubona abantu bamwubashye uko yumva abishaka, akora uturimo twinshi dutandukanye umwanya umwe.

Ibyo ba Jean Paul bakunda

Akunda inshingano kandi iyo azibonye aba yumva aharanira kuzikora neza mu buryo bushoboka bwose. Yanga abantu bikunda kandi agakunda n’ubwigenge. Mu rukundo Jean Paul si wa muntu wita ku mukunzi cyane, ntakunda kumuvugisha cyane kandi ntakunda no gukora ibitamurimo ngo ni uko abandi babikora. Muri we ntiyumva imitekerereze y’abagore. Arafuha, ntapfa kubabarira gusa muri ibyo byose ni indahemuka kandi ibyo yiyemeje mu rukundo abikomeraho, keretse umukunzi we ari we umuhemukiye. Akunda akazi kamuha ubwigenge kandi gasaba gukoresha ubwenge, harimo icungamutungo, ubucuruzi, gukora mu nganda, politiki, kurinda umutekano, tekinoloji n’ubumenyi bw’ikirere.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • mireille7 years ago
    muzanshakire abitwa laetitia
  • peter7 years ago
    neza neza murabivuze numva Ni kagame wacu muvuze muzehe niko at eye ubirebye pe turabemera
  • 7 years ago
    birumvikana naba jean Pierre mugomba guhita mubijyanir rimwe
  • Sevelin5 years ago
    ndabemeye muri abahanga pe.muzanshakire izina sevelin.murakoze.
  • jean paul5 years ago
    please congz to you Only is me kbs.
  • Jean Paul 5 years ago
    Murakoza cyane
  • Niyonshuti jean humain4 years ago
    Murakoze kandi ntimubeshya nimumbabarire munsobanurire izina (jean humain) .
  • Kamugisha4 years ago
    kabis muba mwatugereyeyo ubundi mukaduha amakuru yaboneye. ariko muzadusobanurire ayamazina Adelphine,Jean Damascen,Theogene,na Alphonse
  • Ndayisaba J Poul4 years ago
    Nezacyane Murabivuzebyose Numvabimbahope?
  • Irankundanda Jean paul4 years ago
    Muvugishukuri pe ndumva ringe kbs murabantu babagabo
  • Jean paul 3 years ago
    Ndanyuzwe
  • Habineza jean paulkigali2 years ago
    Uko niko kuriri
  • Uwiringiye jean paul2 years ago
    Ibyo mwanditse nibyo pee!kuko nanjye mbyibonaho.
  • lydia cool2 years ago
    Ndabemera cyane muzacakire izina kendrick
  • nshuti sarimu alimans2 years ago
    Kabx nabwo mubeshye muzacakir izina djamal
  • Nsabimana j.paul2 years ago
    Murakoze cyane ntanakimwe mubeshye byose sanze aribyo pee
  • Mbarushimana jean paul1 year ago
    Mbakundiye kuvugisha ukuri, ibyo muvuze kuri ba jean paul, nsanze nanjye ariko meze. Mujye mukomeza kudusobanurira ibyo tutazi, murakoze.
  • Niragijimana jeanpaul6 months ago
    Ibyo birashoboka kabisa gusa ningombwa ko bigenda bitso
  • Nirerejohnpoul4 months ago
    Nibyo koko
  • Tuyisenge jean poul2 months ago
    Kbx murakoze cyn byose nibyo ibyo muvuze





Inyarwanda BACKGROUND